• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza

Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza

Ubwanditsi 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Hirya no hino mu turere hakomeje kubera ibikorwa byahariwe icyumweru cya Polisi y’u Rwanda; aho abaturage bagezwaho ibikorwa by’iterambere byiganjemo ahanini amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba.

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo bageza ibi bikorwa by’iterambere ku baturage bo mu midugudu iri kure y’ahasanzwe hari amashanyarazi asanzwe; ku buryo nk’uko biteganyijwe, ingo zigera ku bihumbi 3500 zizagezwaho ayo mashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba mu gihugu hose.

Bamwe mu baturage bahawe ayo mashanyarazi bagaragaje ibyishimo byinshi ndetse bavuga ko yahinduye cyane imibereho yabo.

Manirakiza Emmanuel ni umucuruzi wo mu mudugudu wa Kerebe mu kagari ka Kerebe mu murenge wa Rwimiyaga, akarere ka Nyagatare; yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yarabahaye iyo nkunga; ngo ku buryo umudugudu wabo wose ufite amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba ndetse ngo n’ubuzima bwabo bwarahindutse ku buryo bugaragara.

Yagize ati:” ncuruza muri butike, mbere sinashoboraga kurenza saa moya z’umugoroba ntarafunga. Abapolisi bakimara kuza mu mudugudu wacu no gushyira amatara ku mazu yacu, twahise twishima cyane maze twumva ko ubuzima bwacu buhindutse. Ubu nshobora no kugera saa tanu z’ijoro ntarafunga kuko abakiriya baba bakiza kungurira”.

Manirakiza akomeza avuga ko abaturage bose b’uwo mudugudu imibereho yabo yabaye myiza cyane.

Yaravuze ati:” nakoreshaga amasaha abiri njya gusharija terefone yanjye ahari hasanzwe umuriro. Ubu ntituzongera kuvunika kuko umuriro tuwifitiye. Ubu umudugudu wacu uri mu byishimo bidasanzwe kuko ntawe ugitinya gutembera nijoro kuko haba habona mbese ni nka ku manywa. Ibyaha byakorwaga kubera ko hatabonaga nk’urugomo , ubujura n’ibindi byaragabanyutse cyane”.

Nyirahabimana Tamali w’imyaka 47, ni umubyeyi w’abana batandatu; nawe ni umuturage wo muri uwo mudugudu ; avuga ko abana be bagiraga ikibazo cyo gusubiramo amasomo mbere y’uko bahabwa ayo mashanyarazi.

Yagize ati:” Jye n’abana twakoreshaga itara rimwe bikadutera ikibazo cyo kurifatanya haba mu gusubiramo amasomo no mu gikoni mu gihe dutetse; ndetse rigatera n’imyotsi mu nzu. Ubu rero nta kibazo gihari kuko basubiramo amasomo neza kuko amatara mu byumba hose ahari”.

-6769.jpg

-6770.jpg

Aya mashanyarazi kandi yanishimiwe n’abanyeshuri nka Niyoniringiye Jeanne wo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza ku kigo cya Gakagati ndetse akaba yitegura gukora ikizamini gisoza amashuri abanza.

Uyu munyeshuri yagize ati:” ndashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kubera iki gikorwa. Ndatekereza ko ariwe watumye iri terambere ritugeraho. Uyu muriro urampa icyizere ko nzatsinda ikizamini kuko nsubiramo amasomo neza igihe cyose mu ijoro”.

Polisi y’u Rwanda yahaye amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba ingo 103 zo mu mudugudu wa Kirebe; bayashyikirijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’ibikorwa remezo James Musoni, ari kumwe na Guverineri w’Intara y’I Burasirazuba Judith Kazaire ndetse n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana. Bayashyikirijwe ejo kuwa gatanu tariki ya 2 Kamena.

Ubwo yabashyikirizaga aya mashanyarazi, Minisitiri Musoni yasabye abayahawe kuzayabyaza umusaruro ndetse abizeza ko Leta izakomeza kubafasha kugira ngo imibereho yabo izakomeza kuba myiza.

Guverineri w’Intara y’I Burasirazuba Judith Kazaire we yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera ibikorwa by’iterambere birimo uwo muriro w’amashanyarazi yahaye abaturage. Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yijeje abaturage umutekano usesuye, bityo abasaba kwitabira gahunda zitandukanye zigamije kubateza imbere.

IGP Gasana yavuze ko ubu bufatanye buzatuma hagerwaho byinshi byiza mu gihugu cyacu, ku buryo ibyaha byagabanyuka ndetse bigakumirwa burundu.

Uwo munsi kandi, mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Mugano, mu kagari ka Suti, mu mudugudu wa Cyabuti; Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda ari kumwe n’umuyobozi w’akarere Mugisha Philbert, bahaye ingo 93 amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba. Mbere y’iki gikorwa, bari bifatanyije n’abaturage gukora umuganda wo gutunganya umuhanda ahareshya na kilometero eshatu.

Umuturage wahawe amashanyarazi witwa Mukamfura Flavia yagize ati:” ibi birerekana ko igihugu cyacu cyihuta mu iterambere, turashima Polisi yacu kubera iyi nkunga kandi ntidushidikanya ko izahindura ubuzima bwacu”.

Ibi ni nabyo binashimangirwa na mugenzi we witwa Mukeshimana Innocent aho yagize ati:” mu myaka myinshi yashize nta bikorwa na bimwe byahuzaga Polisi n’abaturage. Ariko muri iyi myaka 17, natanga ubuhamya kuri Polisi y’u Rwanda kubera ukuntu yegera abaturage ndetse ikanabafasha , mbese ntibisanzwe!

Abanyeshuri nabo bagaragaje ibyishimo bidasanzwe nyuma y’uko amashanyarazi ageze mu mudugudu wa Cyabuti.

Nkunzimana Albertine wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye yagize ati:” kuva duhawe aya mashanyarazi, ubu nta kibazo mfite cy’imyigire; ndanatekereza ko nzatsinda kurushaho ndetse no kuba nari mfite impungenge zo kuba narwara amaso kubera gukoresha itara nk’uko byari bisanzwe ntibizabaho. Polisi turayishima cyane”.

Source : RNP

2017-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Me Bernard NTAGANDA  yaraye asohowe ikubagahu  n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Me Bernard NTAGANDA yaraye asohowe ikubagahu n’aba Sécurité ba TOPSEC.

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 4 Ukwakira 2017

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho

Ubwanditsi 17 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100
UBUKUNGU

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba
ITOHOZA

Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge
INKURU NYAMUKURU

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Ubwanditsi 29 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru