• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya

Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya

Ubwanditsi 16 Jan 2019 ITOHOZA

Guverinoma ya Kenya yatangaje ko abantu 15 aribo bamaze kumenyekana ko baguye mu gitero umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab wigambye ko wagabye ku nyubako ya 14 Riverside Drive iherereye muri Westlands mu Mujyi wa Nairobi.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 15 Mutarama nibwo abantu bagera kuri bane bavuye mu modoka bambaye imyenda irinda amasasu bakagaba igitero kuri iyo nyubako.

Abagabye iki gitero binjiye muri hotel bihishe amasura, barenga ahari abashinzwe umutekano ku ngufu, babateramo grenade nyuma barakomeza bikwira muri restaurant yayo barasa abatanga serivisi.

Iyi nyubako yari irimo abakozi benshi, abasaga 150 nibo bagerageje guhunga abandi babura uko bavamo.

Abatanga ubutabazi babwiye Reuters ko kugeza mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu bari bamaze kugeza mu buruhukiro bw’ibitaro bya Chiromo imirambo y’abantu 15 baguye muri icyo gitero kandi ko bashobora kwiyongera.

Ibyangombwa by’abaguye muri icyo gitero bigaragaza ko harimo abanyakenya 11, Umunyamerika umwe, Umwongereza umwe n’abandi babiri badafite ibibaranga ndetse Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaze kwemeza ko umuturage wazo umwe yaguye muri icyo gitero.

Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu muri Kenya, Fred Matiang’I, yavuze ko inyubako zo muri ako gace zose zicungiwe umutekano, abantu bari gusohokamo ariko ntacyo yigeze atangaza ku byerekeranya n’abakigabye.

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko abagabye igitero kuri iyi hotel bose bishwe.

Iki gitero kibaye gikurikira ikindi gikomeye cyabaye muri Kenya mu 2013, kigabwe n’abarwanyi ba Al-Shabaab, cyibasiye inyubako ikomeye y’ubucuruzi kikagwamo abasaga 60.

Mu 2015 kandi aba barwanyi bishe abantu 148 muri Kaminuza ya Garissa mu Burasirazuba bwa Kenya.

Abarwanyi ba Al -Shabaab binjiye muri iyi hotel batera Grenade impande n’impande

Abantu benshi bari muri iyi hotel batabawe

Abari muri iyo hotel bahise bahabwa ubutabazi bw’ibanze

Inzego z’umutekano zaryamiye amajanja muri ako gace

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za  M23

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za M23

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Jul 2023
Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa
ITOHOZA

‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko
ITOHOZA

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 27 May 2017
Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 17 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru