• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CAF: APR FC yatomboye Club Africain yo muri Tunisia, Mukura VS yo izahangana n’iya Kwizera muri Afurika y’Epfo

CAF: APR FC yatomboye Club Africain yo muri Tunisia, Mukura VS yo izahangana n’iya Kwizera muri Afurika y’Epfo

Editorial 12 Nov 2018 IMIKINO

APR FC ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League izahangana na Club Africain yo muri Tunisia naho muri CAF Confederation Cup ho Mukura VS izatangira isura Free State Stars yo muri Afurika y’Epfo.

Ku wa Gatandatu tariki 3 Ugushyingo 2018 mu Mujyi wa Rabat muri Maroc hateraniye inama y’ubuyobozi ya CAF iberamo tombola y’uko amakipe azahura mu marushanwa abiri y’iyi mpuzamashyirahamwe ‘Total CAF Champions League na CAF Confederation Cup’, ariko ntibahise batangaza ibyavuyemo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Ugushyingo 2018 nibwo amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu bihugu byose bya Afurika yemenyeshejwe aho amakipe yo muri ibyo bihugu azatangirira urugendo rwo gushaka ibikombe,

APR FC izahagararira u Rwanda mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo yatomboye Club Africain bita ‘CA’ yo muri Tunisia yarangirije ku mwanya wa gatatu muri shampiyona y’iki gihugu.

Umukino ubanza uzabera kuri Stade Regional ya Kigali tariki 27 Ugushyingo 2018 naho uwo kwishyura ubere kuri Stade Olympique de Radès yo mu Mujyi wa Tunis tariki 4 Ukuboza 2018.

Ikipe izakomeza izacakirana n’ikipe izakomeza hagati ya Al-Ahli Khartoum Club yo muri Sudani n’Ikipe y’Ingabo za Zanzibar, JKU SC (Jeshi la Kujenga Uchumi Sports Club).

Muri CAF Confederation Cup u Rwanda ruzahagararirwa na Mukura VS yatwaye igikombe cy’Amahoro. Yatomboye Free State Stars yo muri Afurika y’Epfo, ikipe itozwa na Luc Eymael wahoze muri Rayon Sports, inafite umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Olivier Kwizera.

Umukino ubanza uzabera kuri Goble Park stadium mu Mujyi wa Bethlehem wo mu Ntara ya Free State tariki 28 Ugushyingo 2018, naho uwo kwishyura ubere kuri Stade Huye tariki 5 Ukuboza 2018.

Uko amakipe yo mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba yatomboye

· Le Messager FC de Ngozi (Burundi) vs Al-Masry SC (Misiri)
· Gor Mahia FC (Kenya) vs Nyasa Big Bullets (Malawi)
· Simba SC (Tanzania) vs Mbabane Swallows (Eswatini)
· Vipers FC (Uganda) vs Al-Merrikh (Sudani)

2018-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Editorial 17 Aug 2016
Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Editorial 21 Jan 2022
Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Editorial 29 Aug 2018
Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Editorial 06 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba
HIRYA NO HINO

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Editorial 02 Jul 2020
TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI
Mu Mahanga

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Editorial 15 Jan 2016
Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda
POLITIKI

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Editorial 14 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru