• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Editorial 06 Jun 2018 ITOHOZA

Abagabo batanu barimo abahoze ari abayobozi mu Karere ka Burera n’abakiyobora muri iki gihe, batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha umutungo wa leta nabi.

Abatawe muri yombi ni Sembagare Samuel wahoze ari Meya, Habiyaremye Evariste, Visi Meya wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Kamanzi Raymond, Mujyambere Stanislas (Division Manager) na Zaraduhaye Joseph wahoze ari Visi Meya wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu nibo batawe muri yombi.

Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha, Mbabazi Modeste, yatangarije IGIHE ko aba bagabo bafungiye i Rusarabuye mu Karere ka Burera bakurikiranyweho gukoresha nabi umutungo wa Leta, ikimenyane, no kunyereza umutungo wa leta.

Ati “Bafashwe ejo n’urwego rw’ubugenzacyaha, bakurikiranyweho gukoreha nabi umutungo no gutanga amasoko mu buryo bunyuranye n’amageko.”

Aba bagabo batawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe Akarere ka Burera kitabye komisiyo ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’umutungo wa leta mu Nteko Ishinga Amategeko,PAC, aho Ubuyobozi bw’aka karere bwabuze icyo buvuga imbere ku bijyanye n’amasoko yagiye atangwa mu buryo budasobanutse.

Kamanzi Raymond, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Burera yatawe muri yombi

Ubwo abadepite bagize iyi komisiyo bageraga ku bijyanye n’itangwa ry’amasoko, basanze muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta hari aho rwiyemezamirimo yatsindiye isoko ryo kugurira aka karere ibikoresho ariko ibiciro birimo bikaba biri hasi cyane ugereranyije n’ibicuruzwa ku isoko, aho bashimangiye ko harimo amanyanga akomeye.

Muri bimwe yagombaga kugura harimo imashini icapa impapuro (printer) byagaragaye ko rwiyemezamirimo yavuze ko azayibahera 2000 Frw, fotokopiyeze ya 12000 Frw, projecteur ya 10000 Frw, scanneur ya 3000 Frw n’ibindi.

Ibibazo byose abadepite babajije abayobozi b’aka karere babiburiye ibisobanuro, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, Kamanzi Raymond, yavuze ko akanama k’amasoko ngo kamubwiye ko rwiyemezamirimo yiyemeje ko n’ibyo ataguze azabigemura.

2018-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA  na NATO

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Editorial 14 Nov 2016
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Editorial 03 Jul 2023
Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Editorial 14 Oct 2017
Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro  na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Ikimwaro : Benzinge, Rujugiro na RNC basohoye ‘Proclamation’, bayitirira ko yanditswe n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Editorial 04 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 07 Mar 2022
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Editorial 07 Jan 2019
Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano
Mu Mahanga

Bane bafungiwe ubufatanyacyaha mu gukora no kugurisha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 20 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru