• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Editorial 17 Jan 2017 Mu Rwanda

Iyo igihugu kirimo intambara cyangwa ubundi bwumvikane buke hagashyirwaho umuhuza, uwo muhuza aba afite akazi katoroshye cyane iyo igice kimwe mu mpande zihanganye kigaragaza kutamwibonamo !

Tariki 2/3/2017 nibwo EAC yashyizeho Benjamin Mkapa kuba umuhuza mu bibazo by’u Burundi, atangira akazi ke impande zose zitavuga rumwe zitamubonamo ikibazo.

Ubu ariko abarwanya ubutegetsi bw’u Burundi batangiye gushinja Mkapa yuko abogamiye kuri Nkurunziza, kandi iyo bisobanuye usanga nta kinyoma kirimo.

Abo barwanya ubutegetsi mu Burundi bavuga yuko Nkurunziza yiyamamarije manda ya gatatu itegeko nshinga ridahinduwe ngo manda ebyiri ntarengwa ziveho, n’amasezerano ya Arusha bakigenderaho ateganya manda ebyiri gusa k’umwanya w’umukuru w’igihugu. Abo bamurwanya rero bavuga ko Nkurunziza ari ku butegetsi mu buryo butemewe n’amategeko !

Tariki 9/12/2016 Mkapa we yabwiye abanyamakuru iBujumbura yuko abavuga ko Nkurunziza ari ku butegtsi mu buryo butemewe n’amategeko baba bavuga ubucucu (foolishness) ngo kuko Nkurunziza yagiyeho binyuze mu matora ngo n’inkiko zikaba zarabyemeje !

Ayo magambo ya Mukapa yarakaje abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza bibumbiye muri CNARED, umutwe uhuruza hamwe amashyaka akomeye muri opozisiyo. Umuyobozi wa CNARED, Jean Minani, atangaza ko batazongera kwitabira ibiganira byatumijwe na Mkapa ngo kuko yigaragaje neza yuko abogamiy kuri Nkurunziza.

Abo bo muri CNARED bakavuga yuko ayo magambo Mkapa yavugiye Bujumbura yari ayo gutsindwa no kwegura, bagasaba ahubwo yuko LONI yaba ariyo ifata ako kazi k’ubuhuza !
-5419.jpg

CNARED, Anicet Niyonkuru

Koko kandi bigaragara yuko ibi bya CNARED nta mikino irimo ! Tariki 16 uku kwezi Mkapa yatumije abatavuga rumwe mu bibazo by’u Burundi guhurira Arusha, CNARED yanga kwitabira ubwo butumire kuko itakimwemera. Umunyamabanga mkuru wa CNARED, Anicet Niyonkuru, avuga yuko badahawe undi muhuza batazapfa bitabiriye ibiganiro ngo kuko guhuzwa na Mkapa ari ugutakaza umwanya w’ubusa.

Amashyaka adafite icyo avuze muri opozisiyo niyo akemera Mkapa nk’umuhuza. Ayo ni nka UPRONA ya Concilie Nibigira, FRODEB ya Leonce Ngendakumana, FNL ya Jack Bigirimana kimwe na FNL ya Agathon Rwasa.
!
Ibyo abo bo muri CNARED bavuga mukwanga ubuhuza bwa Mkapa birumvikana ariko n’ibyo Mukapa yavugiye Bujumbura hari ukuntu byumvikana, kandi bishobora kuba bitanasobanuye yuko abogamiye ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Nkurunziza.

Nk’uko Niyonkuru abivuga ni amakosa Mkapa kuba yaravuze ngo abatemera ubutegetsi bwa Nkurunziza ngo ntabwo bakomeye mu mutwe. Ariko icyo uwo mugabo wigeze kuyobora Tanzania yashakaga kugaragaza n’uko Nkurunziza wamwera cyangwa utamwemera niwe utegeka u Burundi, kabone n’aho ubwo butegetsi yaba yarabugezeho abwibye !

Bamwe mu barwanya Nkurunziza nka Rajabu Hussein wigeze kuba Perezida wa CNDD-FDD babona umuti wakabaye gukoresha imbaraga za gisirikare bagakuraho ubutegetsi bwe.

-5418.jpg

Benjamin Mkapa

Uko bigaragara n’iko izo mbaraga batazifite, bikaba rero bisaba gushyikirana kandi bagashyikirana bazi neza yuko Nkurunziza ariwe utegeka u Burundi kuko naho hashyirwaho undi muhuza utari Mkapa uko niko kuri ! Abarwanya ubwo butegetsi mu Burundi bashatse bakwihanganira Mkapa ku n’undi washyirwaho azaza avuga yuko Nkurunziza ariwe Perezida w’igihugu !

Casmiry Kayumba

2017-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Editorial 21 Apr 2021
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Editorial 10 Jun 2025
Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Editorial 31 Jan 2022
Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Editorial 17 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko  rwe mu  Rwanda
Mu Rwanda

Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko rwe mu Rwanda

Editorial 16 Aug 2017
Jonathan Musonera  yatetse umutwe abeshya ko  yatumwe n’ umuryango  Col. Karegeya?
ITOHOZA

Jonathan Musonera yatetse umutwe abeshya ko yatumwe n’ umuryango Col. Karegeya?

Editorial 02 Jan 2017
President Kagame addresses the 72nd UN General Assembly | New York, 20 September 2017
Video Clips

President Kagame addresses the 72nd UN General Assembly | New York, 20 September 2017

Editorial 08 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru