• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Editorial 06 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Aya ni amagambo yavuzwe n’abaturage bo mu murenge wa Ruheru taliki ya 31Nyakanga 2018, bishimira imiyoborere myiza ya Nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda mu gihe hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ‘Mudasomwa Pico Hydro project’, wubaka urugomero ruzatanga KW 34 z’amashanyarazi zizacanira ingo zisaga 300 bigeze.

Ubusanzwe abaturage bo muri uyu Murenge bari bamaze igihe bategerezanyije icyizere kuzahabwa amashanyarazi kuko ngo bari barabisezeraniwe na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika y’u Rwanda nk’uko babyivugira.

Umwe mu baturage baturiye uru rugomero, Ahishakiye Florida utuye mu Kagali ka Remera mu mudugudu wa Cyivugiza, yagize ati “Ubu tutarabona umuriro ugenda uzunguza igishirira, urumva ko ubu tukiri mu icuraburindi. Ntabwo twatekerezaga ko twabona umuriro, ariko twagiye kureba Perezida Kagame ubwo yiyamamazaga muri Cyahinda, atwemerera umuriro. Ejo bundi Minisitiri yaraje ati imvugo niyo ngiro!”

Uyu mushinga watangijwe ku mugaragaro taliki ya 31 Nyakanga, uri kubakwa ku nkunga y’Ikigega cya Guverinoma ya Suède gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (SIDA), binyuze mu mushinga Energy4Impact ndetse ukagirwamo uruhare n’abaturage kuko bishimiye iki gikorwa bavuga ko kizasohoza inzozi zabo.

Abaturage bishimiye uyu mu shinga kuko ngo uzabafasha mu bikorwa by’ubucuruzi, imyigire y’abana babo cyane ko uzacanira ibigo by’amashuri bihegereye ukanabakura mu icuraburindi bari bamaze mo igihe

Uru rugomero ruzuzura rutwaye miliyoni 107Frw, mushinga Energy4Impact ukaba waramaze gusinyana inkunga ingana na 50%, naho inkunga y’abaturage ikaba ingana na miliyoni zirindwi z’amafanga y’u Rwanda, ikindi gice gisigaye kikazatangwa n’abafatanyabikorwa.

Uyu mushinga n’indi myinshi iteganyijwe ije mu gihe hamaze iminsi hari ikinyoma n’ igihuha gikwirakwizwa n’abahunze u Rwanda kubera ibyaha bitandukanye ahanini bishingihe ku nda nini n’ingengabitekerezo ya jenoside bamaze iminsi babeshya ngo bafashe Nyaruguru.

Abaturage n’abayobozi ahari kubakwa urugomero

Rushyashya yegereye umwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruheru ishaka kumenya uko bafata ibyo bihuha maze asubiza ko abahunze igihugu cyabo bakarorongotanira mu mahanga no mu mashyamba bazagwa ishyanga abanyarwanda binywera inshyushyu.

Yagize ati “twe turi mu muvuduko w’iterambere naho abirirwa bavugira kuli za whatsapp ko bifuza gufata Nyaruguru cyangwa ngo bafashe agace ka Nyaruguru, nibakomeze bibeshye bireme agatima,  twe dukomeze dukore twiteze imbere twiyubakire igihugu cyacu, hanyuma bo bakomeze bavugeee  kugeza bananiwe.”

Ibi bikorwa ntibyakorwa ahantu haba hari umutekano muke nkuko ababyifuza bashaka kugaragaza. Kandi bigaragara ko abaturage basobanukiwe ntawabashobora kubashuka cyangwa ngo abatere ubwoba ku bw’ikizere bafitiye ubuyobozi bw’igihugu.

2018-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

Afrika y’Epfo : Perezida Kagame  mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Afrika y’Epfo : Perezida Kagame mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Editorial 25 May 2019
Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Editorial 04 Jun 2024
Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Editorial 08 Aug 2020
Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Editorial 29 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose
INKURU NYAMUKURU

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Editorial 31 Dec 2019
Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?
Amakuru

Kuki abanyamakuru “b’abanyamwuga, Judi Rever na Michela Wrong, bashinja u Rwanda ibyo badafitiye ibimenyetso? Ni ubuswa mu mwuga, cyangwa ni urwango bakomora  kuri Patrick Karegeya, wari ihabara ryabo?

Editorial 22 Feb 2021
Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA
HIRYA NO HINO

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Editorial 29 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru