• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Editorial 28 Sep 2020 Amakuru, IMIKINO

Mu mpera z’icyumweru dusoje mu marushanwa yo ku mugabane w’I burayi habaye itungarana rikomeye ndetse na bimwe mu byemezo bitagiye bivugwaho rumwe na benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru cyane cyane mu gihugu cy’ubwongereza aho ikipe ya Manchester city yaraye inyagiwe ibitego 5-2 na Leicester City ndetse n’inyagirwa rya Bayern Munchen mu gihugu cy’ubudage.

Amashampiyona 5 asanzwe akomeye ku mugabane w’I burayi yose yamaze kugaruka ndetse imikino yarakomeje mu mpera z’iki cyumweru aho hagaragaye itungurana rikomeye; duhereye mu gihugu cy’ubwongereza kuwa gatandatu ku Isaha ya saa saba n’igice ikipe ya Manchester United yari yasuye ikipe ya Brighton Hove Albion umukino ugera ku munota wa 95 ari 2-2 gusa VAR iza kwemeza ko hari umukinnyi wakoze umupira maze agarura abakinnyi mu kibuga batera penaliti maze Bruno Fernandes ayinjiza neza bituma iyo kipe itsinda umukino wa mbere muri uyu mwaka w’imikino.

Undi mukino wabayemo gutungurana ni uwahuje Chelsea na West Bromwich Albion bitunguranye igice cya mbere kirangira Chelsea itsinzwe 3-0, gusa mu gice cya kabiri iyo kipe itozwa na Frank Lampard iva inyuma irabyishyura barangiza banganya 3-3.

Tothenham nayo ntago byayihiriye kuko yaje kunganya na Newcastle United 1-1, Everton yo yatsinze ikipe ya Crystal Palace 2-1, Westham yanyagiye Wolves 4-0 kuri iki cyumweru, undi mukino wagaragayemo gutungurana ni uwahuje ikipe ya Manchester City yanyagiriwe ku kibuga cyayo na Leicester city ibitego 2-5.

Mu budage naho habaye itungurana rikomeye cyane aho ikipe ya Bayern Munchen yanyagiwe na TSV Hoffenheim ibitego 4-0, iyi Bayern yaherukaga gutsindwa mu kwezi kwa 12 umwaka ushize wa 2019, mu gihugu cy’ubutalitani ikipe ya Juventus ntiyabashije kubona intsinzi nyuma yo kunganya na AS Roma ibitego 2-2 byose byaje byishyuwe na Cristiano Ronaldo bituma yuzuza ibitego 450 mu mashampiyona asaga 4 amaze gukinamo kuva yatangira gukina umupira w’amaguru.

Kuri uyu wa mbere haraza gukomeza shampiyona yo mu gihugu cy’ubwongereza aho ikipe ya Liverpool iza gukina na Arsenal ku kibuga cyayo Anfield Road, mu mikino ibiri iheruka guhuza ayo makipe yombi Arsenal yabashije kuyitsinda yose, uheruka nuwo Arsenal yatsindaga Liverpool kuri penaliti nyuma yo kunganya 1-1 mu mukino utangiza shampiyona mu gihugu cy’ubwongereza (Community Shield).

2020-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Editorial 14 Mar 2022
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Editorial 19 Apr 2022
APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

Editorial 08 Jul 2023
Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Editorial 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza
POLITIKI

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Editorial 30 Nov 2017
Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Editorial 25 Jul 2023
Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Editorial 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru