• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda

Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda

Editorial 20 Mar 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Burera irakangurira abatwara za moto, abanyonzi hamwe n’abanyeshuri bo muri ako karere kubahiriza amategeko y’umuhanda kugira ngo hirindwe impanuka zikomerekeramo cyangwa zikagwamo abantu.

Ubu butumwa babuhawe ku itariki 18 Werurwe 2016 n’Umuyobozi wa Polisi muri aka karere, Superintendent of Police (SP) Dieudonné Rwangombwa , mu kiganiro yagiranye n’abamotari n’abanyonzi 500 bakorera uyu mwuga muri ako karere, ndetse n’abanyeshuri 250 bo mu ishuri ryisumbuye rya Kidaho.

Iyo nama yahuje ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda muri aka karere n’abo bamotari, abanyonzi ndetse n’abanyeshuri , yabereye mu kagari ka Kagitega, Umuenge wa Cyanika.

SP Rwangombwa yababwiye ko kubahiriza amategeko yo gutwara ikinyabiziga biri mu nyungu zabo ndetse n’abandi bose bakoresha umuhanda kuko iyo impanuka ibaye idatoranya.

Yabibukije ko impanuka zo mu muhanda ziterwa ahanini n’umuvuduko urenze urugero rwagenwe, uburangare, kuvugira kuri terefone utwaye ikinyabiziga, kuyandikamo ubutumwa bugufi utwaye ikinyabiziga, no kugitwara wasinze cyangwa unaniwe.

SP Rwangombwa yakomeje agira ati:”Ntimugakorere ku jisho mujye mwibuka ko muba mutwaye abantu. Niyo haba nta mupolisi uri mu cyerekezo muri kujyamo, mukwiye kubahiriza amategeko n’amabwiriza bigenga umwuga wanyu kugira ngo mwirinde gukora impanuka cyangwa kuziteza.”

Yabwiye abo bamotari n’ abanyonzi kudatwara imitwaro ku magare na moto byabo , kujya babitwaraho umugenzi umwe gusa, no guhagarara igihe cyose bahagaritswe n’umupolisi cyangwa undi muntu ubifitiye ububasha.

Na none, SP Rwangobwa yababwiye kujya bagira amakenga y’abantu batwaye kugira ngo hato badatwara abagiye gukora ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano, cyangwa batwaye ibintu binyuranyije n’amategeko nk’ibiyobyabwenge, kandi mu gihe batahuye bene abo bantu bagahita babimenyesha Polisi.

Umwe muri abo bamotari witwa Umugwaneza Patrick yavuze ko akazi kabo bagiye kugakora nta nkomyi kuko hari umutekano usesuye mu gihugu. Yavuze ko bagiye kugira uruhare mu kuwusigasira no kuwubumbatira. Ibyo babikora bubahiriza amategeko n’amabwiriza by’umwuga wabo kandi baha Polisi amakuru y’uwakoze ikintu cyose kinyuranyije n’amategeko.

Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya kidaho yashimiye uburyo Polisi idahwema gufasha abanyeshuri n’abanyarwanda muri rusange ibahugurira kubahiriza amategeko y’umuhanda, mu rwego rwo kurwanya no gukumira impanuka za hato na hato zitwara ubuzima bw’abantu.

RNP

2016-03-20
Editorial

IZINDI NKURU

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye: Muhire Didier Berno ukomora ingengabitekerezo ya Jenoside kuri se Karemera Boniface, ubu ni umuhuzabikorwa wa FDLR irindagirira mu mashyamba ya Kongo.

Editorial 29 Apr 2021
Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica

Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica

Editorial 05 May 2016
Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Editorial 18 Feb 2020
Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Editorial 27 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe
Mu Mahanga

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Editorial 07 Feb 2018
Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu
Amakuru

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Editorial 24 Sep 2023
Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1
IMIKINO

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Editorial 13 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru