• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Editorial 16 Jun 2016 Mu Mahanga

Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi n’ibindi bijyanye n’inshingano zabo bari mu rugendoshuri mu gihugu cya Etiyopiya, ku munsi wa kabiri warwo basuye ibikorwa bitandukanye birimo uruganda ruteranyirizwamo imodoka rwa Bishoftu (Bishoftu Automotive Industry – BAI)), igice cy’inganda cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Industrial Zone), n’Ikigo cya Polisi gitorezwamo imbwa kureha no gusaka ibiyobyabwenge n’ibintu biturika (Canine Unit training centre).

Bishoftu Automotive Industry iherereye mu ntara ya Oromia, hakaba ari mu birometero 45 mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Addis-Ababa, umujyi mukuru w’iki gihugu, iyi ntara ikaba irimo inganda indwi zibarizwa mu cyitwa Metals and Engineering Corporation (METEC).

Uru ruganda ruteranyirizwamo imodoka zinyuranye zirimo iz’imitamenwa za gisirikare , imodoka zitwara imyanda , izitwarwamo abagenzi, ibikoresho bya gisirikare, n’ibindi.

Rufite uruhare runini mu iterambere ry’iki gihugu, kandi ibyo rukora byoroshya ingendo z’igisirikare cyacyo.

Igice cy’inganda cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na cyo giherereye mu ntara ya Oromia, kikaba kirimo inganda 26 zikoresha abantu bagera ku 10237.

Kugeza ubu, icyo kigo cya Polisi gitorezwamo imbwa kureha no gusaka ibiyobyabwenge n’ibintu biturika gifite imbwa 43 zatojwe kubikora.

Ubwo bagisuraga, aba bapolisi bakuru b’abanyeshuri beretswe uko izo mbwa zikoreshwa mu mirimo yo gutahura ibintu biturika, uko zivurwa, kandi basobanurirwa imbogamizi zo kuzitaho.

Umuyobozi wa NPC, Commissioner of Police (CP) Felix Namuhoranye, akaba ari na we uyoboye abo banyeshuri yagize ati,”Aho basuye hose, aba banyeshuri biboneye ubushake na gahunda zashyizweho zigamije kwishakamo ibisubizo byo guteza imbere ubukungu burambye by’iki gihugu, iterambere ryacyo rirambye, amahoro n’umutekano, no guteza imbere imibereho myiza y’abagituye hibandwa cyane ku guhanga imirimo.”

Yakomeje agira ati,”Ibyo bungukiye muri BAI no mu gice cy’inganda cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’ahandi, byabahumuye amaso, kandi bavuga ngo: Ahari ubushake haba hari n’ubushobozi.”

Igice cy’inganda cyashyizweho kugira ngo giteze imbere ishoramari muri iki gihugu no kugira ngo cyongere umubare n’agaciro k’ibyo cyohereza hanze , ibi bikaba bifite uruhare runini mu bukungu n’iterambere ryacyo.

Mu rwego rwo kureshya abashoramari, hashyizweho uburyo bwo kuborohereza gushora imari muri iki gihugu, mu byakozwe hakaba harimo kwibanda ku ngendo zikorerwa mu mazi, koroshya itangwa ry’inguzanyo , no gusonerwa imisoro mu gihe cy’imyaka icumi. Hafi mirongo irindwi ku ijana (70%) y’ibikorwa n’inganda zo muri iki gihugu byoherezwa hanze yacyo.

Uru rugendoshuri rw’icyumweru aba bapolisi bakuru 31 bagize icyiciro cya kane cy’abiga iby’ubuyobozi ndetse n’ibindi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College-NPC) bari gukorera muri Etiyopiya ruri mu byo bagomba gukora mu gihe cy’umwaka bamara biga, aho iyo barangije amasomo bahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu kwimakaza umuco w’amahoro no guhosha amakimbirane.

-2978.jpg

Aba banyeshuri baturuka mu bihugu icumi byo ku mugabane wa Afurika ari byo: Uburundi, Etiyopiya, Gambiya, Kenya, Namibiya, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, Uganda, Zambiya, n’u Rwanda, ari na ho bigira.

RNP

2016-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba  ya Leta bakabitwikamo amakara

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba ya Leta bakabitwikamo amakara

Editorial 13 Apr 2016
Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Editorial 25 Apr 2016
Police FC itsinze Bugesera ku munsi wa kabiri wa shampiyona

Police FC itsinze Bugesera ku munsi wa kabiri wa shampiyona

Editorial 23 Oct 2016
Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Editorial 04 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports izatangira shampiyona icakirana na Etincelles, APR FC yakire Amagaju
IMIKINO

Rayon Sports izatangira shampiyona icakirana na Etincelles, APR FC yakire Amagaju

Editorial 05 Oct 2018
Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa
ITOHOZA

Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Editorial 24 Jan 2017
Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025
Amakuru

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Editorial 31 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru