• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Ubwanditsi 04 Jan 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo muri Tunisia yitegura imikino ya gicuti ibanziriza CHAN2018. Abakinnyi bahanganye n’umuyaga mwinshi ukonje ariko ngo ni byiza kwimenyereza ikirere kare.

Abantu 31 barimo abakinnyi 23 abatoza batatu; Antoine Hey, Mashami Vincent na Higiro Thomas n’abandi bagize delegation bagize Amavubi batangiye umwiherero w’iminsi icumi mu mujyi wa Sousse wo muri Tunisia. Bageze muri uyu mujyi ejo hashize saa 18h. Bakoze imyitozo mu gitondo cy’uyu munsi.

Inkuru dukesha  Umuseke  mu kiganiro  na kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame,  yagize ati :abakinnyi n’umutoza wabo biteguye neza umukino wa mbere wa gicuti bazahuramo na ‘Falcons of Jediane’ za Sudan.

“Urugendo rwari rurerure ariko twahageze amahoro twanakoze imyitozo ya mbere. Umutoza wacu tutari twahagurukanye (Antoine Hey) twahuriye ku kibuga cy’indege turi kumwe ubu. Navuga ko ikiri kutugora ari umuyaga ukonje n’imbeho nyinshi ariko ni byiza ko tubonye iminsi yo kubyimenyereza kuko muri Maroc ahazabera CHAN hahuje ikirere n’aha turi.”

Uyu munyezamu ufite inararibonye yakomeje avuga ko bishimiye kuba nta mvune bafite mu ikipe kandi ngo biteguye neza umukino wa gicuti bafitanye na Sudan kuwa gatanu tariki 5 Mutarama 2018. Azakurikizaho guhangana na Algeria bya gicuti tariki 10 Mutarama mbere y’umunsi umwe ngo bajye muri Maroc.

Amavubi y’u Rwanda acumbikiwe muri El Kantaoui Club Hotel iri gukora imyitozo inshuro ebyiri ku munsi ku kibuga cy’imyitozo cy’iyo Hotel.

Abakinnyi bari muri Tunisia na numero bambara:
Abanyezamu:
 Ndayishimiye Eric (1), Nzarora Marcel (18), Kimenyi Yves (23)

Ba myugariro: Usengimana Faustin (15), Manzi Thierry (17), Kayumba Soter (22), Rutanga Eric (20), Iradukunda Eric (14), Fitina Omborenga (13), Ndayishimiye Celestin (3), Rugwiro Herve (16), Mbogo Ally(21),

Abakinnyi bo hagati: Mukunzi Yannick (6), Bizimana Djihad (4), Nshimiyimana Amran (5), Niyonzima Ally (8), Imanishimwe Djabel (2), Hakizimana Muhadjiri (10), Nshuti Savio Dominique (11)

Ba rutahizamu: Nshuti Innocent (19), Mico Justin (12), Biramahire Abeddy (7) na Mubumbyi Barnabe (9).

Abayoboye ikipe: Mashami Vincent (Assistant Coach), Higiro Thomas (Goalkeeper’s coach), Hakizimana Moussa (Physiotherapist), Rutamu Patrick (Physiotherapist), Nshimiyimana Protogene (Team Doctor), Kamanzi Emery (Team Manager), Baziki Pierre (Kit Manager) na Mugabe Bonnie (Team Media Officer)

Umukinnyi rukumbi wa Kiyovu sports Mbogo Ally uri mu Amavubi

Umukinnyi rukumbi wa Kiyovu sports Mbogo Ally uri mu Amavubi

Nzarora Marcel afata amafunguro

Nzarora Marcel afata amafunguro

Faustin Usengimana si inshuro ya mbere ageze aha

Faustin Usengimana si inshuro ya mbere ageze aha

Yves Kimenyi yahiriwe n'uyu mwaka w'imikino

Yves Kimenyi yahiriwe n’uyu mwaka w’imikino

 

 

 

Nshuti Innocent niwe mukinnyi muto Amavubi azakoresha muri CHAN2018

Nshuti Innocent niwe mukinnyi muto Amavubi azakoresha muri CHAN2018

No muri Hotel imbere bisaba kwifubika cyane

No muri Hotel imbere bisaba kwifubika cyane

Ndayishimiye Eric Bakame ngo imbeho n'umuyaga nibyo bari kwimenyereza

Ndayishimiye Eric Bakame ngo imbeho n’umuyaga nibyo bari kwimenyereza

Kapiteni wungirije w'Amavubi Bizimana Djihad aritegura gukina CHAN ku nshuro ya kabiri

Kapiteni wungirije w’Amavubi Bizimana Djihad aritegura gukina CHAN ku nshuro ya kabiri

Imran Nshimiyimana kuri Hotel mbere yo kujya mu myitozo ya nyuma ya saa sita

Imran Nshimiyimana kuri Hotel mbere yo kujya mu myitozo ya nyuma ya saa sita

El Kantaoui Club Hotel niho Amavubi acumbitse

El Kantaoui Club Hotel niho Amavubi acumbitse

Photo: Umuseke

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65

Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65

Ubwanditsi 27 May 2023
Myugariro w’Amavubi, Bayisenge Emery yaguzwe na USM Alger izakina na Rayon Sports

Myugariro w’Amavubi, Bayisenge Emery yaguzwe na USM Alger izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 05 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa
INKURU NYAMUKURU

Nta munyarwanda wemerewe kwambuka umupaka ngo ajye muri Uganda abafungiyeyo bakorerwa iyicarubozo batarafungurwa

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.
HIRYA NO HINO

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 30 May 2019
Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015
Mu Mahanga

Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Ubwanditsi 08 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru