• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Editorial 22 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Guardian cyo mu Bwongereza, hashingiwe ku buhamya bw’abakozi ba Amnesty International ndetse n’ibindi bimenyetso byakusanyijwe hirya no hino ku isi, kiragaragaza uwo ”Muryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu” nk’urugero rubabaje rw’imiryango ahubwo ihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu, cyane cyane abakomoka mu bwoko bw’abirabura.

Ibi ngo bigaragarira mu byegeranyo Amnesty International isohora, aho yibasira cyane cyane ibihugu byo muri Afrika, nyamara ikarenza ingohe amarorerwa akorwa n’ibihugu by’iBurayi na Amerika, haba imbere muri ibyo bihugu, haba n’ibyo bikorera ku yindi migabane.

Ibi rero ngo bishingira ku muco Amnesty International yimakaje wo kwanga urunuka abirabura, no gutonesha bikabije abafite uruhu rwera, ni ukuvuga abazungu. Ibi birahura neza n’ibyagiye bivugwa n’abandi bashakashatsi ndetse n’abayobozi bakomeye ku isi, banenga cyane Amnesty interanational kubera bogama, igashinja ibinyoma ibihugu bikennye, bizira gusa ko bituwe ahanini n’abirabura.

Abakozi ba Amnesty International n’abahoze ari bo, banabwiye The Guardian ko abirabura bakorera uwo Muryango bapyinagazwa cyane haba mu guhembwa haba no kuzamurwa mu ntera. Abirabura kandi ngo usanga nta jambo bahabwa ku byereranyo Amnesty International itegura, kandi ahanini aribo boherezwa aho rukomeye nko mu bice by’isi birimo intambara, n’ahandi baba bashobora gusiga ubuzima. Umwuka mubi uranga Amnesty Interantional, cyane cyane ishami ryayo ryo mu Bwongereza, watumye mu mwaka wa 2019 abakozi 2 b’abirabura biyahura, abandi barahungabana bikomeye. Abagerageje kwamagana iyi mikorere ngo bagiye birukanwa, bagasimbuzwa abazungu, kenshi ngo batanarusha ubushobozi n’uburambere abirabura birukanwa by’amaherere.
Ikindi The Guardian yagarutseho ni ruswa yakunze kuvugwa mu miryango mpuzamahanga nka Amnesty Interational na Human Rights Watch, aho abatangabuhamya bashinje iyi miryango kwakira igiturire, haba mu gutanga akazi, haba no mu gukora ibyegeranyo ku burenganzira bwa muntu.

Amakuru yahawe The Guardian ngo ahamya ko ibihugu bikize, uretse ko binatoneshwa kubera ko bituwe n’ab’uruhu rwera, ngo binatanga inyoroshyo, kugiranyo iyi miryango ikingire ikibaba ubwicanyi, iyicarubozo, ivanguramoko, ubugizi bwa nabi bushingiye ku madini, ibyo bihugu bikungahaye ku isi bikora. Icyakora ngo hari n’amarangamutima iyi miryango igenderaho,(nabyo bifatwa nka ruswa), aho usanga bikoma ubwoko runaka cyangwa ubuyobozi bw’igihugu runaka, maze iyo miryango ikabaharabika, igamije gusa kwangiza isura yabo.

Impuguke zakomeye kurega iyi miryango kwirengagiza ukuri, ahubwo bigashinja ibinyoma ibihugu bigerageza kurwanira agaciro kabyo.Urugero ni amahano ibihugu bikize bikorera Abinyafrika n’Abanyaziya bajya gushakira imibereho i Burayi, bakarohwa mu nyaja ya Mediterane.

Ubwicanyi bamwe mu Banyaburayi n’Abanyamerika bakora muri Libiya, Afghanistani, Irak, Iran, Syria n’ahandi henshi hitwajwe kurwanya iterabwoba, maze abana n’abagore bakicwa ku bwinshi. Ibyo byose Amnesty International na Human Rights Watch bibirenza amaso cyangwa bikabikomozaho bya nyirarureshwa, nyamara byagera ku ifatwa ry’abagizi ba nabi nka Paul Rusesabagina bigasya bitanzitse, biziza uRwanda guharanira ubutabera n’umutekano warwo.

Mu by’ukuri rero Amnesty Interational na Human Rights Watch bisigaye bifatwa nk’igikangisho cya politiki, cyangwa uburyo bushya bwo gukoloniza ibihugu bikennye, cyane cyane ibyo muri Afrika, Aziya na Amerika y’ Amajyepfo. Nyamara nk’uko byakomeje gugaragazwa bikanashimangirwa na The Guardian, iyi miryango ntikwiye gutanga amasomo y’uburenganzira bwa muntu, kuko natwe utanga icyo adafite. Mbere yo gutokora ijisho ry’abandi ijye ibanza irebe umugogo uri mu ryayo.
URwanda ni kimwe mu bihugu iyi miryango yibasira,ariko amateshwa yayo amaze kuba indirimbo ya buri munsi itagira inyikirizo.

U Rwanda n’Ubuyobozi bwarwo rwahisemo gukora ibyiza ku nyungu rusange z’Abanyarwanda, rutagamije gushimisha cyangwa kubabaza Amnesty Interantional na Human Rights Watch n’abandi basa nabyo.

2021-04-22
Editorial

IZINDI NKURU

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Editorial 03 Dec 2021
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Editorial 26 Jun 2019
Ab ‘Avoka  b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi  zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Ab ‘Avoka b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Editorial 27 Dec 2017
APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Editorial 24 Aug 2023
Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Editorial 03 Dec 2021
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Editorial 26 Jun 2019
Ab ‘Avoka  b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi  zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Ab ‘Avoka b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko

Editorial 27 Dec 2017
APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Editorial 24 Aug 2023
Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Editorial 03 Dec 2021
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Editorial 26 Jun 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru