• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi
P

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Editorial 18 May 2018 UBUKUNGU

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yavuze ko biyemeje gufasha u Rwanda guteza imbere uburezi n’ubuhinzi nka zimwe mu nkingi zizafasha igihugu kugera kuri gahunda y’iterambere y’imyaka irindwi.

Ambasaderi Vrooman yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, nyuma y’ikiganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard.

Ibiganiro byabo byibanze ku gufasha u Rwanda gushyira mu bikorwa gahunda y’igihugu y’imyaka irindwi igamie impinduka (National Strategy for Transformation) yatangiye umwaka ushize.

Amb. Vrooman yavuze ko igihugu cye cyifuje guteza imbere ubuhinzi nk’urwego rw’ubukungu rufatiye runini Abanyarwanda benshi.

Yagize ati “Vuba aha twatangije umushinga witwa ‘Hinga Weze’ ufasha abahinzi mu turere dutandukanye tw’igihugu, tubafasha kwibanda ku bihingwa runaka leta yashyize imbere kugira ngo abaturage babashe kweza.”

Yakomeje agira ati “Kuba abagera ku 70 % by’Abanyarwanda bari mu buhinzi , bivuze ko ari urwego rw’ingenzi, akaba ariyo mpamvu Leta yarwitayeho ngo rufashe mu kwihaza imbere mu gihugu ndetse no kohereza hanze.”

Uwo mushinga w’imyaka itanu washowemo miliyari 28 Frw , ukazafasha abahinzi basaga ibihumbi 200.

Vrooman yavuze ko Amerika yaniyemeje gufasha abana b’u Rwanda kumenya kwandika no gusoma nk’imwe mu nzira yo kumenya andi masomo bigishwa.

Ati “Turi gufasha miliyoni nyinshi z’abana ku Isi kumenya gusoma. Intego yacu ni ugufasha Minisiteri y’uburezi mu burezi bw’ibanze tubaha ibikoresho byakwifashishwa kugira ngo abana bige ururimi rwabo kavukire n’izindi. Ubushobozi bw’umwana mu rurimi no kurusoma ni iby’ingenzi cyane ku gihugu gishaka iterambere rishingiye ku bumenyi.”

Mu bijyanye n’Iterambere, Amerika ifasha u Rwanda mu ngeri z’ubukungu, ubuhinzi, uburezi, ubuzima n’imiyoborere ishingiye kuri demokarasi.

Buri mwaka, USA iha u Rwanda inkunga igera kuri miliyoni 107 z’amadolari (asaga miliyari 93 Frw) zigamije ibikorwa by’iterambere binyuze mu Kigo cy’Abanyamerika cyita ku Iterambere (USAID).

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Editorial 13 Dec 2019
BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Editorial 24 Apr 2018
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Editorial 04 Apr 2018
Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Editorial 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri
INKURU NYAMUKURU

Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Editorial 01 Aug 2019
Isomo  kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!
HIRYA NO HINO

Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Editorial 11 May 2017
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi
Amakuru

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Editorial 19 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru