• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Editorial 04 May 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rutsiro, Superintendent of Police (SP), Jean Baptiste Mutabazi yakanguriye abagatuyemo kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibikorwa bishobora kwangiza ibidukikije.

Ibi yabibasabye mu mpera z’icyumweru gishize mu kiganiro yagiranye n’abatuye mu murenge wa Manihira bagera ku 3000, ikiganiro yagiranye na bo kikaba cyarabereye mu kagari ka Muyira.

SP Mutabazi yabwiye abo baturage ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranije n’amategeko buri mu byangiza ibidukikije mu bice bitandukanye by’aka karere.

Mu mezi ane ashize abantu batatu baguye mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranije n’amategeko mu bice bitandukanye by’aka karere, babiri babikomerekeramo, naho abatari bake barabifungirwa.

Yababwiye ko ibindi byangiza ibidukikije harimo inkongi z’imiriro, uburobyi butubahirije amategeko, kuragira amatungo ku gasozi, gusarura amashyamba ateze, gutwika amakara no gucukura amabuye yo kubakisha batabiherewe uburenganzira n’inzego zibishinzwe.

SP Mutabazi yagize ati: “Murasabwa kwirinda ibikorwa byose bishobora kwangiza ibidukikije kubera ko kwangirika kwabyo bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu no ku rusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.”

Yabasobanuriye ko kwangirika kwabyo biri mu bitera ibiza nk’inkangu, imyuzure, itemba ry’ubutaka, n’isuri, ndetse bikaba byaba intandaro yo gutuma igihugu cyaba ubutayu. Yongeyeho ko ibiza byangiza ibintu bitandukanye nko gusenyuka kw’amazu, gukomeretsa abantu ndetse no guhitana bamwe.

Yabakanguriye kwitabira gahunda za Leta zo kubungabunga ibidukikije nko gutera ibiti, kurwanya isuri, kutajugunya imyanda ahabonetse hose; ahubwo bakayishyira ahabugenewe.

SP Mutabazi yababwiye kandi kwirinda ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose, kandi abasaba kujya batanga amakuru y’ababinywa, ababitunda n’ababicuruza.

Yasabye abafite abana bavuye mu ishuri kuribasubizamo kandi bagakemura mu buryo burambye ibibazo byatumye barivamo.

Yasoje abasaba kwirinda ikintu cyose kinyuranije n’amategeko, kandi bagaha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe amakuru yatuma gikumirwa.

Mu rwego rwo gufatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije, Polisi y’u Rwanda yashyizeho agashami gashinzwe by’umwihariko kurwanya no gukumira ibyaha bibyangiza (Environmental Protection Unit-EPU).

Mu 2012, Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kubungabunga ibidukikije n’Ikigo cy’igihugu cyo kurengera ibidukikije (Rwanda Environment Management Authority-REMA).

Polisi y’u Rwanda imaze gutera ibiti kuri hegitari zigera kuri 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

RNP

2016-05-04
Editorial

IZINDI NKURU

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Editorial 12 Apr 2016
Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Aug 2016
Huye :   Alexandre Kayiranga  yaguye  mu mpanuka ikomeye

Huye : Alexandre Kayiranga yaguye mu mpanuka ikomeye

Editorial 04 Aug 2016
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Editorial 01 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi
Amakuru

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi

Editorial 29 Sep 2024
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star
Amakuru

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Editorial 22 Jun 2023
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.
Amakuru

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Editorial 12 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru