• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Ubwanditsi 29 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda babiri hamwe n’Umurundi umwe, ku mugoroba wo kuwa Kane batawe muri yombi n’urwego rw’iperereza mu Burundi, SNR, bafatirwa ku musozi wa Rusenda muri Komisini Bukinanyana.

Abanyarwanda bafashwe ni Mpozenzi Callixte na Mundane Juvénal, bafatanwe n’umurundi ubarizwa mu ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Amizero y’Abarundi, witwa Fabien Ngerageze.

Bafatiwe mu ntara ya Cibitoke iri mu majyepfo y’u Rwanda.

Amakuru avuga ko inzego z’iperereza mu Burundi zabataye muri yombi zibashinja “gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe n’u Rwanda.”

Bagifatwa ngo bahise bambikwa amapingu, burizwa imodoka yerekeje mu bice bya Kayanza.

Umwe mu baturage bo muri ako gace yavuze ko batewe impungenge n’ubuzima bwabo.

Abaturage bavuga ko abo banyarwanda bari bamaze imyaka isaga 30 kuri uwo musozi, kandi nta kintu kibi bari babaziho cyangwa ngo bagirane ikibazo n’abaturanyi babo.

Bagahera aho basaba ko barekurwa, kuko ibirego bashinjwa nta shingiro bifite.

Ubuyobozi bwa SNR mu Ntara ya Cibitoke bwemeje ko aba bagabo batawe muri yombi, hakaba hategerejwe ibizava mu iperereza.

U Burundi bumaze igihe mu bibazo bya politiki guhera mu 2015, ubwo havukaga imyigaragambyo ikomeye yamaganaga ko Pierre Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu, ariko aza gutsinda amatora.

Hakurikiyeho ubwicanyi bwaguyemo abatari bake, u Burundi bukajya buvuga ko ibibazo bufite bubiterwa n’u Rwanda. Ibyo byagendanaga no gufata abanyarwanda bagafungwa, bakagirirwa nabi.

U Rwanda ntirwahwemye kubyamagana ruvuga ko ibyo birego nta shingiro bifite, ahubwo rugashinja u Burundi ko bucumbikiye bamwe mu barwanyi ba FDLR, barimo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu 1994.

U Rwanda ubu rucumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi no mu mijyi, rwakiriye guhera mu 2015.

Inkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe yonyine, icumbikiye impunzi zikabakaba 60.000 zibumbiye mu miryango hafi 20.000.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2020
“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Ubwanditsi 16 Nov 2022
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Kayijuka Alex
    October 30, 20186:51 am -

    Igihugu nk’Uburundi kiba Kiri mu bibazo bya politiki kigomba gusambira hose n’aho ibisubizo bitari. Gusa barsabwa gutanga ubutabera bwuzuye kugera iperereza rirangiye kuko biteye amakenka y’uko bashobora gukorera abo bagabo iyicarubozo bitwaje ko ari Abanyarwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?
POLITIKI

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018
Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka
Mu Mahanga

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga
INKURU NYAMUKURU

Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga

Ubwanditsi 12 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru