• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Editorial 18 May 2018 Mu Mahanga

Impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Nduta mu gihugu cya Tanzania zihangayikishijwe n’abantu zitazi bavuga Ikinyarwanda bari kwinjira muri iyi nkambi, aho zi mpunzi zinenga abashinzwe umutekano mu nkambi kurebera ibyo bintu .

Izi mpunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi y’Impunzi ya Nduta ziremeza ko aba bantu batangiye kugera mu nkambi ku Cyumweru, itariki 13 Gicurasi.

Aba ngo bakaba barinjiye mu nkambi baherekeje umuvugabutumwa wari wagiye kuvuga ubutumwa mu nkambi, ariko batandukana itsinda rimwe rijya mu kabari kamwe irindi rijya mu kandi.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa RPA iravuga ko itsinda rimwe ryagiye mu kabari k’uwitwa Mwarabu, irindi rikajya ahitwa kwa Mushongore. Utu tubari twose ngo tukaba ari utw’umukuru w’Abasungusungu witwa Samuel nk’uko abahaye amakuru iki kinyamakuru babyemeza.

Mu ijoro ryo kuri icyo cyumweru nk’uko inkuru ikomeza ivuga, abo bantu batazwi bayoboje inzira ijya muri zone ya 12 yo mu nkambi, ari naho impunzi z’Abarundi zumvise ko bavuga Ikinyarwanda.

Ngo icyateye impungenge cyane impunzi ariko, ngo ni uko uwo bivugwa ko ari umuvugabutumwa wazanye n’abo bantu yaje kugenda ariko bo bagasigara mu nkambi.

Ni mu gihe ngo kandi mu nkambi ya Mtendeli impunzi zimaze kuhafatira abantu 5 bavuga Ikinyarwanda, impunzi zivuga ko ari Interahamwe,ngo bashobora kuba baratumwe kwica abantu badashaka kwiyandikisha ngo batahe ku bushake iwabo mu Burundi.

Impunzi zihangayikishijwe n’umutekano wazo zikaba zaragejeje iki kibazo ku bazishinzwe ariko ngo nta kirakorwa zikaba zisaba kwizezwa umutekano wazo.

Ese uyu muvugabutumwa hari aho yaba ahuriye n’agatsiko mu minsi yashize kafatiwe ku mupaka wa Uganda na Tanzania bakisobanura ko ari impunzi z’Abanyarwanda zari zigiye mu bikorwa by’ivugabutumwa mu Burundi ariko zinyuze muri Tanzania?

Bisobanuye gutyo nyamara ku rundi ruhande bivugwa ko bari bagiye mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse batabwa muri yombi na n’ubu baracyari mu maboko y’ubutebera bwa Uganda.

 

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Umugabo afungiwe gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Editorial 29 Oct 2016
Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Editorial 03 Jun 2019
Perezida wa Djibouti  avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Editorial 07 Mar 2016
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    May 20, 20185:25 pm -

    Ariko umunyarwanda yabaye ikibazo ku bantu bose pe!

    ese kuki iyo bavuze umunyarwanda humvikana ubwicanyi cg abicanyi?

    iki ni ikibazo gikomeye twagakwiye kwikuraho kuko niba isura u Rwanda n’abanyarwanda dufite ari ubwicanyi ndetse n’abicanyi , turagowe kuko hose iherezo ryacu ni ukwicwa tuzira ubusa kubera ubutegetsi bubi bwaduteje aka kaga kose mwumva!

    1 U munyarwanda= Umuhutu= Interahamwe
    2. Umunyarwanda = Umututsi= Inyenzi

    Aba bose bakaba bahurira ku izina rimwe rusange ariryo ‘ABICANYI RUHARWA ‘

    Tubyumve kimwe kuko niko biri!

    Mureke twicarane turebe uko twakemura iyi batisimu twabatijwe kubera ububwa ,ubugome,urwango, ubwicanyi bwacu kuko nta munyarwanda shyashya ubaho n’umwe niko Uwiteka Imana ivuga!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya
ITOHOZA

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Editorial 17 Apr 2017
Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Editorial 30 Sep 2019
Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Editorial 01 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru