• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Mu butumwa bwe, Umunyamabanga wa Leta w’agateganyo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, John J. Sullivan, nta na hamwe hagaragara ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’iryo jambo ubwaryo ntaho rigaragara

Amerika yinangiye ku guhindura inyito kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Editorial 09 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zanze gukoresha inyito igaragaza neza ko Jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994 yakorewe Abatutsi, nk’uko biheruka kwemezwa mu mwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye ariko icyo gihugu ntikibyishimire.

Mu butumwa icyo gihugu cyashyize ahagaragara ku wa 7 Mata, umunsi byemejwe ko ari Umunsi Mpuzamahanga wo Kuzirikana kuri Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoresheje imvugo iheruka guhindurwa, bandika ubutumwa bavuga ko bugenewe umunsi wo “Kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yo mu 1994 mu Rwanda”.

Mu butumwa bw’amagambo 180 Umunyamabanga wa Leta w’agateganyo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, John J. Sullivan yanditse, nta na hamwe hagaragara ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’iryo jambo ubwaryo ntaho rigaragara.

Yagize ati “Uyu munsi twifatanyije n’abaturage b’u Rwanda mu kwibuka jenoside yo mu 1994, abantu basaga 800,000 barimo abagabo, abagore n’abana biciwemo urw’agashinyaguro. Mu mwanya nk’uyu, turibuka ababuze ubuzima bwabo tunaha icyubahiro umuhate w’abemeye gushyira ubuzima bwabo mu kaga ngo barokore abandi.”

Nyamara ku wa 23 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yafashe umwanzuro ko tariki ya 7 Mata, uzaba “Umunsi Mpuzamahanga wo Kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda”, hahindurwa inyito y“Umunsi Mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yo mu 1994 mu Rwanda” yari yarashyizweho n’umwanzuro 58/234 wo ku wa 23 Ukuboza 2003 bigatangira gukoreshwa mu 2004.

Ubwo uwo mwanzuro wemezwaga, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, byashatse kuwubangamira, bavuga ko kongeramo ijambo “yakorewe abatutsi”, bidatanga umwanya wo kwibuka abantu bose bishwe muri icyo gihe.

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza, yavuze ko mu nyito yari isanzwe hongewemo ko ari Jenoside “yakorewe Abatutsi”, kugira ngo bikureho urujijo.

Yakomeje agira ati “Kugaragaza ibyabaye n’amagambo akoreshwa ni ingenzi cyane igihe havugwa kuri jenoside. Amayeri yo guhakana no gupfobya Jenoside arazwi neza. Abantu barimo n’abayigizemo uruhare bakunze kuvuga ko habayeho Jenoside ebyiri bibwira ko kuvuga ibyo byabakuraho uruhare bayigizemo.”

Iyo ngingo yatinzweho cyane bitewe n’uko muri uko kwibuka Jenoside, hari abavugaga ko kongeraho ko yakorewe Abatutsi byatuma hatazirikanwa abandi batari Abatutsi ariko bishwe mu gihe Jenoside yakorwaga, bazizwa ko batari bashyigikiye uwo mugambi mubisha.

Amerika n’u Burayi barifashe

Mbere y’uko uyu mwanzuro utorwa, Rugwabiza yahamije ko ibihugu byinshi bya Afurika byemeye kwifatanya n’u Rwanda, uhereye kuri Algeria, Benin, Botswana, Burkina Faso, Repubulika ya Centrafrique, Tchad, Congo, Djibouti, Guinée équatoriale, Eritrea, Ethiopia na Gabon.

Harimo kandi Gambia, Ghana, Guinea, Israel, Kenya, Lesotho, Liberia, Madagascar, Mali, Mauritania, Mauritius, Monaco, Maroc, Namibia, Niger, Nigeria, Philippines, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Sudani, Swaziland, Togo, Turikiya, Uganda na Vietnam.

N’ubwo bitabujije ko uyu mwanzuro utorwa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizishimiye ko umwanzuro wo mu 2003 uhindurwa, mu gihe u Rwanda rwashimangiraga ko uretse umutwe n’igika cya mbere, nta kindi kirahinduka.

Amakuru yagiye hanze ni uko mu batoye uwo mwanzuro hatarimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu by’i Burayi, ahubwo Israel yakunze kenshi kwifatanya na Amerika yashyigikiye ubusabe bw’u Rwanda.

Kelley Eckels-Currie wari uhagarariye Amerika, yagaragaje ko guhindura inyito “bitagaragaza neza uburemere bwa Jenoside n’ubugizi bwa nabi bwakorewe andi moko”.

Yakomeje agira ati “Ntabwo turitambika igikorwa cyo guhindura umutwe w’uyu mwanzuro. Ariko twizera ko ari ngombwa kumva uburyo tubonamo ibintu birebana na Jenoside butigeze bugabanuka ndetse tuzakomeza kwibuka abayiburiyemo ubuzima.”

Eric Chaboureau wari uhagararariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi nawe yavuze ko bibabaje kuba hatarabayeho ibiganiro mbere kuri iyo ngingo.

Gusa Anatolio Ndong Mba wo muri Guinée équatoriale wavuze mu izina rya bagenzi be b’Abanyafurika, yaburiye aba bayobozi ko igihe cyose Isi itaravana isomo mu byabaye mu Rwanda, bitazashoboka ko hizerwa ko nta kindi gihugu kizahura n’ibyago nk’ibyo u Rwanda rwagize.

Yavuze ko hakenewe kwamagana ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi haba mu mategeko nk’uko bimwe mu bihugu bibikora, cyangwa mu myanzuro ifatwa mu Muryango w’Abibumbye.

Yagize ati “Abayigizemo uruhare baracyidegembya mu Burayi na Amerika ya Ruguru. Mu kurandura umuco wo kudahana hakaboneka ubwiyunge nyakuri, bagomba kugezwa imbere y’ubutabera.”

2018-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Editorial 25 Feb 2019
Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Editorial 11 Dec 2018
Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Editorial 08 Apr 2020
Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Editorial 10 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa Polisi muNtara y’Iburengerazuba yakanguriye abaturage gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi muNtara y’Iburengerazuba yakanguriye abaturage gukumira ibyaha

Editorial 21 Feb 2017
CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga
Amakuru

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Editorial 14 Jun 2024
APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4
Amakuru

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

Editorial 24 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru