• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

  • Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle   |   30 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

Editorial 08 Jul 2019 IMIKINO

Madagascar iri gukina Igikombe cya Afurika ku nshuro ya mbere, yaraye igeze muri ¼ isezereye Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iyitsinze kuri penaliti 4-2 ubwo amakipe yombi yari amaze kunganya ibitego 2-2 mu mukino wa 1/8 wabaye kuri iki Cyumweru. Algérie na yo yakomeje imaze gutsinda Guinée ibitego 3-0.

Marcel Tisserand na Yannick Bolasie bahushije penaliti ebyiri ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izindi zinjizwa na Cédric Bakambu na Paul José Mpoku mu gihe Madagascar yatsindiwe na Ibrahim Samuel Amada, Romain Metanire, Thomas Fontaine na Jérôme Mombris.

Amakipe yombi yagiye muri za penaliti nyuma y’uko kapiteni wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Chancel Mbemba yishyuye igitego cya kabiri igihugu cye cyari cyatsinzwe, ku mupira yateresheje umutwe habura umunota umwe ngo umukino urangire, maze hongerwaho indi minota 30 itagize icyo itanga.

Madagascar irimo abakinnyi nka Anicet Andrianantenaina, yatangiye umukino isatira ndetse ifite icyizere nyuma yo kuzamuka iyoboye itsinda B ryarimo amakipe nka Nigeria n’u Burundi mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yazamutse iri mu makipe ane yabaye aya gatatu yitwaye neza.

Ku munota wa munani gusa, Madagascar yahise ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ibrahim Amada ku mupira yahawe na Lalaina Nomenjanahary ndetse iyi kipe yari imaze kubona ubundi buryo bw’igitego ku mupira w’umuterekano watewe na Carolus Andriamahitsinoro, ukurwamo n’umunyezamu Ley Matampi.

Nyuma y’iminota 12, RDC yungukiye ku gutakaza imipira kw’abakinnyi ba Madagascar, Ngonda Muzinga azamukira mu ruhande rw’ibumoso, ageze imbere ahindura umupira wasanze Cédric Bakambu maze yishyurira Les Léopards.

RDC yashoboraga kuyobora umukino ahagana ku munota wa 30, ariko uburyo bwabonywe na Chancel Mbemba wari uherejwe na Jacques Magoma, ntibwagira icyo butanga.

Madagascar yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 77 biturutse kuri Faneva Andriatsima wahawe umupira na Romain Metanire, ariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishyura mu minota y’inyongera ku mupira watewe na Meschack Elia, ushyirwaho umutwe na Chancel Mbemba ku munota wa nyuma w’inyongera, maze hitabazwa indi minota 30 itagize icyo itanga, haterwa penaliti.

Ubwo yari amaze gusezererwa, umutoza wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Florent Ibenge, yashimiye Madagascar, avuga ko abakinnyi be bakinnye neza, ariko bitari bihagije.

Ati” Ndashimira Madagascar ikomeje. Ni ikipe nziza kandi yarabigaragaje muri iri rushanwa. Uyu munsi twakoze iyo bwabaga ariko ntabwo byagenze neza. Dutsinzwe n’ikipe nziza kandi bose ndabifuriza amahirwe.”

Undi mukino wabaye, Algérie yatsinze Guinée ibitego 3-0, ikomeza muri ¼. Igice cya mbere cyarangiye Algérie ifite igitego kimwe cyatsinzwe na Mohamed Youcef Belaili. Riyad Mahrez yatsinze icya kabiri ku munota wa 57 naho Adam Ounas atsinda icy’agashinguracumu ku munota wa 82.

Kuri uyu wa Mbere hateganyijwe imikino ibiri isoza 1/8, aho Côte d’Ivoire yisobanura na Mali guhera saa 18:00 mu gihe undi mukino uza guhuza Ghana na Tunisie guhera saa 21:00.

Jacques Magoma wa RDC atakaza umupira kuri Ibrahim Amada wa Madagascar

Umutoza wa RDC Florent Ibenge asuhuzanya na Nicolas Dupuis wa Madagascar mbere y’umukino

Perezida wa CAF, Ahmad Ahmad, Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina na Minisitiri wa Siporo mu Misiri, Ashraf Sobhy barebye uyu mukino

Rayan Raveloson ahanganiye umupira na Youssouf Mulumbu wa RDC

Abakinnyi ba Madagascar bishimira igitego cya Ibrahim Amada.
Source IGIHE

2019-07-08
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Editorial 02 Oct 2022
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Editorial 06 May 2023
APR FC yatsinze  umukino w’ikirarane  wayihuzaga na Kiyovu

APR FC yatsinze umukino w’ikirarane wayihuzaga na Kiyovu

Editorial 21 Feb 2016
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Editorial 27 Oct 2021
Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Editorial 02 Oct 2022
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Editorial 06 May 2023
APR FC yatsinze  umukino w’ikirarane  wayihuzaga na Kiyovu

APR FC yatsinze umukino w’ikirarane wayihuzaga na Kiyovu

Editorial 21 Feb 2016
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Editorial 27 Oct 2021
Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Editorial 02 Oct 2022
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Editorial 06 May 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru