• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Abantu 2 bakekwaho gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga

Abantu 2 bakekwaho gutanga Isoko rya Ferwafa bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga

Editorial 24 Feb 2016 IMIKINO

Umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Mulindahabi Olivier, kuri uyu wa gatatu tariki 24 Gashyantare ni bwo yagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga.

Amakuru dukesha Ruhago yacu aravugako abakekwa bose bari bitabye urukiko

Mulindahabi Jean Olivier usanzwe ari umunyamabanga wa Ferwafa ari kumwe n’uwo bareganywa Eng. Adolphe Muhirwa uhagararariye Light Construction and Consultancy Engineers Ltd yari ishinzwe kugenzura ibitabo bikubiyemo ubusabe bw’abifuza kubaka Hotel ya FERWAFA, bagejejwe imbere y’ubutabera bashinjwa icyaha cyo gutanga isoko mu buryo butemewe n’amategeko buhanwa ’ingingo ya 647 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, ivuga ugufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, icyenewabo cyangwa urwango.

Nyuma yo gusomerwa ibyaha baregwa, aba bagabo bombi n’ababahagarariye baje guhita babihakana gusa banavuga ko batagakwiye kuba bakurikiranyweho icyaha kitanditse mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Olivier na Adolphe ndetse n’ababahagariye, bavuze ko ubushinjacyaha bwifashishije ingingo ihana ibigo bya leta byatanze amasoko mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe Ferwafa atari ikigo cya leta, kandi nta hantu hari itegeko rihana ikigo kigenga cyatanze amasoko mu buryo butari bwo(nubwo na byo batabyemera).

Me. Mulindahabi Olivier yagize ati: “Ndanenga ubushinjacyaha ku mvugo bwakoresheje kuko iyobya ubutabera. Aho bwagaragaje ko isoko ryatanzwe na Ferwafa ari isoko rigengwa n’itegeko rigenga amasoko ya leta. Si byo kuko Ferwafa atari atari ikigo cya leta. Nta n’ amafranga ya leta ari muri iri soko. Nkuko bigaragara mu ibaruwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amasoko ya leta(RPPA) cyandikiye ikigo kimwe mu byapiganwaga”.

Olivier Mulindahabi, yakomeje atangaza ko nubwo iri soko ryaba ryaratanzwe ku buryo butemewe n’amategeko atabibazwa, kuko ibyemezo byo gutanga isoko byakozwe n’akanama gashinzwe gutanga isoko muri Ferwafa ko we icyo yakoze ari ukubimenyesha abatsinzwe n’abatsinze bityo ko ntaho yahurira na byo.

Aha, umunyamategeko we yongeyeho ko ibyo byabazwa abari mu kanama gashinzwe gutanga iryo soko kuko bazwi (Abasomera urukiko).

Mu kwiregura kwa Olivier Mulindahabi kandi, yatangaje ko hari aho ubushinjacyaha buvuga ko inama yemejwemo ko sosiyete ya Expert Co ari yo yahabwa isoko, ngo itari iy’akanama gashinzwe gutanga amasoko, ahubwo yari irimo umuyobozi wa Ferwafa, intumwa ya Fifa ndetse n’abandi bake mu bari muri ako kanama.

Aha na ho Me. Olivier yavuze ko niba koko ari abo bafashe icyo cyemezo muri iyo nama(we atari arimo), yumva bikwiye kuko muri bo harimo intumwa ya FIFA yatanze amafaranga yo kubaka Hoteli ndetse n’umuyobozi we. Aha, akibaza ukuntu iyo nama se ifashe icyemezo ikamubwira nk’umukozi niba ari we waba ugifashe kugirango bavuge ko yatonesheje.

Mu gusoza, Me. Mulindahabi yatangaje ko asanga akwiye kuburana ari hanze kuko asanga atasibanganya ibimeyetso. Uyu yatangaje ko ibyo baregwa byageze mu bugenzacyaha mu kwa 9 cyenda kwa 2015 ko amadosiye yose CID yayafotoye nta kibazo ko iyo aza kuba asibanganya ibimenyetso biba byarakozwe muri ayo mezi atanu ashize cyangwa akabatera ubwoba.

MF.

2016-02-24
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Editorial 12 Sep 2022
Muri Belgique: Umuhanzi Janvier Gakunzi ni umwe mu mubahesheje ishema u Rwanda

Muri Belgique: Umuhanzi Janvier Gakunzi ni umwe mu mubahesheje ishema u Rwanda

Editorial 17 Dec 2016
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Editorial 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose
Mu Rwanda

Polisi yafashe abashoferi 30 bakekwaho guha ruswa abapolisi mu gihugu hose

Editorial 08 Dec 2017
“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .
POLITIKI

“IMBWA na MALONGA”- Igitekerezo cya Pacifique MALONGA .

Editorial 08 Feb 2018
APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL
Amakuru

APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

Editorial 04 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru