• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

Editorial 01 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ishyirahamwe ry’Insengero z’Abadivantisite mu Rwanda (ADEPR) ryagaragaje impungenge kubera ifatwa n’ifungwa bya hato na hato biba ku bayoboke baryo bikorwa n’inzego z’umutekano za Uganda.

Mu kiganiro na The New Times, ikegera cy’uhagarariye  ADEPR mu rwego rw’amategeko, John Karangwa, yavuze ko abayoboke babo bose bagezweho n’izo ngaruka ari abaturage bakunda amahoro, yongeraho ko  n’abagenzi babo b’inzirakarengane babanyarwanda bahuye nicyo kibazo, ubwo bari mu gihugu cy’abaturanyi.

Ibi bije nyuma y’ifatwa n’ifunga ry’abanyarwanda basaga 40 bafashwe mu cyumweru gishize ubwo bari mu Rusengero mu mujyi wa Kampala barimo guhimbaza.

Ibitangazamakuru byo muri Uganda bivuga ko Abanyarwanda bafashwe n’inzego z’umutekano CMI, kubera gukekwaho ubutasi. Ariko aba sibo bari abambere,  n’abandi banyarwanda  benshi bamaze igihe bafatwa mu mezi make ashize, mu bice bitandukanye bya Uganda bagafungwa.

Abandi bagashinja igihugu cya Uganda kubirukana mu gicuku kikabata ku gasozi

Mu Banyarwanda igihugu cya Uganda kirimo kohereza iwabo bavuye muri gereza, hari abagishinja kuba bazanwa mu gicuku bakajugunywa ku gasozi aho bashobora kugirirwa nabi.

Ubusanzwe inzego zishinzwe umutekano z’icyo gihugu ngo zajyaga zizana aba baturage b’u Rwanda zikabageza ku biro bya gasutamo ku mupaka uhuza ibihugu byombi.

Uwitwa Rugororotsi Eric(Gasongo) arashima ubushishozi bw’inzego z’umutekano z’u Rwanda zitamurashe ari kumwe n’uwitwa Maniriho Saidi, ubwo binjiraga mu gihugu banyuze mu bihuru, mu gicuku cy’itariki 29 Kamena 2019.

Ahagana saa saba z’ijoro nibwo inzego za Uganda ngo zabazanye zikabajugunya mu bihuru mu gishanga cya Rwempasha kigabanya uturere twa Ntungamo(muri Uganda) na Nyagatare mu Rwanda.

Rugororotsi agira ati” Ni Imana twagize kandi habayeho ubushishozi bw’abashinzwe umutekano mu gihugu cyacu, ubu nari kuba narapfuye narahambwe kandi abatuzanye bo muri Uganda nibyo bashakaga”.

“Abakozi b’igisirikare cya Uganda ni abajura kandi barabyishinja, kuko batinyaga ko hagira ubabona iyo batuzana habona bakadusiga ku mupaka ahantu hemewe”.

Rugorotsi abivuga ashingiye ku kuba ngo yarirukanywe amaze kwamburwa ibifite agaciro k’amadolari ya Amerika 5,900(amanyarwanda asaga miliyoni eshanu), kandi ko agarutse yihagarika amaraso bitewe n’umugeri ngo yakubiswe mu kiziba cy’inda ubwo bari bakimufunga.

Rugororotsi w’imyaka 49, avuga ko yafatiwe muri Uganda ku itariki 24 Ukwakira 2018 yagiye kugura ibikoresho bigize ibinyabiziga(pieces de rechange), akaba yarafungiwe muri gereza zo muri Uganda mu gihe cy’amezi icyenda.

Mu mafaranga n’ibicuruzwa bye avuga ko byari bifite agaciro k’amadolari ya Amerika 6,400, ngo bamugaruriye amadolari 500 yonyine.

Inzego za Uganda ziramushinja(kimwe nk’abandi Banyarwanda bajyayo), kuba intasi za Leta y’u Rwanda.

Avuga ko atigeze aba na ’Local Defense’ ariko Uganda ikamushinja kuba umusirikare w’u Rwanda ufite ipeti rya majoro, ngo wari uje kuneka no gutwara amakuru agaragaza imyirondoro y’abasirikare bakuru muri icyo gihugu.

Imyaka ibiri igiye gushira Abanyarwanda bajya muri Uganda bavuga ko bakorerwa iyicarubozo, ndetse hakaba n’abamaze gutanga ikirego mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, bashinja Uganda kwica amasezerano agize uwo muryango.

Abavuganye n’abanyamakuru bakimara kurekurwa, barondoye ubugome bakorewe n’abari babafunze.

Ishami rya ADEPR ryo muri Uganda rikora imirimo yaryo mu rugaga rw’amadini ya Pantekote ku rwego rw’Isi cyangwa se ADEPR-PCIU

Nyuma bikaba byaraje kugaragara ko ifungwa mu rwego rw’ikivunge mu cyumweru gishize byari byarizweho neza, n’abambari ba RNC ya Kayumba Nyamwasa, umutwe w’iterabwoba waje kuremwa n’abigometse ku buyobozi bw’uRwanda, bakaba banashinjwa ibitero bya za gerenade binyuranye byahitanye abantu 17, bikanakomeretsa abandi basaga 400 mu Rwanda, hagati ya 2010-2014.

John Karangwa ati:“Mu byukuri, ntidushobora kukubwira ikirimo gukorwa muri Uganda, kuko bigaragara ko ari ikibazo cya politike, ariko gifite ingaruka ku Banyarwanda bose.

“Bishobora kugaragara nkaho ari abayoboke ba ADEPR gusa, ariko ni Abanyarwanda bose muri rusange bibasiwe. Iyo abayobozi ba Uganda babonye abanyarwanda bateranye bahimbaza, bashaka urwitwazo. Iki ni ikintu tutazi, ntituzi nyirabayazana y’uru rwango rwose ku Rwanda.

Karangwa akaba yaravuze ko bigaragara ko urwango k’ uRwanda rumaze igihe rututumba, bityo bo nk’Urusengero birabagora kugira uruhande bavugira, kuko bibarenze.

Akaba yaravuze ko abayoboke babo bahura n’ingaruka, kuko bakunze guteranira ahantu hamwe basenga, kandi bakaba ntayandi mahitamo bafite.

“ariko nyirabayazana y’ibibazo byose nkuko nundi munyarwanda usanzwe yabibona, n’urwango rw’abanyarwanda. Ndabibonamo ikibazo kibangamiye abanyarwanda bose muri rusange, ariko ADEPR by’umwiharikom iratotezwa, kuko abantu babasanga mu myanya izwi barimo gusenga cyangwa se mu nama z’itorero.

Ntabwo turi umutwe wa politike

Akaba yarahakanye ko abayoboke babo bitabira ibikorwa by’ubutasi bigamije guhungabanya igihugu cy’abaturanyi.

“Iyo turi mu Rusengero rwacu, tuba tutari muri politike. Tuba twibereye mu ijambo ry’Imana gusa ; twubaka Insengero tukanitabira ibikorwa by’iterambere iyo bishobotse, ntabindi. Kwita abakirisitu bacu intasi ni ukwanga uRwanda n’Abanyarwanda. Si ukwanga ADEPR, ni ukwanga igihugu cyacu n’abaturage bacyo, ariko ntakindi twabikoraho iyo ibintu bimeze bityo.

Kwibasira abanyarwanda byaje gukaza umurego ubwo ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rwa Uganda mu gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya uRwanda, ikorera muri Kongo Kinshasa, irimo uwabajenosideri wa FDLR, RNC n’abandi bitwaje intwaro bafite ibyicaro mu Burasirazuba bwa Kongo mu cyitwa P5.

2019-08-01
Editorial

IZINDI NKURU

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Editorial 12 Dec 2019
Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Editorial 09 Jan 2020
Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Edgar Lungu wa Zambia

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Edgar Lungu wa Zambia

Editorial 14 Jun 2019
Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Editorial 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken
Amakuru

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Editorial 29 Jul 2022
Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Editorial 03 Mar 2019
RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye
HIRYA NO HINO

RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye

Editorial 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru