• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Abanyamakuru barahamya  yuko inteko niyemeza itegeko ribafunga Kagame azabyanga

Editorial 06 Dec 2017 Mu Rwanda

Niba hari ikintu ubu abanyamakuru hano mu Rwanda  bavugaho cyane ni umushinga w’ingingo z’amategeko ziri mu nteko nshingamategeko bahamya yuko ziramutse zemejwe zabangamira cyane ubwisanzure bw’itangazamakuru bikanaba byahesha isura mbi igihugu cy’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Ibi byatumye urwego rw’abanyamakuru b’igenzura (RMC) n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), bafatanyije n’iko cy’itangazamakuru  Pax Press ejo kuwa kabiri batumiza inama y’itabiriwe n’abanyamakuru benshi cyane, baganira ku bubi bw’izo ngingo z’umushinga w’iryo tegeko banafatira hamwe ingamba zatuma utakwemezwa n’intumwa za rubanda mu nteko nshingamategeko.

Izongingo zo muri uwo mushinga w’itegeko zinengwa cyane n’abanyamakuru harimo iy’i 169 ivuga ibyo gusebanya, iya 254 ivuga ibyo gukoza isoni  bamwe bayobozi b’igihugu n’iya 257 ivuga ibyo gutesha agaciro  umukuru w’igihugu. Izi ngingo zose zivuga guhana zihanukiriye umunyamakuru wakora ibizivugwamo binyuze mu nyandiko cyangwa mu mashusho.

Uhamwe n’ibyaha bikubiye mu ngingo y’i 169 yahanishwa igifungo hagati y’amezi atandatu n’umwaka, iya 254 agahanishwa igifungo hagati y’umwaka n’imyaka ibiri, hamwe n’ihazabu y’amafaranga hagati y’ibihumbi 500 na miliyoni. Ingingo ya 257 agahanishwa igifungo hagati y’imyaka itanu n’imyaka irindwi, ihazabu nayo ikaba hagati y’amafaranga miliyoni eshanu na zirindwi.

Iyo nama y’abo banyamakuru yakorerewe muri Diplomate Hotel hano mu mujyi wa Kigali yafashe umwanzuro w’uko hahita hashyirwaho itsinda rigizwe n’abanyamakuru, abanyamategeko n’abashakashatsi zikazanonsonsora izo ngingo z’uwo mushinga w’itegeko hanyuma bahe raporo inteko nshingamategeko, banagenere kopi buri rwego bireba harimo umukuru w’igihugu na Minisiteri y’ubutabera ari nayo yateguye ikanatwara uwo mushinga w’itegeko mu nteko nshingamategeko.

Umwe mu bashakashatsi ikaba yari no muri iyo nama, Dr. Christopher Kayumba, avuga yuko uwo mushinga w’itegeko udashyize mu gaciro kuko abawuteguye bibaza yuko umuyobozi atari umuntu wa negwa cyangwa ngo abe yanyomoza. Kayumba, unigisha itangazamakuru muri kaminuza y’u Rwanda agasanga umuyobozi nk’uwo utanengwa cyangwa ngo anyomozwe atajyanye n’ibihe u Rwanda rurimo.

Ariko Dr. Kayumba Kimwe n’abanyamakuru benshi bari muri iyo nama  biha icyizere cy’uko Perezida Paul Kagame adashobora kwemeranya n’izo ngingo mbi ziri mu nteko kuko zambura icyubahiro igihugu cyacu amahanga azi yuko cyihesha agaciro.

Abanyamakuru mu kiganiro na Perezida Kagame

Benshi mu banyamakuru biha icyizere yuko abadepite badashobora kwemera yuko uwo mushinga w’itegeko uhita, kandi banawuhitishije Perezida Kagame yakwanga kuwusinya nk’uko yabikoze muri 2002 ubwo inteko nshingamategeko yahitishaga umushinga w’itegeko warimo ingingo iteganyiriza abanyamakuru igihano cyo kwicwa !

Abanyamakuru basanga ingingo nk’izo bitakabaye ngombwa gushyirwa mu itegeko  mpanabyaha kuko n’ubusanzwe abanyamakuru ubwabo babyikoreraga kandi bikagenda neza. Ibi bikubiye mu ngingo ya kabiri y’amahame agenga itangazamakuru. Iyi ngingo irabibuza kandi ikanabihanira. Basanga amakosa yo mu itangazamakuru adakabije cyane atakagombye guhanishwa igifungo.

Kayumba Casmiry

 

2017-12-06
Editorial

IZINDI NKURU

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Editorial 12 Apr 2017
EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

Editorial 18 Jul 2016
Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Editorial 28 Apr 2021
Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken

Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken

Editorial 26 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana
Amakuru

Komisiyo y’Igihugu y’amatora yasimbuje abadepite batatu barimo Depite Nyandwi Désiré witabye Imana

Editorial 28 Oct 2016
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Editorial 07 Dec 2016
Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
ITOHOZA

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 14 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru