• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Editorial 14 Nov 2018 POLITIKI

Mu gitaramo gikomeye yaraye akoze mu ijoro ryakeye, umunyamukizi wahindutse umunyapolitiki Robert Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine yateguje abakunzi be inyota afite yo guhatana mu matora y’Umukuru w’igihugu cya Uganda ateganyijwe muri 2021.
Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda bikorera kuri murandasi, byanditse ko amateka yanditswe mu kinyejana cya 21, ku wa 10 Ugushyingo 2018 na Hon. Kyagulanyi [Bobi Wine] uri mu bagize Inteko Nshingamategeko ya Uganda nyuma y’uko akoze igitaramo ’Kyarenga Concert’ cyitabiriwe n’abantu uruvuganzoka.

Ni igitaramo kandi yaranamurikiyemo indirimbo ye nshya yise ‘Tuliyambala engule’. Imbere y’abari bitabiriye igitaramo cye, Bobi Wine yasabwe kongera kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu cyabo, ibintu byashimishije benshi. Iki gitaramo kandi cyatambukaga imbona nkubone kuri BBS TV.

Bobi Wine

Bobi Wine yemeje ko aziyamamariza kuyobora Uganda.

Iki gitaramo cyari cyahurije hamwe abantu mu ngeri zitandukanye barimo abanyapolitiki, abakuze kugeza ku rubyiruko, byabaye umwanya mwiza kuri Bobi Wine wo kwemeza ko aziyamamariza kuyobora Uganda muri 2021. Yasabye abari mu gitaramo cye gufata neza ibyangombwa byabo kuko ari byo bazakenera ku munsi w’amatora. Ati: “Ndabasaba gukomeza kubika neza ibyangombwa byanyu (indangamuntu zanyu). Kuko ni byo muzakenera gusa. Ibindi mubiturekere.”

Amaze kuvuga ibi, yakomewe amashyi n’abari muri iki gitaramo nk’uko Chimpreports yabyanditse. Abagejeje igihe cyo gutora, basabwa amakarita ndangamuntu kugira ngo bazagire uruhare mu matora y’umukuru w’igihugu cya Uganda agiye kuba ku nshuro ya kane. Bobi Wine, ati “Hasigaye imyaka ibiri gusa. Tuzahangana n’uriya mugabo.”

Iki kinyamakuru kivuga ko Bobi Wine yabanje kubonwa mu isura y’umunyamuziki ariko ngo kuva yakwicara mu ntebe ya politiki yinjiye mu kibuga aho benshi bamufata nk’uwashinga ishyaka rya politiki akanariyobora.

Bamwe mu bahanzi baririmbye muri iki gitaramo baririmbiye kuri CD, mu gihe Bobi Wine yaririmbye afashijwe byihariye na band ye. Abahanzi bamuteye ingabo mu bitugu barimo; Eddy Kenzo, Eddy Yawe, Mikie Wine, Pallaso, Kabako, King Saha, Carol Nantongo, Spice Diana, Nina Roz, Renah Nalumansi, Lil Pazo n’abandi.

Nta mubare nyawo ufatika w’abitabiriye igitaramo cya Bobi Wine, gusa bimwe mu binyamakuru birahuriza ku bantu bari hagati ya 10,000 na 15,000.

Itegeko rivuga ko abishatse, Prezida Museveni yemerewe gukomeza akitoza

Itegeko Nshinga rya Uganda ryakuyeho inzitizi ku muntu ushaka kwiyamamariza kuyobora Uganda arengeje imyaka 75

Perezida Yoweli Museveni wemerewe n’itegeko Nshinga rya Uganda kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, kuri ubu ufite imyaka 73 y’amavuko, amaze imyaka irenga 30 ategeka Uganda guhera mu mwaka wa 1986.

AMAFOTO:

Bobi Wine

Bobi Wine

Related image

Ni igitaramo cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru.

Kyarenga Concert

Kyarenga Concert

Kyarenga Concert

Kyarenga Concert

Bobi Wine at his Kyarenga Concert in Basaabala

 

2018-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Editorial 24 Aug 2024
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Editorial 25 Mar 2019
Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Editorial 25 Dec 2017
Igitekerezo cy’Umusomyi  Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Igitekerezo cy’Umusomyi Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Editorial 02 Sep 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Kambarage
    November 15, 20181:36 pm -

    Genda Uganda warakubitiste gusa ntawakirengagizako wabaye umubyeyi wabenshi mubihe bitandukanye niyo mpanvu havuste. Na bobi wine . turagusengera uwiteka akomeze kukwitaho Uganda we .

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 03 May 2024
Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 01 Apr 2016
BURUNDI :  Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya  Nkurunziza birukanwe burundu  ku ishuri
INKURU NYAMUKURU

BURUNDI : Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya Nkurunziza birukanwe burundu ku ishuri

Editorial 17 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru