• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Editorial 25 Feb 2019 UBUKUNGU

Perezida Kagame Paul yagaragaje ko u Rwanda arirwo rwihitiramo ibirubereye kandi amahitamo yarwo abanziriza amabwiriza akubiye mu bitabo byandikiwe ahandi.

Ibi yabigarutseho ku wa Gatanu ubwo yakiraga ku meza abasaga ijana bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda.

Perezida Kagame yagarutse ku butabera bw’u Rwanda avuga ko buhagaze neza kandi bufite ubushobozi bwo guha abaturage uburenganzira bungana hagendewe ku biteganywa n’amategeko.

Yakomeje ashimira ibihugu bifatanya n’u Rwanda mu gutanga ubutabera no kurwanya umuco wo kudahana, ariko avuga ko rwifuza kuba igihugu gifite ububasha bwo kwihitiramo ibikwiye.

Ati “Nk’uko nabivuze mu minsi mike ishize, turashaka gukomeza kuba igihugu gishobora kugira amahitamo adukwiriye kandi ashobora guhura n’ibibera ahandi ku Isi. Bifitanye isano n’ibyo duhitamo kurusha ibiri mu bitabo by’amabwiriza, akenshi usanga tutaranditse cyangwa tutaragizemo uruhare”.

Yakomeje avuga ko amabwiriza u Rwanda rukurikiza ari ashingiye ku mategeko, nubwo hari andi menshi uba usanga ashaka kwereka Abanyarwanda ibyo bakwiye kugenderaho.

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye iri sangira ko ababangamiwe n’amahitamo y’u Rwanda bazabyihanganira, kandi hari icyizere ko Abanyarwanda bazageraho bakaba aribo bishyiriraho amabwiriza ashingiye ku mategeko kurusha ayashyiriweho ahandi.

Ati “Natekereje ko ngomba gushimangira ibi, aba ni bo turi bo, ibi ni byo dushaka, ndetse ibi binahuye mu buryo bwinshi n’aho twavuye. Mu gihe tugikomeje urugendo kugira ngo tube nka benshi mu nbateraniye aha mwamaze kubimenyera ndetse mukabifata nk’ibisanzwe, amategeko n’amabwiriza mugenderaho, turifuza kuba nka mwe, turifuza gukorana na mwe, ariko turi hano.”

Yavuze ko kandi u Rwanda ruzakorana n’abandi mu guteza imbere ibibafitiye inyungu nk’umuryango mpuzamahanga uhereye ku iterambere, umutekano, ubucuruzi n’imihindagurikire y’ibihe.

Madamu Jeannette Kagame na Ambasaderi wa Suède mu Rwanda, Jenny Ohlsson, muri iri sangira

2019-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Editorial 07 Feb 2018
BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Editorial 28 Dec 2017
Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi

Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi

Editorial 04 Dec 2017
Perezida Kagame  aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Editorial 03 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga
POLITIKI

Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Editorial 08 Jan 2020
Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano
Mu Rwanda

Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Editorial 27 Apr 2017
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri
Amakuru

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Editorial 08 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru