• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Editorial 25 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’aho abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ufatiye umwanzuro ubogamiye ku binyoma bya Kongo n’Ububiligi buhagarariye inyungu za Tshisekedi, hari abibwiraga ko Komisiyo y’uwo muryango nayo izagwa muri ubwo buyobe, igafatira u Rwanda ibihano,nk’uko Ububiligi bwabihirimbanagamo.

Si uko byagenze, kuko mu nama y’abaministri b’ububanyi n’amahanga mu bihugu bigize uwo muryango banze gukurikiza buhumyi ibyari byasabwe n’abo badepite, ahubwo hanzurwa ko “ibihano atari byo byihutirwa, kurusha inzira ya dipolomasi, ko imikoranire y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi n’u Rwanda yakomeza gusuzumwa, ibyemezo bikazafatwa hashingiwe ku buryo ibintu bizaba byifashe[muri Kongo]”.

Bishyizwemo ingufu na Guverinoma y’Ububiligi, abo badepite(biganjemo abafitanye inyungu zihariye muri Kongo), basabaga gusesa amasezerano Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ufitanye n’uRwanda ku birebana n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro. Muri iyo nama y’abaminisitiri havuzwe ko “umwanzuro kuri icyi cyifuzo wakwitongerwa, hakabanza gusuzumwa ibimenyetso bitangwa n’abashakashatsi, ko uRwanda rwifitiye ibirombe bicukurwamo ayo mabuye, ko rero adasahurwa muri Kongo nk’uko bivuvugwa”.

Kimwe mu bihugu byashyize mu gaciro bikanga kugwa mu kinyoma cya Kongo n’Ububiligi, ni Luxembourg, yari ihagarariwe na Bwana Xavier Bettel, akaba yagaragaje ko munyangire n’amarangamutima ashingiye ku nyungu za bamwe, bidashobora kuzana amahoro muri aka karere.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Maxime Prévot, unatyaye cyane mu gusabira uRwanda ibihano, yabwiye itangazamakuru ko “yatunguwe, akanababazwa” n’uko iyo nama itashimangiye ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano ku Rwanda kuko kwima agaciro ibyifuzo bw’abadepite bisuzuguje Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi.

Hari abanyapolitiki b’abanyaburayi, nka Senateri Alain Destexhe wo muri Sena y’Ububiligi, bagaya cyane imyitwarire y’Ububiligi mu kibazo cy’amakimbirane ari muri aka Karere k’Ibiyaga Bigari, icyo gihugu cyirengagije ko ari cyo nyirabayazana w’intambara muri aka karere.

Hari n’abandi basanga, nk’uko hari abasakuza ngo nihubahirizwe ubusugire bwa Kongo, ubusugire bw’uRwanda nabwo bukwiye kwitabwaho, iyo Kongo igasabwa guhagarika imikoranire n’abajenosideri ba FDLR.

Guverinoma y’uRwanda ntiyahwemye gusobanura ko imfashanyo n’ibikangisho by’ibihano bitarusha agaciro ubuzima bw’Abanyarwanda, ndetse mu cyumweru gishize ruhagarika amasezera y’ubufatanye hagati rwari rufitanye n’Ububiligi.

Abahanga muri politiki mpuzamahanga bafite impungenge ko ibihano bishobora kuba nko gusuka peteroli mu muriro, kuko byatuma ibintu birushaho kudogera muri aka karere, aho kubonerwa umuti. Bagira bati:”Iyo ibihano biza kuba igisubizo, intambara ya Kongo iba yararangiye kera, kuko nta gihe ibihugu byiyita ibihangange bitafatiye ibihano abantu banyuranye, kenshi banarengana”.

2025-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Editorial 03 Nov 2017
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Editorial 25 Apr 2018
Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Editorial 30 Apr 2019
Amerika yasabye abasirikare bayo kwitegura gutera Koreya ya Ruguru

Amerika yasabye abasirikare bayo kwitegura gutera Koreya ya Ruguru

Editorial 11 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye umusanzu wa Global Fund mu kwita ku buzima

Editorial 03 May 2017
Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana
Mu Mahanga

Mu Burusiya umuriro wahitanye abasaga 64 biganjemo abana

Editorial 26 Mar 2018
Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!
Amakuru

Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Editorial 14 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru