• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Editorial 25 Jun 2017 Mu Rwanda

Ubwo hizihizwaga Eid El Fitr, Umuyobozi w’Abayisiramu mu Rwanda Mufti Sheik Salim Hitimana yasabye abayoboke b’iri dini kwishimira ko bafite uburenganzira bungana nk’ubw’Abandi Banyarwanda, ibintu avuga ko bitabagaho mu gihe cyashize.

Eid El Fitr ni umunsi mukuru ukomeye mu idini rya Islam wizihizwa nyuma yo kurangiza igisibo gitagatifu kimara ukwezi, kizwi ku izina rya Mwezi Ramadhan.

Sheikh Hitimana avuga ko kuri ubu Abayisilamu bafite uburenganzira bwo gusenga, ndetse bahabwa konji mu gihe bizihije iminsi mikuru yabo.

Avuga ko Abayisilamu bahabwa imyanya y’ubuyobozi yo hejuru ndetse n’abana babo bakagira uburenganzira bwo kujya ku ishuri, mu gihe bitari bimeze bityo mbere.

Sheikh Hitimana yagize ati “Turishimye kuko dufite uburenganzira nk’ubw’abandi Banyarwanda bitandukanye no mu gihe cyashize. Dufite uburenganzira bwo gusenga tubona n’ikiruhuko iyo twijihije iminsi mikuru ya Islam”

Uyu muyobozi yakomeje asaba abayoboke ba Islam ko n’ubwo bo bari kwizihiza Eid El Fitr mu gihugu gifite amahoro, bakwiye kwibuka gusengera n’ahari intugunda n’umutekano muke.

Ngo ku Bayisilamu bo mu Rwanda, igisibo wari n’umwanya wo gushimira Imana ko babashije gufunga mu gihe hari abatarabishoboye kubera kubura amahoro mu bihugu byabo, abandi bagapfa mbere y’uko icyo gihe kigera.

Yabibukije ko ukwezi kw’igisibo kwari amahirwe yo kuvugurura umubano wabo n’Imana ndetse n’abaturanyi, absaba kuzibukira ikibi cyose.

Yagize ati “Dukeneye kwanga ikibi tugakora icyiza, mwese murabizi ko Islam bisobanuye amahoro kandi nk’Abayisilamu bemera, tugomba guharanira amahoro twanga buri kibi cyose. Turwanye akarengane, ruswa n’ibindi bibi. Mureke twitoze kureka kuvuga ibibi buri gihe tuvuge iby’ingenzi.”

Mu kwezi kwa Ramadhan, buri Muyisilamu wese ushoboye urengeje igihe cy’ubwangavu/ubugimbi aba ategetswe gukora igisibo keretse ku bakuze cyane, abagore batwite ndetse n’abantu barwaye.

Muri iki gihe, basabwa kwigomwa ibiryo, ibinyobwa, imibonano mpuzabitsina no kunywa itabi kugeza izuba rirenze.

-7082.jpg

Igisibo cya Ramadhan ni imwe mu nkingi eshanu Islamu igenderaho, ari zo kwemera Imana Imwe Allah na Mohammed nk’umuhanuzi wayo, Gusenga inshuro eshanu ku munsi, gufasha abakene, gufunga ukwezi kwa Ramadhan ndetse no gukora byibura rimwe mu buzima urugendo rutagatifu I Maka.

2017-06-25
Editorial

IZINDI NKURU

Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Editorial 31 May 2017
Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Editorial 14 Apr 2017
Aho bikomereye  n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Editorial 03 Jun 2017
12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi

12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi

Editorial 22 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye
Mu Rwanda

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Editorial 14 Apr 2017
Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro
Mu Mahanga

Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Editorial 21 Jan 2016
Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!
Amakuru

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Editorial 04 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru