• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Editorial 25 Feb 2019 UBUKUNGU

Perezida Kagame Paul yagaragaje ko u Rwanda arirwo rwihitiramo ibirubereye kandi amahitamo yarwo abanziriza amabwiriza akubiye mu bitabo byandikiwe ahandi.

Ibi yabigarutseho ku wa Gatanu ubwo yakiraga ku meza abasaga ijana bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda.

Perezida Kagame yagarutse ku butabera bw’u Rwanda avuga ko buhagaze neza kandi bufite ubushobozi bwo guha abaturage uburenganzira bungana hagendewe ku biteganywa n’amategeko.

Yakomeje ashimira ibihugu bifatanya n’u Rwanda mu gutanga ubutabera no kurwanya umuco wo kudahana, ariko avuga ko rwifuza kuba igihugu gifite ububasha bwo kwihitiramo ibikwiye.

Ati “Nk’uko nabivuze mu minsi mike ishize, turashaka gukomeza kuba igihugu gishobora kugira amahitamo adukwiriye kandi ashobora guhura n’ibibera ahandi ku Isi. Bifitanye isano n’ibyo duhitamo kurusha ibiri mu bitabo by’amabwiriza, akenshi usanga tutaranditse cyangwa tutaragizemo uruhare”.

Yakomeje avuga ko amabwiriza u Rwanda rukurikiza ari ashingiye ku mategeko, nubwo hari andi menshi uba usanga ashaka kwereka Abanyarwanda ibyo bakwiye kugenderaho.

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye iri sangira ko ababangamiwe n’amahitamo y’u Rwanda bazabyihanganira, kandi hari icyizere ko Abanyarwanda bazageraho bakaba aribo bishyiriraho amabwiriza ashingiye ku mategeko kurusha ayashyiriweho ahandi.

Ati “Natekereje ko ngomba gushimangira ibi, aba ni bo turi bo, ibi ni byo dushaka, ndetse ibi binahuye mu buryo bwinshi n’aho twavuye. Mu gihe tugikomeje urugendo kugira ngo tube nka benshi mu nbateraniye aha mwamaze kubimenyera ndetse mukabifata nk’ibisanzwe, amategeko n’amabwiriza mugenderaho, turifuza kuba nka mwe, turifuza gukorana na mwe, ariko turi hano.”

Yavuze ko kandi u Rwanda ruzakorana n’abandi mu guteza imbere ibibafitiye inyungu nk’umuryango mpuzamahanga uhereye ku iterambere, umutekano, ubucuruzi n’imihindagurikire y’ibihe.

Madamu Jeannette Kagame na Ambasaderi wa Suède mu Rwanda, Jenny Ohlsson, muri iri sangira

2019-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Editorial 21 Jan 2018
Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 31 May 2018
Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Editorial 30 Apr 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Editorial 21 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures
UBUKUNGU

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Editorial 17 Mar 2020
Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Editorial 11 Apr 2017
Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi
ITOHOZA

Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Editorial 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru