• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Amafaranga Abanyarwanda bishyuraga mu gupimisha DNA agiye kugabanyukaho hafi kimwe cya kabiri

Editorial 08 Jun 2018 Mu Rwanda

Abanyarwanda bagiye kujya bishyura kimwe cya kabiri cy’amafaranga bishyuraga mu gukoresha ibizamini bya DNA bashaka kumenya umubyeyi w’umwana cyangwa bashaka ibimenyetso by’ibyaha bishingiye ku gitsina cyangwa ibindi nyuma y’aho u Rwanda rutangirije laboratwari yarwo yabugenewe I Kigali.

Iyi laboratwari iherereye ku Kacyiru, yafunguwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, itariki 07 Kamena na minisitiri w’ubutabera, yatangiye kwakira ubusabe bwo gupima DNA ku mafaranga 270,000 frw, igiciro kiri hafi kimwe cya kabiri cy’icyari gisanzwe iyo gupima byakorerwaga hanze y’u Rwanda nko mu Budage.

Gupima DNA mu Rwanda bizanagabanya igihe cyagendaga hategerejwe ibisubizo, aho kizava ku mezi abiri cyangwa atatu ibisubizo byategerezwaga kuva mu Budage, bikazajya biboneka hagati y’umunsi umwe n’ibyumweru bitatu.

Iyi laboratwari yubatswe kuri miliyari 6 z’Amanayarwanda izajya inakora ibizamini mu zindi nzego nyinshi nko mu bijyanye no kugaragaza umwimerere w’inyandiko, gusuzuma ko hari ibiyobyabwenge, alcohol cyangwa uburozi biri mu maraso y’umuntu, gupima ibikumwe, kugaragaza ikishe umuntu no gupima ubwoko bw’amasasu yarashwe umuntu ngo hamenyekane imbunda yakoreshejwe n’ibindi.

Abayobozi b’u Rwanda bavuga ko iyi laboratwari igiye kurushaho kuzamura ubushobozi bw’inzego z’ubutabera z’igihugu kuko izafasha mu gukora iperereza no gushinja ibyaha mu buryo bworoshye itanga ibimenyetso byizewe.

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye avuga ko iyi laboratwari izajya itanga serivisi ubusanzwe usanga mu bihugu byateye imbere hanze ya Afurika, asobanura ko uyu munsi wo kuyitangiza ari umunsi ukomeye ku Rwanda.

Umuyobozi mukuru w’iyi laboratwari, ACP Dr Francois Sinayobye, avuga ko izagira uruhare mu kurwanya ibyaha bikomeye nk’ibishongiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kubera ko ngo abantu bazaba bazi ko kubonera ibimenyetso ibi byaha bizajya byoroha.

Yongeyeho ko serivisi z’iyi laboratwari zizajya zinaboneka mu nzego zitandukanye nko mu gisirikare cy’u Rwanda, mu gipolisi no mu rwego rw’amagereza, aho ngo kenshi izi nzego ziba zikeneye kumenya ko zikoresha abantu batabaswe n’ibiyobyabwenge.

Naho Umushinjacyaha Mukuru wa leta, Jean Bosco Mutangana, avuga ko ibi bizongera imitangire y’ubutabera mu gihugu kuko bizagabanya umwanya wagendaga ku manza mu nkiko bitewe no kubura ibimenyetso.

2018-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Editorial 20 Feb 2025
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Editorial 05 Jul 2021
Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Editorial 21 Jul 2017
Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Editorial 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema
INKURU NYAMUKURU

RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema

Editorial 26 Nov 2017
Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye
IMIKINO

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Editorial 04 Apr 2018
Bruxelles : Me Gilles Vanderbeck avuga ko abakiliya be batabazwa ubwicanyi bwakorewe muri ETO
INKURU NYAMUKURU

Bruxelles : Me Gilles Vanderbeck avuga ko abakiliya be batabazwa ubwicanyi bwakorewe muri ETO

Editorial 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru