• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jan 2019 ITOHOZA

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda Abanyarwanda babiri barimo Potien Kayihura, umuturage wo mu Mudugudu wa Gahunga mu Kagari Gafumba ho mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, wari utunzwe no guhinga no kwikorera imizigo muri Uganda ariko akaza gutungurwa no gutabwa muri yombi ashinjwa kutagira ibyangombwa.

Kayihura w’imyaka 53 y’amavuko, ufite abana icyenda n’umugore, avuga ko yari asanzwe ajya muri Uganda buri gitondo agendeye ku ndangamuntu y’u Rwanda agakora akazi ke nimugoraba agataha ariko ku wa 15 Mutarama 2018 atungurwa no gutabwa muri yombi bamubwira ko nta byangombwa afite.

Agira ati “Icyo gihe nari narayeyo, ngiye kumva numva mu gitondo abapolisi barakomanze ngo nimbyuke tugende nta byangombwa mfite.”

Avuga ko bahise bamutwara kuri Sitasiyo ya Polisi y’ahitwa Nyarusizi mu Karere ka Kisoro, “maramo iminsi ibiri nta kurya hanyuma bantwara ku rukiko ku munsi wa gatatu nko mu masaa kumi n’imwe z’umugoroba.”

Akomeza avuga ko ubwo yageraga ku rukiko yahasanze abandi Banyarwanda babarirwa muri 50, bose ngo babakatira igihano cy’igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ariko udashaka gufungwa agatanga ihazabu ya miliyoni n’igice y’amashilingi ya Uganda (UGSH 1,500,000), ahwanye n’ibihumbi 366 by’amanyarwanda (365,505 Frw).

Ati “Njewe kimwe na bamwe muri bagenzi banjye kubera ko ntayo twari dufite twaragiye turafungwa tumarayo umwaka.”

Hagendewe ku mategeko ya Uganda, Kayihura yamaze muri gereza amezi 12 aho kuba 18, dore ko yafunguwe ku wa 26 Mutarama 2019.

Uretse kwicishwa inzara, avuga ko mu ihohoterwa yakorewe harimo gukoreshwa imirimo y’uburetwa irimo kwikorera amabuye n’ibiti birengeje ubushobozi bwe ubwo babaga babatwaye mu masoko y’ubwubatsi y’inzego z’umutekano za Uganda.

Agirati “No muri gereza batwicishaga inzara, bagira ngo baduhaye ibiryo bakaduha akawunga kaboze karimo ibisimba.”

Avuga bigaragara ko asa n’unaniwe, Kayihura yavuze ko iyo mirimo y’ubucakara babakoreshaga yabananiraga babakubitaga.

Ati “Dore ubu sinshobora kuzamura akaboko, ndetse no kuryama bisaba ko banterura amaguru banyuriza ku buriri.”

Uyu muturage asaba Leta y’u Rwanda gukora ubuvugizi kugira ngo Abanyarwanda bajya muri Uganda be guhohoterwa kandi abaturage ba Uganda baza mu Rwanda bafatwa neza.

Ati “Nk’uko Abanya uganda baza mu Rwanda bagendera ku karangamuntu ntihagire ubakoraho, Leta y’u Rwanda yari ikwiye kutuvuganira umuturage wambutse afite indangamuntu ntagahohoterwe muri Uganda.”

Avuga ko bisa n’ibimaze kuba akamenyero ko Abanyarwanda bambuka muri Uganda bafatwa bagafungwa hagamijwe ahanini kubakuramo amafaranga “kuko ufite amafaranga baramurekura akagenda utayafite agafungwa.”

Akomeza agira ati “Bitwaza ibyangombwa ariko n’ufite akajeto (agapapuro baha uwinjiye by’igihe gito) akereka umupolisi akakamucira mu maso.”

Kayihura yashyikirijwe u Rwanda ari kumwe na Emmanuel Tuyiringire w’imyaka 25, wari umaze ibyumweru bitatu afungiye muri Gereza ya Kisoro.

Tuyiringire avuga ko bafatwa bari abantu 16 barimo Abanyarwanda 12 n’abanye Congo Kinshasa bane.

Uyu we yamaze muri Gereza Kisoro icyumweru n’igice arekurwa na we ku wa 26 Mutarama 2019 nyuma yo gukatirwa igifungo cy’umwaka cyangwa ihazabu y’ibihumbi 600 by’amashilingi ya Uganda (UGSH600,000) ahwanye n’ibihumbi 150FRW. agahitamo kwishyura ihazabu aho gufungwa.

Bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri gusa, undi Munyarwanda witwa Moses Ishimwe Rutare, w’imyaka 33, ashimutiwe ahitwa Bugolobi muri Kampala n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda (CMI).

Si ubwa mbere Uganda ivugwaho guhohotera Abanyarwanda bajyayo kuko mu myaka ibiri ishize humvikanye abandi benshi bagiye bakorerwa iyicarubozo ku buryo bataha bagendera mu tugare tw’abamugaye.

Nko ku wa 13 Ukwakira 2018, Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda umucuruzi witwa Patrick Niyigena w’imyaka 38, wari washimutiwe muri icyo gihugu akarekurwa nyuma y’icyumweru agendera mu kagare k’abamugaye kubera iyicarubozo yavugaga ko yakorewe n’inzego z’umutekano za Uganda.

Muri Mutarama umwaka ushize na bwo, undi mucuruzi witwa Emmanuel Rwemayire, na we yashyikirijwe Polisi y’u Rwanda nyuma y’ibyumweru bitatu ngo yari amaze akorerwa iyicarubozo n’inzego z’umutekano za Uganda. Rwemayire, na we yatashye agendera mu kagare k’abamugaye.

Ni mu gihe mu Kuboza 2017, Polisi ya Uganda yari yashyikirije iy’u Rwanda abandi Banyarwanda batanu barimo uwitwa Jesicca Muhongerwa, Vanessa Agasaro, Fred Turatsinze, Dianah Kamikazi na Hurbert Munyangaju biganjemo abakoraga mu nzu zitunganya imisatsi ndetse n’abahinzi borozi.

Uko ari batanu batashye bavuga ko barekuwe nyuma yo gufungirwa ahantu hatandukanye bakorerwa iyicarubozo, ndetse bakanirukanwa amaramasa kandi bari bafite imitungo muri icyo guhugu.

Muri uko kwezi (Ukuboza 2017) Umunyarwanda Fidele Gatsinzi wari wagiye muri Uganda yitwaye mu modoka ye yagarutse mu kagare k’abamugaye Polisi ya Uganda imushyikiriza iy’u Rwanda.

Gatsinzi na we yagarutse avuga ko yari amaze amezi abiri azengurutswa mu bigo bitandukanye bya gisirikare akorerwa iyicarubozo.

Src : KT

2019-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2017
DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Ubwanditsi 14 Apr 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    January 28, 20197:24 pm -

    Ibi Birakazepe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli
POLITIKI

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Abantu biyita ko ari abo muri M23 bahungiye mu Rwanda – RDF
Mu Mahanga

Abantu biyita ko ari abo muri M23 bahungiye mu Rwanda – RDF

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.
Amakuru

Nyuma y’uko abasirikari 41 basezerewe mu Ngabo z’u Rwanda, Gatumwa za Uganda zaba zatangiye koshya bamwe muri bo ngo bajye gusiga agatwe mu mitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 12 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru