• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede   |   27 Jan 2023

  • Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko   |   26 Jan 2023

  • Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.   |   26 Jan 2023

  • Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball   |   26 Jan 2023

  • Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.   |   25 Jan 2023

  • Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri   |   25 Jan 2023

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Editorial 04 Jan 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo muri Tunisia yitegura imikino ya gicuti ibanziriza CHAN2018. Abakinnyi bahanganye n’umuyaga mwinshi ukonje ariko ngo ni byiza kwimenyereza ikirere kare.

Abantu 31 barimo abakinnyi 23 abatoza batatu; Antoine Hey, Mashami Vincent na Higiro Thomas n’abandi bagize delegation bagize Amavubi batangiye umwiherero w’iminsi icumi mu mujyi wa Sousse wo muri Tunisia. Bageze muri uyu mujyi ejo hashize saa 18h. Bakoze imyitozo mu gitondo cy’uyu munsi.

Inkuru dukesha  Umuseke  mu kiganiro  na kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame,  yagize ati :abakinnyi n’umutoza wabo biteguye neza umukino wa mbere wa gicuti bazahuramo na ‘Falcons of Jediane’ za Sudan.

“Urugendo rwari rurerure ariko twahageze amahoro twanakoze imyitozo ya mbere. Umutoza wacu tutari twahagurukanye (Antoine Hey) twahuriye ku kibuga cy’indege turi kumwe ubu. Navuga ko ikiri kutugora ari umuyaga ukonje n’imbeho nyinshi ariko ni byiza ko tubonye iminsi yo kubyimenyereza kuko muri Maroc ahazabera CHAN hahuje ikirere n’aha turi.”

Uyu munyezamu ufite inararibonye yakomeje avuga ko bishimiye kuba nta mvune bafite mu ikipe kandi ngo biteguye neza umukino wa gicuti bafitanye na Sudan kuwa gatanu tariki 5 Mutarama 2018. Azakurikizaho guhangana na Algeria bya gicuti tariki 10 Mutarama mbere y’umunsi umwe ngo bajye muri Maroc.

Amavubi y’u Rwanda acumbikiwe muri El Kantaoui Club Hotel iri gukora imyitozo inshuro ebyiri ku munsi ku kibuga cy’imyitozo cy’iyo Hotel.

Abakinnyi bari muri Tunisia na numero bambara:
Abanyezamu:
 Ndayishimiye Eric (1), Nzarora Marcel (18), Kimenyi Yves (23)

Ba myugariro: Usengimana Faustin (15), Manzi Thierry (17), Kayumba Soter (22), Rutanga Eric (20), Iradukunda Eric (14), Fitina Omborenga (13), Ndayishimiye Celestin (3), Rugwiro Herve (16), Mbogo Ally(21),

Abakinnyi bo hagati: Mukunzi Yannick (6), Bizimana Djihad (4), Nshimiyimana Amran (5), Niyonzima Ally (8), Imanishimwe Djabel (2), Hakizimana Muhadjiri (10), Nshuti Savio Dominique (11)

Ba rutahizamu: Nshuti Innocent (19), Mico Justin (12), Biramahire Abeddy (7) na Mubumbyi Barnabe (9).

Abayoboye ikipe: Mashami Vincent (Assistant Coach), Higiro Thomas (Goalkeeper’s coach), Hakizimana Moussa (Physiotherapist), Rutamu Patrick (Physiotherapist), Nshimiyimana Protogene (Team Doctor), Kamanzi Emery (Team Manager), Baziki Pierre (Kit Manager) na Mugabe Bonnie (Team Media Officer)

Umukinnyi rukumbi wa Kiyovu sports Mbogo Ally uri mu Amavubi

Umukinnyi rukumbi wa Kiyovu sports Mbogo Ally uri mu Amavubi

Nzarora Marcel afata amafunguro

Nzarora Marcel afata amafunguro

Faustin Usengimana si inshuro ya mbere ageze aha

Faustin Usengimana si inshuro ya mbere ageze aha

Yves Kimenyi yahiriwe n'uyu mwaka w'imikino

Yves Kimenyi yahiriwe n’uyu mwaka w’imikino

 

 

 

Nshuti Innocent niwe mukinnyi muto Amavubi azakoresha muri CHAN2018

Nshuti Innocent niwe mukinnyi muto Amavubi azakoresha muri CHAN2018

No muri Hotel imbere bisaba kwifubika cyane

No muri Hotel imbere bisaba kwifubika cyane

Ndayishimiye Eric Bakame ngo imbeho n'umuyaga nibyo bari kwimenyereza

Ndayishimiye Eric Bakame ngo imbeho n’umuyaga nibyo bari kwimenyereza

Kapiteni wungirije w'Amavubi Bizimana Djihad aritegura gukina CHAN ku nshuro ya kabiri

Kapiteni wungirije w’Amavubi Bizimana Djihad aritegura gukina CHAN ku nshuro ya kabiri

Imran Nshimiyimana kuri Hotel mbere yo kujya mu myitozo ya nyuma ya saa sita

Imran Nshimiyimana kuri Hotel mbere yo kujya mu myitozo ya nyuma ya saa sita

El Kantaoui Club Hotel niho Amavubi acumbitse

El Kantaoui Club Hotel niho Amavubi acumbitse

Photo: Umuseke

2018-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu

AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu

Editorial 09 Mar 2021
Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Editorial 14 May 2021
Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Editorial 18 Jul 2021
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Editorial 26 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

27 Dec 2022
Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

15 Dec 2022
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

23 Nov 2022
Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

23 Sep 2022
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

07 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022
Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

20 Sep 2022
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

07 Sep 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru