• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Angola: Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna

Angola: Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna

Editorial 02 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Inama ya kabiri ihuje Abakuru b’ibihugu hagati y’u Rwanda na Uganda yaberega I Luanda muri Angola yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna uhuza ibihugu byombi tariki ya 21 Gashyantare 2020.

Imyanzuro itanu yafatiwemo igaruka ku kurekura abaturage ba buri gihugu bafunzwe ndetse no kubungabunga umutekano wabo mu gihe bari mu gihugu cy’igituranyi.

Umwanzuro wa mbere ugira uti “kurekura abaturage ba buri gihugu bafunzwe bagaragajwe ku rutonde rwahererekanyijwe ku bw’iyi mpamvu.”

Uwa kabiri uvuga ko “Impande zombi zikwiye kwitandukanya n’ibikorwa byose bishobora gutanga ishusho yo gufasha, guha ubufasha bw’amikoro, imyitozo no kwinjira mu gihugu cy’igituranyi kw’imitwe igamije kugihungabanyiriza umutekano.”

Ikindi ni uko impande zombi zikwiye gukomeza kurinda no kubaha uburenganzira bwa muntu bw’abaturage b’ikindi.

Umwanzuro wa kane uvuga ko Komite zashyizweho kugira ngo zige kuri iki kibazo, zakomeza ibikorwa zireba ibijyanye n’iyubahirizwa ry’iyi myanzuro.

Imyanzuro itanu yafatiwe mu nama ya Luanda igaruka ku kurekura abaturage ba buri gihugu bafunzwe ndetse no kubungabunga umutekano wabo mu gihe bari mu gihugu cy’igituranyi.

Indi nama ihuriweho n’izi mpande uko ari enye, ni ukuvuga u Rwanda na Uganda n’abahuza izabera i Gatuna ku mupaka w’ibihugu byombi ku wa 21 Gashyantare 2020.

Museveni yemeye ko azakurikiza ibyemeranijwe munama ya muhuje na Perezida Kagame.  Ni inama yatumije na Joao Laurenco wa Angola afatanyije na Felix Tshisekedi wa DRC. Ku rukuta rwa Twitter rwa Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yanditseho ko yiyemeje kuzakurikiza ibyemeranyijwe mu nama yamuhuje na mugenzi we Paul Kagame yabereye i Luanda muri Angola.

Kuri Tweet ya Perezida Museveni yanditse ati: ” Ndashimira Perezida  Joao Laurenco wateguye iyi nama kandi ndamusezeranya ko Uganda izashyira mu bikorwa ibyemezo byose byayifatiwemo.”

Imwe mu myanzuro yafatiwe munama iheruka yavugaga ko buri gihugu kigomba kwirinda gufasha imitwe irwanya ikindi kandi imfungwa ziri mu kindi gihugu zifunzwe mu buryo budakurikije amategeko zikarekurwa.

Harimo kandi umwanzuro w’uko umupaka uhuza ibihugu byombi wazafungurwa kugira ngo ubuhahirane hagati y’abatuye ibihugu byombi bwongere bukorwe.

Kugeza ubu ntabwo iriya myanzuro hamwe n’iyindi yashyizwe mu bikorwa mu buryo bugaragara, ibi bikaba biri mu byatumye hongera gutumizwa indi nama kugira ngo harebwe uburyo yashyirwa mu bikorwa kurushaho.

Perezida Paul Kagame aherutse kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko u Rwanda rwifuza kubana neza n’igihugu icyo aricyo cyose ariko ko atabwira abaturage be kujya muri Uganda kandi hakiri yo Abanyarwanda benshi bahafungiye mu buryo budakurikije amategeko.

Avuga ko u Rwanda ruzafungura umupaka ari uko rumaze kubona ko abaturage barwo bashobora kujya muri Uganda bakahagirira umutekano usesuye.

2020-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Editorial 19 Aug 2024
Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Editorial 05 May 2025
Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo

Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo

Editorial 22 Feb 2018
Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Twagiramungu yabonye ubuhungiro muri MRCD cyangwa ni uguhungira ubwayi mu kigunda

Editorial 19 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. rwagitima
    February 3, 20208:24 am -

    nkunda umuyobozi wacu HE Paul Kagame,iyo ataba we iriya ndyarya nta wari kuyikira n’uburiganya bwayo,ariko tekereza n’ukuri,uri mu mishyikirano urasaba ko imipaka ifungurwa icyarimwe ufite minister(Mateke)urimo Ku organiza ibitero Ku wo usaba ko afungura iyo mipaka?urumva iyo mikino kweli?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe
Mu Mahanga

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe

Editorial 04 May 2016
Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani

Editorial 01 Apr 2020
Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi
HIRYA NO HINO

Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Editorial 15 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru