• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Editorial 20 Nov 2017 ITOHOZA

Nyuma yaho Umutoza mukuru wa Rayon Sports Karekezi Olivier afatiwe na Polisi y’u Rwanda kuri ubu akaba ari  mu maboko y’inzego z’umutekano aho yajyanywe kubazwa ibyaha acyekwaho bifitanye isano n’ikoranabuhanga n’itumanaho.

Abakinnyi ba Rayon Sport Rutanga Eric na Mukunzi Yannick nabo  batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 19 Ugushyingo 2017.
Mukunzi Yannick na Rutanga Eric batawe muri yombi kubera gukekwaho gufatanya icyaha n’umutoza wabo Karekezi Olivier we watawe muri yombi ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Amakuru agera kuri Rushyashya  ni uko abo bakinnyi ngo ubwo bari bagiye gukina umukino wahuje u Rwanda na Ethiopia i Addis Abeba ndetse n’uwahuje amakipe yombi i Kigali ngo bari basabwe n’umutoza wabo gutsindisha ikipe y’igihugu Amavubi.

Kugeza ubu icyoba ni cyose m’Ubuyobozi bwa Rayon Sports, hibazwa igikurikira, mu itangazo bashyize hanze kuri uyu wa Mbere, busaba abakunzi b’iyi kipe kwitonda no kwitwararika muri ibi bihe. Paul Muvunyi, Perezida wa Rayon Sports, muri iri tangazo yagize ati: “Ubuyobozi bwa Rayon Sports bukomeje kwihanganisha umuryango wa Ndikumana Hamadi Katauti, n’abakunzi be. Burabasaba kutivanga mu mikorere y’inzego z’umutekano zikurikiranye umutoza ndetse na bamwe mu bakinnyi ku byaha bakekwaho. Burangije bubasaba kurangwa n’ubwitonzi musanganywe no kurushaho kwegera ikipe yacu”

Polisi y’u Rwanda  ntirasobanura byeruye ibyaha Karekezi Olivier na bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bakoze n’inzira babikozemo, ariko hari amakuru avuga ko hatahuwe ubutumwa Olivier Karekezi yandikiranaga n’abantu batandukanye, bacura umugambi wo gushaka uko Ethiopia yatsinda Amavubi.

Bityo ikipe y’igihugu ntijye mu mikino ya nyuma ya CHAN, kuko ngo Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Vincent De Gaulle yari yishongoye ku bakinnyi bajyanye Amavubi muri CAN ya 2004 agaragaza ko nta gaciro ibyo bakoze bikwiye guhabwa.

Olivier Karekezi kandi ngo hari bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports yari yasabye ko bakora ibishoboka byose Amavubi agasezererwa n’ubwo byarangiye Ethiopia isezerewe. Aya makuru ariko ntaremezwa n’inzego z’Ubugenzacyaha.

Umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda ACP Theos Badege,yabwiye itangazamakuru ko uyu mutoza ari mu maboko ya polisi ariko ibindi bimwerekeyeho bikazatangazwa nyuma mu rwego rwo kugirango iperereza rigende neza.

Uyu mutoza ya tawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu w’icyumweru gishize mu gihe n’ubundi igikuba cyari cyacitse mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda by’umwihariko mu ikipe ya Rayon Sports aho Katauti wari umutoza wungirije yitabye Imana ndetse akaba yaranamaze gushyingurwa.

Ariko bimaze kumenyekana  itabwa muri yombi rya Karekezi ntaho rihuriye n’urupfu rwa Katauti.

 

2017-11-20
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

Editorial 25 Jun 2018
Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Editorial 28 Sep 2017
Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Editorial 09 Aug 2018
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Editorial 15 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
Mu Rwanda

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Editorial 30 Jan 2017
Nyaruguru : Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Mu Mahanga

Nyaruguru : Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 07 Feb 2016
Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure
IMIKINO

Aubameyang yitambitse agahigo ka Yaya Toure

Editorial 08 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru