• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Editorial 12 Apr 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Richard Mugenzi wari maneko mu ngabo za Habyarimana avuga ko ku wa 6 Mata 1994, indege ya Perezida Habyarimana imaze kumanurwa, abari abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) n’ingabo z’Ubufaransa zari mu Rwanda bamutegetse gutegura ubutumwa buvuga ko FPR-Inkotanyi imaze guhanura indege y’umukuru w’igihugu.

Mu gihe Ubufaransa bumaze imyaka 25 buhakana uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Macron akaba ateganya gushyiraho komisiyo yiga ku ruhare rw’igihugu cye muri Jenoside, Mugenzi avuga ko guhera mu 1992, ubutasi bwa EX FAR bugiriwe inama n’Ingabo z’ubufaransa, bwahimbaga ubutumwa buharabika Inkotanyi bukabutambutsa buvuga ko ari ubwo bumvise bumviriza Inkotanyi ku byuma byazo by’itumanaho.

Mu kiganiro n’Ikinyamakuru “Libération” cyo mu Bufaransa ku wa 4 Mata u Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 25, Mugenzi agira ati “Byari ngombwa guha Inkotanyi isura mbi mu rwego rwo gusubiza intege mu bugingo ingabo z’u Rwanda byagaragaraga ko zatakaje icyizere.”

Uyu mugabo w’umusivili rukumbi wahawe akazi k’ubumaneko mu gisirikare cya Habyarimana mu 1990 mu Kigo cya Gisirikare cya Butotori mu Majyaruguru y’u Rwanda, avuga ko yari yarashyiriweho kuneka Inkotanyi, avuga ko indege ya Perezida Habyarimana ikimara kumanurwa yasabwe gusohora ubutumwa buvuga ko Inkotanyi zirimo kubyina zishimira intsinzi.

Ati “Ntabwo byari byo, icyari kigamijwe byari ukugira ngo Inkotanyi zishinjwe ko ari zo zayihanuye babone uko batangira gukorera Jenoside Abatutsi.”

Mugenzi avuga ko mu by’ukuri ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari uburyo byo kumuhirika ku butegetsi bwateguwe n’abahezanguni bari mu buyobozi bukuru bwa Guverinoma ye, bakeka ko amaze gusinya amasezerano y’amahoro i Arusha kandi ayo masezerano ngo yarahaga FPR imyanya ingana na ½ mu basirikare bakuru b’u Rwanda mu gihe bifuzaga kubarimbura.

Ajya gutangira akazi yahuguwe n’abasirikare b’Abafaransa

Libération cyabajije mugenzi niba yari aziranye n’abasirikare b’Abafaransa bari mu Rwanda icyo gihe, Mugenzi avuga ko ubwo yajyaga gutangira akazi mu 1990, abasirikare b’Abafaransa ari bo bamuhuguye.

Ati “Ni bo bantoje kandi ni nabo bangiraga inama z’uko noza ibyo nabaga maze kumva ku byuma by’itumanaho by’Inkotanyi. Bazaga buri munsi kutureba tukanasangirira mu ruriro rw’abasikare bakuru (Mess des officiers.)”

Akomeza avuga ko uko yajyaga mu biro by’umuyobozi we, Col Anatole Nsengiyumva, yamusanganaga n’umusirikare w’Umufaransa, ariko ko hagati 1990-1992 imikoranire y’Ingabo z’u Rwanda n’iz’Ubufaransa yasaga n’ikorwa mu bwihisho.

Ati “Babaye nk’abakura agahu ku nnyo mu 1992 kuko icyo gihe batangiye kwinjira mu ntambara ku buryo bweruye, bakajyana na Ex FAR ku rugamba ndetse banafata ibirindiro by’intambara.”

Avuga ko Paul Barril wari umwe mu bajandarume bakomeye mu Bufaransa, na we wari mu Rwanda muri icyo gihe ndetse unashinjwa kuba umwe mu bahanuye ingege ya Habyarimana, yajyaga inshuro nyinshi mu Kigo cya Gisirikare cya Butotori mbere no mu gihe cya Jenoside.

Ati “Hari umukapiteni w’Inshuti yanjye twabanaga i Butotori ni we wamunyeretse ansobanurira ko ashinzwe ibikorwa bya gisirikare bikomeye (opérations spéciales). Abayobozi banjye baramwemeraga cyane.”

Mugenzi avuga ko muri Kanama 1993 bamaze gusinya amasezerano ya Arusha ari abasirikare ba Habyarimana ari n’Abafaransa bose bitotombye bavuga ko “ayo masezerano aha Inkotanyi imyanya ingana na ½ mu gisirikare ari ubugwari” bakabifata nko guhereza igihugu Abongereza, dore ko icyo gihe u Rwanda rwakoranaga byose n’Abafaransa.

Mu gihe Ubufaransa bumaze imyaka 25 buhakana uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Mugenzi avuga ko bimutangaza kuko nta na kimwe Ex FAR yakoze itari kumwe n’Ingabo z’Ubufaransa kuva mu 1990-1994, agatangazwa n’ “impamvu mu Bufaransa hari abantu benshi bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi Jenoside itegurwa n’ubutegetsi.”

Src : KT

2019-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

COVID-19: Abayobozi bakuru bigomwe umushahara wabo wa Mata

COVID-19: Abayobozi bakuru bigomwe umushahara wabo wa Mata

Editorial 06 Apr 2020
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Editorial 17 May 2024
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Editorial 19 Jul 2018
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Editorial 16 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024
Amakuru

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Editorial 10 Oct 2023
Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba
ITOHOZA

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Editorial 17 Jan 2019
Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops
Amakuru

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops

Editorial 03 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru