• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’
Umwe mu ba Depite ba EALA, P.C. Rwigema

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Editorial 30 Nov 2017 Mu Mahanga

Abanyapolitike 45 bo mu bihugu bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC) bagiye kuva mu ‘bushomeri’ bari bamazemo amezi asaga atanu.

 Abo banyapolitike ni abatowe n’inteko nshingamategeko z’i bihugu by’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Sudan y’Amajyepfo ngo bazabihagararire mu nteko nshingamatege ya EAC (EALA) ariko bakananirwa gutangira imirimo yabo kubera impamvu zaturukaga kuri Kenya.

 Buri gihugu kigize EALA cyohereza abadepite icyenda kugihagararira muri EALA, ariko bakagomba gutangira imirimo yabo ari uko buri gihugu cyarangije kohereza abacyo.

 Kugeza ubu abo badepite bari bataratangira imirimo yabo, impamvu ari uko igihugu cya Kenya cyari kitarashobora kohereza abacyo.

 Kuva hagati muri uyu mwaka abanyapolitike muri Kenya bari batangiye guhugira mu by’amatora, inteko nshingamategeko yariho muri icyo gihugu irindira guseswa Muri Nyakanga uyu mwaka idatoye abazaserukira Kenya muri EALA, bituma abari batowe n’iz’ibindi bihugu bigize EAC bigumira mu bihugu byabo kuko nta kazi ka EALA bari kuba bafite, aba Kenya bataraboneka.

 Nyuma y’amatora yabaye tariki 8/8/2017 muri Kenya hagiye haba ibyo kujuririra abyayavuyemo igihugu gikomeza guhugira muri ibyo, iby’inteko gutora abadepite bo kohereza muri EALA bikomeza kudahabwa agaciro.

 Kuba ejobundi Perezida Uhuru Kenyatta yarashoboye kurahizwa ngo yongere kuyobora Kenya, ibintu bitangiye kujya mu buryo n’inteko nshingamategeko y’icyo gihugu ibonye akanya ko gutora abazahagararira icyo gihugu muri EALA ! Biteganyijwe yuko ibintu byose bizaba byagiye mu buryo, imirimo y’abadepite muri EALA igatangira tariki 15 z’ugutaha kwa 12.

 Nubwo ariko twavuze yuko abadepite ibihugu byabo byohereje muri EALA bashomereye kubera yuko nta kazi k’inteko bakora, bagomba kuba batamerewe nabi, usibye gusa yuko batabona amafaranga yo ku ruhande nk’abantu bari ku kazi banafite inshingano bahawe zituma babona andi mafaranga arenze ku mushahara.

 Ubusanzwe iyi nteko ya kane ya EALA yari gutangira imirimo yayo tariki 5 Kamena 2017, ntibyakunda kubera za mpamvu twavuze zo muri Kenya. Ariko kuva umuntu yatangwa n’igihugu cye  nk’umudepite wa EALA  atangira guhembwa amadolari 14,908 ku kwezi.

Aba badepite bazatangira akazi kabo muri EALA barashomereye kuko badakora ariko barahembwa, kandi neza. Bahembwa batakoreye ubahemba (EALA) ariko bikaba bigomba kuba bibahesha umwanya wo kwikorera ibyabo, nabyo bibinjiriza andi mafaranga batakabonye badashomereye muri EALA.

Bamwe muri Kenya batangiye gusakuza bavuga   yuko igihugu cyabo kihahombera ngo kuko abakabaye abadepite babo icyenda muri EALA bataraboneka ngo babe bahembwa ya madolari 14,908 kandi igihugu gikomeza gutanga umusanzu ungana n’amadolari miliyoni 8.4 ku mwaka nk’uko bimeze ku bindi bihugu bigize umuryango.

Abadepite icyenda u Rwanda rwohereje muri EALA harimo Oda Gasinzigwa, Fatuma Ndangiza, Rwigema Petero Celestin na Martin Ngoga bo muri RPF.

 Abandi ni Karinda Francois Xavier wa PSD, Rutazana Francine ukomoka muri PL, Uwumukiza Francoise watorerwe kuzahagararira abagore naho Bahati Alexis atorerwa kuzahagararira abafite ubumuga.

 Manda y’umudepite muri EALA ni imyaka itanu ariko akaba yashobora gutorerwa manda ya kabiri ari nayo ya nyuma.

Casmiry Kayumba

2017-11-30
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Editorial 23 Mar 2016
Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Omar Guelleh wa Djibout

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Omar Guelleh wa Djibout

Editorial 08 May 2016
Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Editorial 24 Sep 2024
RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

Editorial 15 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Editorial 10 Oct 2018
‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo
Mu Rwanda

‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

Editorial 04 Apr 2017
Stromae yagiriwe icyizere cyo kwerekana Film mu Bufaransa
SHOWBIZ

Stromae yagiriwe icyizere cyo kwerekana Film mu Bufaransa

Editorial 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru