• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Editorial 22 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Guardian cyo mu Bwongereza, hashingiwe ku buhamya bw’abakozi ba Amnesty International ndetse n’ibindi bimenyetso byakusanyijwe hirya no hino ku isi, kiragaragaza uwo ”Muryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu” nk’urugero rubabaje rw’imiryango ahubwo ihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu, cyane cyane abakomoka mu bwoko bw’abirabura.

Ibi ngo bigaragarira mu byegeranyo Amnesty International isohora, aho yibasira cyane cyane ibihugu byo muri Afrika, nyamara ikarenza ingohe amarorerwa akorwa n’ibihugu by’iBurayi na Amerika, haba imbere muri ibyo bihugu, haba n’ibyo bikorera ku yindi migabane.

Ibi rero ngo bishingira ku muco Amnesty International yimakaje wo kwanga urunuka abirabura, no gutonesha bikabije abafite uruhu rwera, ni ukuvuga abazungu. Ibi birahura neza n’ibyagiye bivugwa n’abandi bashakashatsi ndetse n’abayobozi bakomeye ku isi, banenga cyane Amnesty interanational kubera bogama, igashinja ibinyoma ibihugu bikennye, bizira gusa ko bituwe ahanini n’abirabura.

Abakozi ba Amnesty International n’abahoze ari bo, banabwiye The Guardian ko abirabura bakorera uwo Muryango bapyinagazwa cyane haba mu guhembwa haba no kuzamurwa mu ntera. Abirabura kandi ngo usanga nta jambo bahabwa ku byereranyo Amnesty International itegura, kandi ahanini aribo boherezwa aho rukomeye nko mu bice by’isi birimo intambara, n’ahandi baba bashobora gusiga ubuzima. Umwuka mubi uranga Amnesty Interantional, cyane cyane ishami ryayo ryo mu Bwongereza, watumye mu mwaka wa 2019 abakozi 2 b’abirabura biyahura, abandi barahungabana bikomeye. Abagerageje kwamagana iyi mikorere ngo bagiye birukanwa, bagasimbuzwa abazungu, kenshi ngo batanarusha ubushobozi n’uburambere abirabura birukanwa by’amaherere.
Ikindi The Guardian yagarutseho ni ruswa yakunze kuvugwa mu miryango mpuzamahanga nka Amnesty Interational na Human Rights Watch, aho abatangabuhamya bashinje iyi miryango kwakira igiturire, haba mu gutanga akazi, haba no mu gukora ibyegeranyo ku burenganzira bwa muntu.

Amakuru yahawe The Guardian ngo ahamya ko ibihugu bikize, uretse ko binatoneshwa kubera ko bituwe n’ab’uruhu rwera, ngo binatanga inyoroshyo, kugiranyo iyi miryango ikingire ikibaba ubwicanyi, iyicarubozo, ivanguramoko, ubugizi bwa nabi bushingiye ku madini, ibyo bihugu bikungahaye ku isi bikora. Icyakora ngo hari n’amarangamutima iyi miryango igenderaho,(nabyo bifatwa nka ruswa), aho usanga bikoma ubwoko runaka cyangwa ubuyobozi bw’igihugu runaka, maze iyo miryango ikabaharabika, igamije gusa kwangiza isura yabo.

Impuguke zakomeye kurega iyi miryango kwirengagiza ukuri, ahubwo bigashinja ibinyoma ibihugu bigerageza kurwanira agaciro kabyo.Urugero ni amahano ibihugu bikize bikorera Abinyafrika n’Abanyaziya bajya gushakira imibereho i Burayi, bakarohwa mu nyaja ya Mediterane.

Ubwicanyi bamwe mu Banyaburayi n’Abanyamerika bakora muri Libiya, Afghanistani, Irak, Iran, Syria n’ahandi henshi hitwajwe kurwanya iterabwoba, maze abana n’abagore bakicwa ku bwinshi. Ibyo byose Amnesty International na Human Rights Watch bibirenza amaso cyangwa bikabikomozaho bya nyirarureshwa, nyamara byagera ku ifatwa ry’abagizi ba nabi nka Paul Rusesabagina bigasya bitanzitse, biziza uRwanda guharanira ubutabera n’umutekano warwo.

Mu by’ukuri rero Amnesty Interational na Human Rights Watch bisigaye bifatwa nk’igikangisho cya politiki, cyangwa uburyo bushya bwo gukoloniza ibihugu bikennye, cyane cyane ibyo muri Afrika, Aziya na Amerika y’ Amajyepfo. Nyamara nk’uko byakomeje gugaragazwa bikanashimangirwa na The Guardian, iyi miryango ntikwiye gutanga amasomo y’uburenganzira bwa muntu, kuko natwe utanga icyo adafite. Mbere yo gutokora ijisho ry’abandi ijye ibanza irebe umugogo uri mu ryayo.
URwanda ni kimwe mu bihugu iyi miryango yibasira,ariko amateshwa yayo amaze kuba indirimbo ya buri munsi itagira inyikirizo.

U Rwanda n’Ubuyobozi bwarwo rwahisemo gukora ibyiza ku nyungu rusange z’Abanyarwanda, rutagamije gushimisha cyangwa kubabaza Amnesty Interantional na Human Rights Watch n’abandi basa nabyo.

2021-04-22
Editorial

IZINDI NKURU

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Editorial 11 Jun 2018
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Editorial 23 Nov 2021
Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Editorial 13 Jul 2018
Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Editorial 30 Aug 2025
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Editorial 11 Jun 2018
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Editorial 23 Nov 2021
Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Ingabo ntizitorezwa gushoza intambara – Perezida Kagame

Editorial 13 Jul 2018
Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu gihe cy’Imyaka ine iri imbere

Editorial 30 Aug 2025
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Editorial 11 Jun 2018
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Editorial 23 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19
Amakuru

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Editorial 13 Jul 2021
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Editorial 09 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Editorial 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru