• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Editorial 03 May 2024 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Rayon Sports ni imwe mu makipe afite izina rikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda ndetse no mu karere. Ni ibigwi ikomora ku bikombe yatwaye mu myaka hafi 60 imaze ishinzwe, amazina akomeye y’abakinnyi yareze, n’ibindi biyihesha ishema mu ruhando rw’andi makipe.

Iyo rero “Gikundiro”( akabyiniriro yahawe n’inkoramutima zayo) idatwara ibikombe, kandi siyo kipe yonyine inyuzamo ikagira ibihe by’umusaruro muke, bamwe mu bakunzi bayo bashaka uwo begekaho impamvu, aho kwisuzuma ngo barebe niba mu by’ukuri uruhare runini rutarabaye urwabo.

Rayon Sports yazahajwe cyane n’ibihe bya Covid-19, ingaruka zayo ziza ziyongera ku bindi bibazo by’ingutu iyo kipe yari isanganywe, birimo ubukene n’imiyoborere idahwitse.

Ibi si umwihariko wayo gusa, kuko usanga amakipe menshi mu Rwanda abayeho byo kurenza umunsi, ariko byageze kuri Rayon Sports bihumira ku mirari, kuko amikoro ahanini iyakesha abakunzi bayo.

Mu gihe nibura ayandi makipe afite inkunga iva muri Leta, birumvikana ko kuba Covid-19 yarajegeje ubukungu bw’abafashaga Rayon, byayigizeho ingaruka zihariye.

Abasangiye ubusa rero koko bitana ibisambo. Ubukene buturutse ahanini kuri icyo cyorezo bwanakuruye amacakubiri, maze kuva ku bafana kugeza no ku bayobozi barashyamirana hagati yabo, hafi guterana ibyuma. Byasabye ko inzego nkuru z’Igihugu zihagurukira ibibazo bya Rayon Sports, ngo zitabare uwo muryango w’abaturage benshi.

Ni uko Perezida wa Repubulika yashinze Minisitiri w’Imikino gusesengura no gukemura ibibazo bya Rayon Sports, maze, mu gushaka umuti urambye, Minisitiri Aurore Munyangaju nawe yiyambaza Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere, RGB, cyane ko ari narwo rufite mu nshingano imiryango nka Rayon Sports.

Nyuma y’ubusesenguzi bwimbitse, byaje kugaragara ko ikibazo nyamukuru cy’iyi kipe gishingiye ku miyoborere mibi n’amategeko atari akijyanye n’ibihe.

Komisiyo y’abanyamuryango ba Rayon Sports(yari iyobowe na Murenzi Abdallah wigeze no kuba Perezida w’iyi kipe) yashyizweho, ihabwa inshingano zo kuvugurura ayo mategeko, ndetse no gutegura amatora y’ubuyobozi bushya, bwagombaga gusubiza ibintu mu buryo. Uko niko muw’2020 hashyizweho Komite nshya ya Rayon Sports, iyobowe na Perezida Jean-Fidèle UWAYEZU.

Iyi Komite yagombaga guhangana n’uruhuri rw’ibibazo, birimo kunga “abareyo”, kwishyura imyenda ikabakaba miliyari, kugarura ubumwe bw’abareyo, no guca akajagari kari karabaye akarande mu miyoborere ya Rayon Sports.

Nubwo intego zitaragerwaho 100%, abazi neza Rayon Sports yo hambere, bishimira ko ubu iyi kipe ari intangarugero mu gukorera mu mucyo, ndetse byatangiye no gutanga umusaruro, nko kongera umubare w’abafatanyabikorwa (sponsors), guhembera abakozi ku gihe, kwirinda imanza zishingiye ku kwica amategeko, n’ibindi byiza buri wese mu bakunda umupira w’amaguru bashima.

Burya rero hari abantu bagorwa no kwakira vuba impinduramatwara, cyane cyane abumva yarabakuye amata mu kanwa. Ntawe utazi ko hari abatishimiye ko akajagari mu mikoreshereze y’umutungo wa Rayon kacitse( cyangwa kagabanutse), kuko hari abo kagaburiraga.

Nk’uko twabivuze haruguru, amakipe yose siko buri mwaka atwara ibikombe. Hari n’ayo tuzi mu Rwanda no mu mahanga baturusha ibigwi muri ruhago, amaze imyaka itabarika atazi igikombe. Nyamara ntibiba intandaro y’ umwiryane, nk’uwo tubona muri Rayon iyo itabaye iya mbere muri shampiyona, nk’uko biyigendekeye muri iyi myaka 5 ishize.

Aho gushyira mu gaciro ngo barebe impamvu zo kubura ibyo bikombe, zirimo bwa bukene twavuze, ndetse na bamwe mu bakunzi ba Rayon bayitereranye(simvuze abayigambanira), hari abashaka uwo bagerekaho umutwaro, bikababaza kurushaho iyo hagaragayemo n’ababaye mu buyobozi bw’ikipe, kandi bo nibura bagombye kuba bazi ibisabwa ngo wegukane igikombe.

Urugero rwa hafi, ni amagambo uwitwa Saïd HABIYAKARE, wabaye Visi-Perezida wa Rayon Sports, yavugiye mu kiganiro cy’imikino kuri Radiyo FINE FM, kuri uyu wa gatanu tariki 03 Gicurasi 2024, aho yunze mu ry’abavuga ngo” RGB na Minisport bambuye Rayon Sports ba nyirayo”! Bwana Habiyakare yagize ati:” Uko Rayon sports iyobowe ubu n’ibibazo ifite, niko babyifuza, kandi nibabishaka bazabikemura”.

Habiyakare Saïd kandi yongeyeho ko nta kuntu Perezida wa Repubulika yaba atazi neza ikibazo cya Rayon Sports, kandi “aramutse abishatse nta nubwo byamutwara amasegonda 30 ngo agikemure,abonye kibangamiye abaturage. That’s it”.

Ibi bisobanuye ko ubuyobozi butakemuye ibibazo bya Rayon Sports, ahubwo bwayishyize mu maboko mabi, ndetse bukaba bwishimiye ibibazo ifite, kuko “.muri bariya bise ntawe umusonga ubuza gusinzira iyo Rayon Sports yatsinzwe”.

Basomyi ba Rushyashya, hari uguteranya ubuyobozi n’abakunzi batabarika ba Rayon Sports kuruta uku?

Nibyo, Rayon Sports ntiyahiriwe n’uko yari yateguye gahunda cyane cyane muri uyu mwaka w’imikino wa 2023/2024. Impamvu zashakirwa ku kuba yaratakaje abakinnyi benshi bakomeye kandi hagati mu irushanwa. Utaribwa ntamenya kurinda, kandi ndahamya ko Abakunzi n’abayobozi ba Rayon bashobora kuba bahakuye isomo, kuko ingorane zigisha gushaka ibisubizo.

Birashoboka ko Habiyakare Saïd yarenzwe n’amarangamutima, akitwara nk’umufana wifuriza kipe guhora ku isonga.Yewe biranashoboka ko yagize igihunga cya micro akavuga ibyo atateguye, cyane ko ngo yashubije abanyamakuru avuye mu bitotsi. Twese turi abantu, kunyerera ku ijambo ntawe bitabaho.

Ariko se koko, umuntu w’inararibonye nka Saïd Habiyakare wabaye mu nzego z’ubuyobozi, (umusirikari mu Ngabo z’Igihugu, Konseye wa Nyamirambo mu bihe bitanoroshye, Perezida w’ inama y’ubutegetsi ya Banki y’Abaturage ya Nyamirambo twese tuzi uburyo gucunga amafaranga bigorana, …) niwe utazi ko ubuyobozi bw’u Rwanda budashobora kugambirira igikorwa kibangamiye abaturage?

Nka bundi buhe se yumvise Perezida Kagame yamenye igihangayikishije Umunyarwanda akacyirengagiza?

Bwana Habiyakare, tugusabye guca bugufi ugasaba imbabazi abo wateranyije na rubanda, bitaba ibyo, amagambo wavugiye kuri Fine FM tukayafata nk’ihame wemera.

2024-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Editorial 03 May 2021
Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Editorial 28 Nov 2020
Perezida Kagame  akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Perezida Kagame akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Editorial 05 Aug 2017
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Editorial 19 Apr 2021
AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Editorial 03 May 2021
Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Editorial 28 Nov 2020
Perezida Kagame  akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Perezida Kagame akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Editorial 05 Aug 2017
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Editorial 19 Apr 2021
AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Editorial 03 May 2021
Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Editorial 28 Nov 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru