• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru ava muri Australia akomeje guhamya ko muri icyo gihugu hari abajenosideri benshi bidegembya, harimo n’abakatiwe n’inkiko kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abo bagizi ba nabi bibumbiye mu kiswe RAQ, ishyirahamye ry’Abanyarwanda baba ahitwa “Qeensland”. Intego y’iri shyirahamwe ni ugutagatifuza abajenosideri, no guhuma amaso amahanga rihakana rikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nako rikusanya inkunga yo gufasha imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN, RNC n’iyindi.

Ayo makuru yizewe aragaragaza urutonde rw’abagize iryo shyirahamwe, barimo uwitwa Frodouard Rukeshangabo ukomoka mu yahoze ari komini Kigarama muri Kibungo. Uyu ni umwicanyi ruharwa wanakatiwe n’inkiko gacaca igifungo cy’imyaka 30. Yageze aho muri Australia avuye muri Malawi, aho yikangaga ko azafatwa, maze ahitamo kujya aho yibwira ko ari kure y’ubutabera.

Kuri uwo rutonde kandi hariho Amiel Nubaha , uyu akaba umuhungu wa Rukeshangango. Bombi basabitswe n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Abandi bagizi ba nabi batuye muri Ausrtralia ndetse bakomeje gukingirwa ikibaba na bamwe mu bategetsi b’icyo gihugu, twavuga nka:

Pacifique Gakindi.

 Uyu  ni ruharwa wamaze abantu iwabo i Gishyita mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye. Yashinjwe ubwicanyi kenshi haba mu nkiko Gacaca aho akomoka, haba no mu manza z’abajenosideri mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda. Yageze muri Australia avuye muri Zambiya, aho yabanaga n’abandi benshi basize bakoze ishyano mu Rwanda.

Théogene Ngabo.

 Uyu niwe perezida w’ishyirahamwe ry’abajenosideri baba Queensland, akaba ari nawe uhagarariye MRCD-FLN, wa mutwe w’iterabwoba wa Paul Rusesabagina, muri Australia. Ni umwe mu batsembye Abatutsi mu yahoze ari Komini Muvumba, muri Byumba.

Jean Baptiste Nshimiyimana.

 Uyu ni umukangurambaga ukomeye wa RNC, ndetse akaba umwe mu begeranya amafaranga yo gushyigikira ibikorwa bya FLN, atitaye ku kuba iyi mitwe yombi ari iy’iterabwoba.

 Enock Ruhigira.

 Uyu yahoze ari Umuyobozi w’ibiro bya Perezida Yuvenali Habyarimana, birumvikana akaba ummwe mu bacurabwenge ba Jenoside yakorewe Avatutsi. Akomoka mu yahoze ari Komini Bwakira muri Kibuye, akaba umwe mu bakwiza impuha z’uko Abatutsi aribo biyishe ubwabo.

Noheli Zihabamwe n’umugore we Delphina Uwamwiza.

 Ubusanzwe anmazina nyayo ya Zihabamwe ni Noheli Yandamutso. Yavuye mu Rwanda mu mwaka wa 2000, Leta y’uRwanda imwohereje kwiga muri Australia. Arangije amasomo yanze gutaha ngo ntiyaza gukorera”Leta y’Abatutsi”, ndetse ahita anahindura umwirondoro we. Kimwe n’umugore we Uwamwiza, babeshya ko barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ahubwo bakomoka ku bajenosideri. Ni umwe mu bayoboke ba RNC n’indi mitwe y’iterabwoba. Ese guhindura umwirondoro mu buriganya, muri Australia ntacyo bitwaye?

Nelson Muhirwa n’umugore we Yvette.

 Aba bombi batuye ahitwa Perth, aho bageze bavuye mu nkambi z’abajenosideri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo no muri Zambiya. Ni bamwe mu bakwiza ingengabitekerezo ya jenoside, bakaba  mu bahamya ko mu Rwanda habaye jenoside ebyiri.

Mukombozi Robert

Uyu we ni n’umunya Uganda, ariko urwango afitiye uRwanda n’Abanyarwanda, ruturuka ku kuba muw’2008 yarirukanywe mu Rwanda, aho yiyitaga umunyamakuru, kandi ahubwo yari umukwizabinyoma.Ubu ni umurwanashyaka wa FLN, amakuru akavuga ko ari umwe mu bayishakira inkunga hirya no hino nu isi, harimo na Uganda, igihugu cye cy’amavuko.

Urutonde ni rurerure, kandi tuzakomeza kubagezaho abaruriho.

Igihugu cya Austalia ni kimwe mu bikunze gushimwa na ya miryango y’ikinamico,  ivuga ko irengera uburenganzira bwa muntu nka Human Rights Watch na Amnesty International. Ukibaza rero ukuntu “indashyikirwa”mu guharanira uburenganzira bwa muntu ihindukira ikaba igicumbi cy’abajenosideri n’abayoboke b’imitwe y’iterabwoba. Ese iyi Australia yatinyuka gucumbikira Umunazi bizwi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abayahudi?Niba itabitinyuka rero, iri ni rya rondaruhu n’agasuzuguro bikorerwa abirabura, cyane cyane Abanyafrika. Kuba harabaye Jenoside yakorewe Abatutsi ntacyo bivuze imbere y’abategetsi ba Australia, kuko Abatutsi ari ubwoko  bafata nk’udafite agaciro. Ngiyo demokarasi n’uburenganzira bwa muntu bahora batwigisha.

Isoko: Great lakes Eye

2021-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Editorial 04 Nov 2021
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Editorial 09 Jun 2016
Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Polisi ya Uganda iri guhiga bukware umupasiteri ushinjwa gusambanya umwana w’umuhungu mu kibuno

Editorial 06 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi wa mbere  yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere
ITOHOZA

Umunyarwandakazi wa mbere yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Editorial 31 May 2017
Icyegera cya Uhuru Kenyatta mu Rukiko
Mu Rwanda

Icyegera cya Uhuru Kenyatta mu Rukiko

Editorial 28 Apr 2017
Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye
Amakuru

Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye

Editorial 06 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru