• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Ubwanditsi 04 Jan 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo muri Tunisia yitegura imikino ya gicuti ibanziriza CHAN2018. Abakinnyi bahanganye n’umuyaga mwinshi ukonje ariko ngo ni byiza kwimenyereza ikirere kare.

Abantu 31 barimo abakinnyi 23 abatoza batatu; Antoine Hey, Mashami Vincent na Higiro Thomas n’abandi bagize delegation bagize Amavubi batangiye umwiherero w’iminsi icumi mu mujyi wa Sousse wo muri Tunisia. Bageze muri uyu mujyi ejo hashize saa 18h. Bakoze imyitozo mu gitondo cy’uyu munsi.

Inkuru dukesha  Umuseke  mu kiganiro  na kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame,  yagize ati :abakinnyi n’umutoza wabo biteguye neza umukino wa mbere wa gicuti bazahuramo na ‘Falcons of Jediane’ za Sudan.

“Urugendo rwari rurerure ariko twahageze amahoro twanakoze imyitozo ya mbere. Umutoza wacu tutari twahagurukanye (Antoine Hey) twahuriye ku kibuga cy’indege turi kumwe ubu. Navuga ko ikiri kutugora ari umuyaga ukonje n’imbeho nyinshi ariko ni byiza ko tubonye iminsi yo kubyimenyereza kuko muri Maroc ahazabera CHAN hahuje ikirere n’aha turi.”

Uyu munyezamu ufite inararibonye yakomeje avuga ko bishimiye kuba nta mvune bafite mu ikipe kandi ngo biteguye neza umukino wa gicuti bafitanye na Sudan kuwa gatanu tariki 5 Mutarama 2018. Azakurikizaho guhangana na Algeria bya gicuti tariki 10 Mutarama mbere y’umunsi umwe ngo bajye muri Maroc.

Amavubi y’u Rwanda acumbikiwe muri El Kantaoui Club Hotel iri gukora imyitozo inshuro ebyiri ku munsi ku kibuga cy’imyitozo cy’iyo Hotel.

Abakinnyi bari muri Tunisia na numero bambara:
Abanyezamu:
 Ndayishimiye Eric (1), Nzarora Marcel (18), Kimenyi Yves (23)

Ba myugariro: Usengimana Faustin (15), Manzi Thierry (17), Kayumba Soter (22), Rutanga Eric (20), Iradukunda Eric (14), Fitina Omborenga (13), Ndayishimiye Celestin (3), Rugwiro Herve (16), Mbogo Ally(21),

Abakinnyi bo hagati: Mukunzi Yannick (6), Bizimana Djihad (4), Nshimiyimana Amran (5), Niyonzima Ally (8), Imanishimwe Djabel (2), Hakizimana Muhadjiri (10), Nshuti Savio Dominique (11)

Ba rutahizamu: Nshuti Innocent (19), Mico Justin (12), Biramahire Abeddy (7) na Mubumbyi Barnabe (9).

Abayoboye ikipe: Mashami Vincent (Assistant Coach), Higiro Thomas (Goalkeeper’s coach), Hakizimana Moussa (Physiotherapist), Rutamu Patrick (Physiotherapist), Nshimiyimana Protogene (Team Doctor), Kamanzi Emery (Team Manager), Baziki Pierre (Kit Manager) na Mugabe Bonnie (Team Media Officer)

Umukinnyi rukumbi wa Kiyovu sports Mbogo Ally uri mu Amavubi

Umukinnyi rukumbi wa Kiyovu sports Mbogo Ally uri mu Amavubi

Nzarora Marcel afata amafunguro

Nzarora Marcel afata amafunguro

Faustin Usengimana si inshuro ya mbere ageze aha

Faustin Usengimana si inshuro ya mbere ageze aha

Yves Kimenyi yahiriwe n'uyu mwaka w'imikino

Yves Kimenyi yahiriwe n’uyu mwaka w’imikino

 

 

 

Nshuti Innocent niwe mukinnyi muto Amavubi azakoresha muri CHAN2018

Nshuti Innocent niwe mukinnyi muto Amavubi azakoresha muri CHAN2018

No muri Hotel imbere bisaba kwifubika cyane

No muri Hotel imbere bisaba kwifubika cyane

Ndayishimiye Eric Bakame ngo imbeho n'umuyaga nibyo bari kwimenyereza

Ndayishimiye Eric Bakame ngo imbeho n’umuyaga nibyo bari kwimenyereza

Kapiteni wungirije w'Amavubi Bizimana Djihad aritegura gukina CHAN ku nshuro ya kabiri

Kapiteni wungirije w’Amavubi Bizimana Djihad aritegura gukina CHAN ku nshuro ya kabiri

Imran Nshimiyimana kuri Hotel mbere yo kujya mu myitozo ya nyuma ya saa sita

Imran Nshimiyimana kuri Hotel mbere yo kujya mu myitozo ya nyuma ya saa sita

El Kantaoui Club Hotel niho Amavubi acumbitse

El Kantaoui Club Hotel niho Amavubi acumbitse

Photo: Umuseke

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Nov 2024
Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2023
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma
HIRYA NO HINO

RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma

Ubwanditsi 12 Jan 2020
Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)
SHOWBIZ

Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 03 Mar 2018
U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo
INKURU NYAMUKURU

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

Ubwanditsi 14 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru