• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!
Kabuga akimara gufatwa n'ifoto yakera yamanikwaga igaragaza ko ashakishwa

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Editorial 27 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Aho mu Buholandi kimwe no mu bindi bihugu byo ku mugabane w’uBurayi, Kabuga yahanyuraga yubashywe cyane, nk’ukushoramari ukomeye, yibwira ko abo yishe ari “ibimonyo” bitagira kirengera.

Ntiyumvaga ko umunsi umwe, nyuma y’imyaka 26, azaharara noneho ari imfungwa, igomba kubazwa uruhare rwayo mu guhekura urwamubyaye. Ni bya bindi Umunyarwanda yavuze ngo: “ Aho wambariye inkindi ntuzahambarire ubucocero”!

Amakuru dukesha abamubonye yinjizwa muri gereza kuri uyu wa mbere tariki 26 Ukwakira 2020, aravuga ko yazanywe mu kagare ubundi gatwara abafite ubumuga(batiteye), ahinda umushyitsi ngo agaragaze ko ari umusaza cyane, umurwayi udakwiriye gufungwa, kandi ari ubwoba bwo kubazwa urupfu rw’abantu basaga miliyoni bari ku gahanga ke.

Amakuru dukesha RFI, aravuga ko Félicien Kabuga yinjijwe muri gereza ya Sheveningen, agahita ashyirwa mu kato mu cyumba cya wenyine, amategeko akavuga ko azategereza iminsi 10 kugirango agezwe imbere y’abacamanza ngo yemere cyangwa akomeze kurushya iminsi ahakana ibyaha aregwa. Nyuma y’iyo minsi 10 ni nabwo azaba ashobora kubonana n’abaturanyi be bashya(abandi bahafungiye) barimo aba serbes bo muri Bosiniya, Radovan Karadzic na Ratko Mladic, nabo baregwa ubwicanyi ndengakamere nka mugenzi wabo Félicien Kabuga.

Twibutse ko Kabuga yatawe muri yombi mu mpera za Nzeri uyu mwaka, avumbuwe mu muheno mu nkengero za Paris mu Bufaransa. Uwo muherwe akurikiranyweho ibyaha 7 bikomeye cyane,birimo gucura umugambi wa jenoside no kuwushyira mu bikorwa, hakaba no gushishikariza abandi umugambi wa jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyoko-muntu. Bimwe mu bimenyetso bimuhamya ibi byaha, ni ukuba ari mu bashinze RTLM, radio rutswitsi yakoze ubukangurambaga ngo Jenoside ihitane benshi bashoboka, no kuba yaratanze amafaranga menshi n’ibikoresho Interahamwe n’Impuzamugambi zifashishije mu gutsemba Abatutsi n’Abahutu batari muri uwo mugambi.

Kabuga yagombye kuba yaroherejwe I Arusha muri Tanzaniya, muri gereza y’urwego rwashinzwe kurangiza imanza z’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, ariko kubera uburwayi, biza kwemezwa ko ajyanwa I La Haye “by’agateganyo”, kugirango abanze ahabwe ubuvuzi butapfa kuboneka muri Tanzaniya, hanarebwa aho iki cyorezo cya COVID-19 cyerekeza. Ntibyatangajwe igihe ako “gateganyo” kazamara, kimwe n’igihe urubanza rwe ruzatangirira. Icyakora abasesenguzi bahamya ko bizatwara igihe kinini, kugirango Umushinjacyaha Mukuru, Serge Brammertz , abone umwanya wo kongera gusesengura iyi dosiye yari imaze imyaka hafi 10 isa n’iyasinziriye, dore ko no gufata Kabuga, ari muzima, hari ubwo byageze aho bifatwa nk’ibitagishobotse.

Iyo Félicien Kabuga ajyanwa muri gereza Arusha,wari umwanya mwiza wo kongera kubonana n’umukwe we Augustin Ngirabatware, wahoze ari minisitiri muri Leta y’abatabyi biyise abatabazi, Umunyarwanda rukumbi ukiri muri iyo gereza kubera uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

2020-10-27
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Editorial 20 Nov 2018
Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Editorial 31 May 2018
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Editorial 29 Nov 2022
Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Editorial 02 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo
ITOHOZA

Uganda irashinjwa kurenga ku mabwiriza abuza kohereza intwaro muri Sudani y’Epfo

Editorial 30 Nov 2018
U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni
ITOHOZA

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Editorial 06 Oct 2017
Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?
Amakuru

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Editorial 02 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru