• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Editorial 03 May 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo gitanga ubusesenguzi mu bya politiki, Cambridge Analytica, gishinjwa ko cyatanze amakuru mu bikorwa bo kwiyamamaza kwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, cyatangaje ko kigiye gufunga imiryango nyuma y’ibirego by’urudacu gikurikiranywemo muri iki gihe.

Iki kigo gishinjwa ko cyabonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko, amakuru y’ibanga ku bantu basaga miliyoni 87 bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Facebook, agakoreshwa mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Cambridge Analytica yavuze ko yagerageje kurengera izina ryayo ngo ukuri kugaragare, ariko iperereza ry’imbere mu kigo ryasanze nta kibi cyakozwe.

Rikomeza rigira riti “Mu mezi menshi ashize, Cambridge Analytica yashinjwe ibirego byinshi bidafite ishingiro, ndetse uretse imbaraga yakoresheje ngo igaragaze ukuri, yakomeje gusigwa icyasha mu bikorwa byabaye bikurikije amategeko kandi byemewe mu kwamamaza mu bucuruzi na politiki.”

Iri tangazo rivuga ko nubwo Cambridge Analytica yari ifitiye icyizere uburyo abakozi bayo bakoze, ariko uburyo itangazamakuru ryakurikiranye iki kibazo “byirukanye abakiliya bose b’ikigo n’abafatanyabikorwa bacyo.”

Ku bw’iyo mpamvu ngo ikigo ntikigishoboye gukomeza ibikorwa, ku buryo hatangijwe ibikorwa byo kugisesa.

Muri Werurwe nibwo uwari Umuyobozi wa Cambridge Analytica i London, Alexander Nix, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amashusho yafashwe mu ibanga na Channel 4 News, avuga uburyo bafashije Donald Trump mu kwiyamamaza mu 2016.

Icyo gihe yavuye imuzi uburyo bashoboraga gutesha agaciro abandi bakandida burimo “kohereza abakobwa hafi y’inzu zabo bakandida.”

Cambridge Analytica yaje gutangaza ko yari ifite ububiko bw’amakuru bwemewe bugera kuri miliyoni 30 y’Abanyamerika, ariko ko atigeze akoreshwa mu matora ya Perezida wa Amerika. Icyo kigo cyatangaje ko cyahise kiyasiba.

Mu kwiba ayo makuru, bivugwa ko mu 2014 aribwo Facebook yagendga ibaza abantu ibibazo bitandukanye, maze iyo porogaramu yakoreshwaga ikagenda ifata amakuru y’abantu basubizaga ibyo bibazo, ariko igaca inyuma igatwara n’ay’inshuti zabo.

Bibarwa ko abantu bagera ku 305 000 aribo bakoresheje iyo porogaramu, ariko birangira yibye amakuru mu bantu basaga miliyoni 87 nk’uko Facebook yabitangaje. Bivugwa ko ayo makuru yaje kugurishwa kuri Cambridge Analytica, nayo ikayifashisha mu gusesengura abantu batoraga muri Amerika.

2018-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Editorial 15 May 2019
Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Editorial 04 Apr 2018
‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

Editorial 02 Aug 2018
RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Editorial 19 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe
Amakuru

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

Editorial 07 Nov 2024
Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha
INKURU NYAMUKURU

Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha

Editorial 29 Nov 2017
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.
Amakuru

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Editorial 30 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru