• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018

Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 14 Jan 2018 SHOWBIZ

Abakobwa bifuza bazatoranywamo Nyampinga w’u Rwanda 2018 batangiye gutoranywa ndetse aba mbere bamaze gutsinda ijonjora ryabereye mu Karere ka Musanze.

Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bujuje ibisabwa bemerewe guhatanira Miss Rwanda 2018 cyatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Mutarama 2018 mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mu bakobwa 19 biyandikishije mu Ntara y’Amajyaruguru abagera kuri 13 nibo bageze ahabereye ijonjora; aba bakuwemo icumi bemerewe guhatana mu ijonjora ry’ibanze ryasojwe akanama nkemurampaka gatoyemo batandatu gusa.

Sandrije Isheja wari uhagarariye akanama nkemurampaka yavuze ko ibyashingiweho mu gutanga amanota harimo “uburanga, ubwenge n’umuco”. Uburanga bwari bufite amanota 25%, ubwenge bwahawe amanota 45% hanyuma uburyo umukobwa yatondekaga ibyo avuga bihabwa amanota 30%.

Abatsinze ni Usanase Shamim Irene, Umutoniwase Paula, Ishimwe Belly Stecy, Irebe Natacha Ursule, Umuhoza Linda na Ingabire Divine.

Irebe Natacha Ursule, umwe mu batsinze yavuze ko nyuma yo kurenga ijonjora ryo mu Ntara ngo agiye gukomeza amasengesho no kwigirira icyizere kuko ari byo byamufashije gutsinda.

Yagize ati “Ubu igikurikiraho kurushaho ni ugukomeza icyizere nigiriye kandi ngakomeza isengesho kuko Imana niyo ikora byose.”

Miss Rwanda2018 irimo impinduka, mu majonjora hazatoranywa abakobwa 30 mu gihugu hose aho kuba 25 nk’uko byari bisanzwe nyuma hakazakorwa irindi jonjora rizasigazamo abakobwa 20 bazajya mu mwiherero aho kuba 15 nk’uko byagendaga mu myaka yashize.

Ibikorwa byo guhitamo abazaserukira Intara byakomereje mu Burengerazuba bw’u Rwanda mu Mujyi wa Rubavu kuri uyu wa 14 Mutarama 2018.

1.Umuhoza Linda

 

 

 

2.Usanase Shamim Irene

 

 

 

3. Irebe Natacha Ursule, afite ibiro 66 akareshya na metero 1.72

 

 

 

 

 

4. Umutoniwase Paula, afite ibiro 65 akareshya na metero 1.72

 

 

 

 

5. Ingabire Divine, afite ibiro 55 akareshya na metero 1.73

 

 

 

 

 

6.Ishimwe Belly Stecy

 

 

 

 

 

 

 

 

2018-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Umuhanzi Mico The Best yasabye umukunzi we Clarisse kubana akaramata, nawe amubwira yego

Umuhanzi Mico The Best yasabye umukunzi we Clarisse kubana akaramata, nawe amubwira yego

Ubwanditsi 05 Jul 2021
DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

DJ Ira yavuze ko mu kazi ke hari abamwibeshyaho bakamwitiranya n’indaya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Ubwanditsi 23 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir
ITOHOZA

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Breaking News: Bokota Labama  yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda
IMIKINO

Breaking News: Bokota Labama yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore
HIRYA NO HINO

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru