• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Tariki ya 27 Nyakanga 1985, ingabo za Uganda zari ziyobowe na Olara Okello zakoreye Coup d’Etat Guverinoma ya Milton Obote, aho Olara Okello yayoboye igihugu nyuma haza Gen Tito Okello. Ni mugihe kandi inyeshyamba za Perezida Museveni zungukiraga muri ako kavuyo zikomeza gufata ibice binini by’igihugu kubera ingabo zari zacitse morale zigahungira muri NRA ya Museveni.

Tito Okello yahise asaba ibice byose bifite uruhare mu ntambara yabaga muri icyo gihugu kugira imishyikirano bose barayitabira usibye NRM/NRA ya Museveni. Okello yitabaje Nyerere ariko Museveni aranangira nyuma aza kwemera byo kurangiza umuhango ubwo umuhuza yari abaye Perezida wa Kenya, Daniel Arap Moi.

Igihe amasezerano yabaga , Museveni yarakwepaga kugirango iminsi yiyongere cyangwa akazana ibindi bibazo baganiraho kugirango imishyikirano itarangira ingabo ze zifate ubutegetsi. Amasezerano yamaze amezi ane, nuko arangira yemeje ko Kampala itagomba kubarizwamo ingabo kandi ko NRM/NRA ya Museveni ihagarika urugamba ingabo ze zikavangwa niza Leta. Igihe amasezerano yamaze kingana n’amezi ane nibwo Museveni yashakaga kugira isura mu mahanga abizi neza ko atazahagarika intambara. Yafashe ubutegetsi yanga kubugabana, bityo ayo masezerano yabereye Nairobi yitwa “amasezerano y’urwenya”.

Ikigaragara amasezerano yose Museveni ashyiraho umukono agamije kugura isura nziza imbere y’Umuryango Mpuzamahanga, naho kuyashyira mu bikorwa bikaba ibindi bindi.

Nyuma yaho u Rwanda rugaragaje ibibazo Abanyarwanda bagira iyo bari muri Uganda ndetse n’uburyo Uganda ifasha imitwe yose y’iterabwoba irwanya u Rwanda, abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanarira Demokarasi ya Kongo bafashije kugera ku masezerano yasinywe tariki 22 Kanama 2019.

Abakurikiranira hafi ibya politiki hagati mu karere bishimiye ayo masezerano cyane ko ashingiye mu kubuza buri gihugu guhagarika ibikorwa byose byabangamira umutekano w’ikindi gihugu, akaba aricyo kibazo nyamukuru u Rwanda rufite.

Kugeza uyu munsi nta kimenyetso kigaragara ko Uganda izashyira mu bikorwa amasezerano Perezida wayo yashyizeho umukono kuko kugeza ubu mu Banyarwanda barenga 100 bafungiye muri gereza zitazwi muri Uganda batararekurwa. Ikindi kimenyetso nuko Ibinyamakuru bikorera kuri Internet byo mu Rwanda byafunzwe muri Uganda umunsi umwe nyuma yo gushyira amasezarano ho umukono.

Dusubije amaso inyuma tukareba andi masezerano Uganda yashyizeho umukono dusanga atarubahirijwe. Nyuma y’amasezerano ya Lusaka yashyizweho n’ibihugu byo mu karere ndetse no mu majyepfo y’Afurika agamije kugarura umutekano muri Kongo, hasinywe amasezerano hagati ya Uganda n’u Rwanda agamije kugarura icyizere mu ngabo; ayo masezerano yasinywe na ba Minisitiri b’Ingabo hagati y’ibihugu byombi agamije kubaka icyizere hagati y’inzego zose nk’imwe mu nzira zo gukuraho ubushyamirane bwari bumaze igihe hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yasinywe mu 2002 i Kampala, Amama Mbabazi ariwe uhagarariye Uganda mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda yari Brig Gen Emmanuel Habyarimana.

Aya y’i Kampala ajya gusinywa, yari akurikiye inama nyinshi z’abakuru b’ibihugu byombi zabereye mu Rwanda, Uganda ndetse no mu Bwongereza i Londres.

Ayo masezerano yatumye haza agahenge, ariko ntabwo yasubije ikibazo nyamukuru. Wenda amasezerano ya Luanda azatuma ibikorwa byo gufataa Abanyarwanda nyuma yayo bihagarara ariko abafashwe nta cyizere ko bazarekurwa.

Ikigararagara ibirego u Rwanda rwaregaga Uganda muri 2000 nibyo byisubiyemo kuko u Rwanda rwashinjaga Uganda gufasha abahungabanya umutekano mu Rwanda.

Kuva muri 2000 imikorere ya Museveni ntiyigeze ihinduka kuko I byaha ni bimwe.

Iyo usomye neza ibikubiye mu masezerano, usanga ari ibisubizo by’ibibazo byatanzwe n’u Rwanda, bireba ubuzima bw’Abanyarwanda ariko Uganda yo binyuze mu bitangazamakuru bya Leta cyangwa ibishyigikiye Leta bavuga ikibazo cy’umupaka gusa. Bigaragara ko ari ukujijisha Uganda itayashyira mu bikorwa kuko ntibyaba ari ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri.

Ikigaragara abakuru b’ibihugu bitabiriye uyu muhango bazabona isura nyayo ya Perezida Museveni, aho ari ikibazo mu karere kurusha igisubizo.

2019-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2021
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na  Kayumba Nyamwasa  mu bikorwa bya RNC

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Editorial 04 Jan 2018
Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Editorial 18 Feb 2025
RDF yasezereye  abasilikare 816 barimo na Brig. Gen. Rugumya Gacinya

RDF yasezereye abasilikare 816 barimo na Brig. Gen. Rugumya Gacinya

Editorial 07 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner
HIRYA NO HINO

KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

Editorial 31 Mar 2019
Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo
Mu Mahanga

Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Editorial 22 Jun 2016
Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida
Amakuru

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Editorial 01 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru