• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Bwa mbere mu mateka, VAR yatangiye gukoreshwa mu Rwanda ihereye muri Sitade Amahoro

Amafoto – Bwa mbere mu mateka, VAR yatangiye gukoreshwa mu Rwanda ihereye muri Sitade Amahoro

Editorial 27 Jan 2025 Amakuru, IMIKINO

Ku nshuro ya mbere mu mateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda, hakoreshejwe ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire “Video Assistant Referee- VAR” kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Mutarama 2025.

Isuzuma ry’iri koranabuhanga ryakorewe muri Stade Amahoro, mu mukino w’Irushanwa “Urubuto Community Youth Cup” wahuje Irerero rya FC Bayern Munich na Intare FTC mu Batarengeje imyaka 16.

Muri uyu mukino warangiye Académie ya Bayern Munich itsinze Intare FTC ibitego 4-1, hari hitabajwe abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda barimo abasifura hagati n’abasifura ku ruhande, ariko hakaba hari na zimwe mu mpuguke z’Abanya-Maroc zarebaga uko bakoresha ikoranabuhanga rya VAR.

Muri Stade Amahoro harimo camera esheshatu zirimo ebyiri zo ku mazamu, zose zatangaga amashusho ku basifuzi batatu bakoreshaga VAR mu cyumba cyabugenewe kirimo imbere ahaba urwambariro.

Ku kibuga, hari inyakiramashusho ishobora kwifashishwa n’umusifuzi uri mu kibuga mu gihe bibaye ngombwa ko ajya kureba ko hari ikosa ryabayeho. Abasifuzi bose bari bambaye itumanaho rituma bashobora kumvikana n’abari mu cyumba cya VAR.

Inshuro imwe gusa, mu minota ya nyuma, ni bwo umusifuzi yahamagawe ngo ajye kureba amashusho bamweretse, aho Nsabimana Célestin yasanze umukino wakomeje hari ikosa ryabereye mu rubuga rw’amahina, nyuma yo kubisuzuma atanga penaliti yahushijwe na Académie ya Bayern Munich.

Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yabwiye IGIHE ko bishimishije kuba Stade Amahoro iri mu bikorwaremezo bigezweho igezemo iri koranabuhanga rya VAR, avuga ko risaba ubushobozi ndetse hari icyizere ko uko buzagenda buboneka rizagera no ku bindi bibuga.

Umuyobozi wa Urubuto Community Youth Cup, Murangwa Eric Eugène, yavuze ko bishimiye kuba umukino w’iri rushanwa ari wo wakoreweho iri suzuma, yongeraho ko bitera imbaraga abana no kumva ko bashyigikiwe.

Abasifuzi bakoresheje iri koranabuhanga, by’umwihariko abari kuri VAR bayobowe na Mukansanga Salima, bavuze ko igikorwa cyagenze nubwo nta makosa menshi yabaye mu kibuga yasabaga gufata umwanya munini basuzuma ibyabaye.

VAR ni kimwe mu byatanze ibisubizo by’amakosa yakorwaga n’abasifuzi, bigateza umwiryane mu makipe, abayobozi bayo ndetse n’abafana bayihebeye.

Iri koranabuhanga rifasha abasifuzi batari mu kibuga, gufatanya n’uyoboye umukino mu gufata ibyemezo byo mu bihe bine gusa bikomeye mu gihe umukino uri kuba.

Ibyo byemezo harimo kwemeza cyangwa guhakana ikosa niba igitego cyinjiye mu izamu mu gihe bishidikanywaho, umwanzuro kuri penaliti, kwemeza ko umukinnyi ahabwa ikarita itukura ako kanya ndetse rikanakoreshwa mu gihe habayeho kwibeshya umusifuzi akaba yasohora umukinnyi utari wakosheje.

Nubwo iri koranabuhanga rikoreshwa, ntabwo buri kibuga cyarikoresha kuko hari icyo bisaba ku bijyanye n’amikoro, imiterere y’ikibuga ndetse n’andi mategeko agenwa n’Inama y’Amashyirahamwe Mpuzamahanga mu Mupira w’Amaguru ‘IFAB’, ku mikoranire ya hafi n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA.

Iri koranabuhanga ryatangiye gukorerwa igeragezwa mu 2016 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, riza kwemezwa mu ntangiriro za 2018 aho irushanwa rya mbere rya Ruhago ryagaragayemo ari Igikombe cy’Isi cyabereye mu Burusiya.

Gutangira kurikoresha byemerejwe mu nama yabereye mu Mujyi wa Bogotá muri Colombia ku wa 16 Werurwe 2018.

2025-01-27
Editorial

IZINDI NKURU

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Editorial 16 Jan 2023
Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

Administrator 24 Nov 2025
Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Editorial 10 Sep 2024
Bruce Melodie na Made Beat bageze muri Norvège aho bagiye mu bitaramo bizabera mu bice bitandukanye byo ku mugabane w’i Burayi

Bruce Melodie na Made Beat bageze muri Norvège aho bagiye mu bitaramo bizabera mu bice bitandukanye byo ku mugabane w’i Burayi

Editorial 07 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba
Mu Rwanda

Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Editorial 27 Feb 2017
Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 
Amakuru

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Editorial 20 Nov 2022
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo
ITOHOZA

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Editorial 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru