Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2021 nibwo hakinwe iminota 33 y’umukino w’umunsi wa 28 utari warangiye hagati ya Bugesera FC na Rayon Sports.
Uyu mukino wakomereje kuri Sitade ya Bugesera, warangiye ikipe yari iri mu rugo itsinze uyu mukino ibitego bibiri Kuri kimwe.
Ubwo umukino wari wahagaze ku munota wa 57, ikipe ya Bugesera FC yari ifite ibitego 2-0, mbere y’uko umukino usubikwa kubera umutekano muke n’imvururu zatejwe n’abafana bari bawitabiriye.
Uyu mukino wa none wakinwe nta bafana bahari nk’uko ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryari ryafashe iki cyemezo mu nama yateranye kuwa mbere w’iki cyumweru.
Ubwo hakinwaga iminota yari isigaye, ikipe ya Rayon Sports niyo yabonyemo igitego kimwe cyatsinzwe na Bugingo Hakim ubwo hari ku munota wa 85 w’umukino.
Gutsinda uyu mukino kwa Bugesera FC byatumye iyi kipe yizera kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka utaha w’imikino nubwo hasigaye imikino 2 ya shampiyona.
Kuri ubu iyi kipe igejeje amanota 34 inyuma yayo hari Musanze FC, Marines FC, Etincelles FC, Muhazi United, Amagaju na Vision FC yo yamazegushimangira kwerekeza mu kiciro cya kabiri umwaka utaha.
Uru rutonde kandi ruyobowe na APR FC, aho kuri ubu ifite amanota 61 igakurikirwa na Rayon Sports ifite 59 naho AS Kigali ifite 45 na Police FC ifite 43.
Muwundi mikino yabaye kuri uyu munsi, ikipe ya Mukura yatsinzwe na Musanze FC 2-0 byatsinzwe na Konfor Bertrand na Rachid Mchelenga.
Kuri uyu wa kane guhera ku isaha ya saa cyenda, kuri Kigali Pele Stadium ikipe ya Police FC irakinda na AS Kigali bakurikirana ku rutonde rwa shampiyona rw’agateganyo.