• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Editorial 26 Nov 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko ifite amafaranga hafi miliyoni 500 Frw ibitse, kubera ko amakonti aya mafaranga yabagaho atagikora.

Ubusanzwe konti yitwa ko itagikora iyo imaze igihe kinini idakoreshwa. Buri konti iri muri banki y’ubucuruzi, iyo imaze amezi atandatu idakoreshwa yinjira mu mubare w’izidakora, yagera ku mezi 12 ikaba itagikoreshwa.

Iyo imaze imyaka itanu, amafaranga ayiriho yoherezwa muri BNR. Mu gihe nta muntu uyaburana mu myaka itanu, ashyirwa kuri konti ya leta.

Gusa ngo ba nyirayo n’abandi babifitiye uburenganzira, bashobora kuyaburana biciye muri ya banki y’ubucuruzi bari bafitemo konti, ariko bagaragaje ibyangombwa byerekana ko bifite ukuri.

Ubuyobozi bwa BNR buvuga ko bimwe mu bikunze gutuma habaho izi konti zibitse amafaranga ariko ntizikore, biterwa n’abantu bagiye gutura hanze y’igihugu.

Hari aho ba nyiri konti bapfa kandi batarashyizeho abasimbura ndetse ngo hari n’aho usanga bamwe batazi ko bafite uburenganzira bwo gukurikirana ya mafaranga yageze mu isanduku za leta nk’uko The New Times yabyanditse.

BNR ivuga ko mu 2017 abakurikiranye aya mafaranga ari bake, kuko bari ku kigero cya 15%.

Kuba aba aribo bayasubijwe, akenshi ngo biterwa n’igenzura rikorwa ku byangombwa by’abayaregera, mu rwego rwo kureba ko nta manyanga y’abashobora kubiyitirira.

Amafaranga akurikiranwa na ba nyirayo, babanza kwandikira banki aho bafite konti bakayasaba, bitwaje ibyangombwa byuzuye.

Iyo icyifuzo cyabo cyubahirijwe, ya banki y’ubucuruzi yandikira BNR inyandiko iherekejwe na bya byangombwa.

BNR igenzura bwa busabe, yasanga bwujuje ibisabwa, amafaranga akagarurwa kuri konti ya wa muntu. Iyo bunenzwe, BNR ibwira ya banki ko bidashoboka, umukiliya wasabye ya mafaranga akabwirwa ibikenewe byose ngo ayahabwe.

BNR ivuga ko gukemura ibi bibazo bigiye kujya bikorwa na Minisiteri y’Ubutabera mu kwemeza igaruzwa ry’amafaranga no kwishyura nk’uko byavuguruwe mu itegeko ryo mu 2015 rijyanye n’igaruzwa ry’umutungo.

2018-11-26
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Editorial 18 May 2018
Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Editorial 30 Apr 2019
Perezida Kagame  aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Editorial 03 Dec 2018
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”
Amakuru

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Editorial 15 Jan 2025
Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle
Amakuru

Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Editorial 16 Jan 2024
Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa
HIRYA NO HINO

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Editorial 09 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru