• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 06 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa 20 ya shampiyona y’u Rwanda y’ikiciro cya mbere mu bagabo wasize amakipe abiri ariyo APR FC ndetse na Kiyovu SC zigaragaje ko zikeneye igikombe cya shampiyona 2021-2022.

Iyi nyota yo kwegukana iki gikombe kuri aya makipe yombi yagaragaye nyuma yaho ikipe y’ingabo z’igihugu itsindiye Gasogi United ibitego 2-0, ni ibitego byatsinzwe na Mugisha Gilbert ubwo hari ku munota wa 11 na Ishimwe Anicet ku munota wa 90.

Mu wundi mukino ikipe ya Musanze FC yatsindiwe mu rugo na Kiyovu SC ibitego 2-1, ni ibitego byatsinzwe na Mugenzi Bienvenue ku munota wa 7 na Abedi Bigirimana ku munota wa 45 naho ku ruhande rwa Musanze yatsindiwe na Namanda Wafuka ku munota wa 29.

Gutsinda iyi mukino kuri aya makipe yombi byatumye akomeza kunganya amanota 44 mu mikino 20 imaze gukinwa, gusa aba baratandukanywa n’ibitego bazigamye kuko ikipe y’ingabo z’igihugu izigamye ibitego 18 naho Kiyovu SC yo izigamye 15.

Mu yindi mikino yakinwe ikipe ya Bugesera Mu rugo yahatsindiwe ibitego 2 -0 n’ikipe ya Mukura VS yuzuzaga imikino 8 itaratsindwa umukino n’umwe naho Bugesera yo yuzuzaga umukino wa 3 itarabona amanota atatu imbumbe.

Kuri iki cyumweru, ikipe ya Etoile de l’Est irakira ikipe ya Rayon Sports isabwa kongera amanota kugirango ibe yakwizera gutwara igikombe cya Shampiyona nk’uko intego ziyo kipe zimeze.

Undi mukino ni uzahuza ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC, ni umukino uzabera kuri sitade ya Kigali iNyamirambo kuri iki cyumweru, ni umukino ugiye guhuza aya makipe yombi atandukanyijwe n’amanota abiri aho ikipe y’umujyi wa Kigali ifite amanota 31 naho Police FC ifite 29.

Uko imikino y’umunsi wa 20 yakinwe yagenze:
Bugesera FC 0-2 Mukura VS&L
Gicumbi FC 1-1 Gorilla FC
APR FC 2-0 Gasogi utd FC
Rutsiro FC 0-1 Marines FC
Musanze FC 1-2 SC Kiyovu SC

Ku cyumweru, tariki ya 6 Werurwe 2022:
Police FC vs As Kigali (Kigali Stadium, 15h00)
Etoile de l’est FC vs Rayon Sports FC (Ngoma Stadium, 15h00)
Etincelles FC vs Espoir FC (Umuganda Stadium, 15h00)

Abakinnyi ndetse n’abatoza batemerewe kugaragara kuri uyu mukino:
1. NIYOMUGABO CLAUDE (APR FC)
2. BISHIRA LATIF (AS KIGALI)
3. SHYAKA PHILBERT (ESPOIR FC)
4. MANIRAKIZA GERVAIS ASS COACH (ESPOIR FC)
5. UWIRINGIYIMANA CHRISTOPHE (ETINCELLES FC)
6. NKUBABA MARC (GASOGI UNITED)
7. IRADUKUNDA AXEL (GICUMBI FC)
8. NSHIMIYIMANA EMMANUEL (GORILLA FC)
9. MUGIRANEZA FRODOUARD (MARINE FC)
10. KAMANZI ASHRAF (MUKUR VS&L)
11. NKUBITO AMZA (RUTSIRO FC)

2022-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Editorial 23 Dec 2016
Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Editorial 08 Feb 2016
Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Editorial 24 Sep 2023
Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”

Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”

Editorial 07 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.
Amakuru

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Editorial 05 Nov 2020
Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire
Amakuru

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024
Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Editorial 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru