• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Ubwanditsi 29 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda babiri hamwe n’Umurundi umwe, ku mugoroba wo kuwa Kane batawe muri yombi n’urwego rw’iperereza mu Burundi, SNR, bafatirwa ku musozi wa Rusenda muri Komisini Bukinanyana.

Abanyarwanda bafashwe ni Mpozenzi Callixte na Mundane Juvénal, bafatanwe n’umurundi ubarizwa mu ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Amizero y’Abarundi, witwa Fabien Ngerageze.

Bafatiwe mu ntara ya Cibitoke iri mu majyepfo y’u Rwanda.

Amakuru avuga ko inzego z’iperereza mu Burundi zabataye muri yombi zibashinja “gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe n’u Rwanda.”

Bagifatwa ngo bahise bambikwa amapingu, burizwa imodoka yerekeje mu bice bya Kayanza.

Umwe mu baturage bo muri ako gace yavuze ko batewe impungenge n’ubuzima bwabo.

Abaturage bavuga ko abo banyarwanda bari bamaze imyaka isaga 30 kuri uwo musozi, kandi nta kintu kibi bari babaziho cyangwa ngo bagirane ikibazo n’abaturanyi babo.

Bagahera aho basaba ko barekurwa, kuko ibirego bashinjwa nta shingiro bifite.

Ubuyobozi bwa SNR mu Ntara ya Cibitoke bwemeje ko aba bagabo batawe muri yombi, hakaba hategerejwe ibizava mu iperereza.

U Burundi bumaze igihe mu bibazo bya politiki guhera mu 2015, ubwo havukaga imyigaragambyo ikomeye yamaganaga ko Pierre Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu, ariko aza gutsinda amatora.

Hakurikiyeho ubwicanyi bwaguyemo abatari bake, u Burundi bukajya buvuga ko ibibazo bufite bubiterwa n’u Rwanda. Ibyo byagendanaga no gufata abanyarwanda bagafungwa, bakagirirwa nabi.

U Rwanda ntirwahwemye kubyamagana ruvuga ko ibyo birego nta shingiro bifite, ahubwo rugashinja u Burundi ko bucumbikiye bamwe mu barwanyi ba FDLR, barimo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu 1994.

U Rwanda ubu rucumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi no mu mijyi, rwakiriye guhera mu 2015.

Inkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe yonyine, icumbikiye impunzi zikabakaba 60.000 zibumbiye mu miryango hafi 20.000.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020
Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Ubwanditsi 30 May 2019
Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Kayijuka Alex
    October 30, 20186:51 am -

    Igihugu nk’Uburundi kiba Kiri mu bibazo bya politiki kigomba gusambira hose n’aho ibisubizo bitari. Gusa barsabwa gutanga ubutabera bwuzuye kugera iperereza rirangiye kuko biteye amakenka y’uko bashobora gukorera abo bagabo iyicarubozo bitwaje ko ari Abanyarwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Ubwanditsi 25 Feb 2019
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo
Amakuru

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda
Amakuru

Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru