• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’inzego z’iperereza [ SNR ]

Ubwanditsi 29 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda babiri hamwe n’Umurundi umwe, ku mugoroba wo kuwa Kane batawe muri yombi n’urwego rw’iperereza mu Burundi, SNR, bafatirwa ku musozi wa Rusenda muri Komisini Bukinanyana.

Abanyarwanda bafashwe ni Mpozenzi Callixte na Mundane Juvénal, bafatanwe n’umurundi ubarizwa mu ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Amizero y’Abarundi, witwa Fabien Ngerageze.

Bafatiwe mu ntara ya Cibitoke iri mu majyepfo y’u Rwanda.

Amakuru avuga ko inzego z’iperereza mu Burundi zabataye muri yombi zibashinja “gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe n’u Rwanda.”

Bagifatwa ngo bahise bambikwa amapingu, burizwa imodoka yerekeje mu bice bya Kayanza.

Umwe mu baturage bo muri ako gace yavuze ko batewe impungenge n’ubuzima bwabo.

Abaturage bavuga ko abo banyarwanda bari bamaze imyaka isaga 30 kuri uwo musozi, kandi nta kintu kibi bari babaziho cyangwa ngo bagirane ikibazo n’abaturanyi babo.

Bagahera aho basaba ko barekurwa, kuko ibirego bashinjwa nta shingiro bifite.

Ubuyobozi bwa SNR mu Ntara ya Cibitoke bwemeje ko aba bagabo batawe muri yombi, hakaba hategerejwe ibizava mu iperereza.

U Burundi bumaze igihe mu bibazo bya politiki guhera mu 2015, ubwo havukaga imyigaragambyo ikomeye yamaganaga ko Pierre Nkurunziza yiyamamariza manda ya gatatu, ariko aza gutsinda amatora.

Hakurikiyeho ubwicanyi bwaguyemo abatari bake, u Burundi bukajya buvuga ko ibibazo bufite bubiterwa n’u Rwanda. Ibyo byagendanaga no gufata abanyarwanda bagafungwa, bakagirirwa nabi.

U Rwanda ntirwahwemye kubyamagana ruvuga ko ibyo birego nta shingiro bifite, ahubwo rugashinja u Burundi ko bucumbikiye bamwe mu barwanyi ba FDLR, barimo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, mu 1994.

U Rwanda ubu rucumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi no mu mijyi, rwakiriye guhera mu 2015.

Inkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe yonyine, icumbikiye impunzi zikabakaba 60.000 zibumbiye mu miryango hafi 20.000.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Ubwanditsi 07 Dec 2020
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

RUSHYASHYA 01 Apr 2026

Igitekerezo kimwe

  1. Kayijuka Alex
    October 30, 20186:51 am -

    Igihugu nk’Uburundi kiba Kiri mu bibazo bya politiki kigomba gusambira hose n’aho ibisubizo bitari. Gusa barsabwa gutanga ubutabera bwuzuye kugera iperereza rirangiye kuko biteye amakenka y’uko bashobora gukorera abo bagabo iyicarubozo bitwaje ko ari Abanyarwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza  Leta y’Urwanda
ITOHOZA

Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza Leta y’Urwanda

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye
Mu Mahanga

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Ubwanditsi 14 Jul 2016
KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri
IMIKINO

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 22 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru