Perezida wa Centrafrique, Prof Faustin Archange Touadera yambitse imidari y’ishimwe ya Loni ba Ofisiye n’abasirikare bato ba batayo ya 4 ikorera mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa (MINUSCA) muri iki gihugu.
Uyu muhango wabereye ku biro by’Umukuru w’igihugu (Palais de la Reconnaissance), wari witabiriwe n’abandi bayobozi batandukanye bo muri guverinoma. Perezida Touadera yashimiye byimazeyo u Rwanda n’abasirikare barwo ku bunararibonye, imyitwarire myiza n’ubwitange bagaragaje mu kazi kabo. Yagize ati “Turashima ubwitange mwakoranye akazi kanyu ko kubungabunga amahoro no kugarura ituze mu gihugu cyacu, turashima urukundo n’ubwitange mwatugaragarije mudushakira imibereho myiza”. Umuyobozi w’Ingabo zo muri Batayo ya kane, Lt Col Emmanuel Nyirihirwe, yashimiye Umukuru w’Igihugu, guverinoma n’abaturage bose ba Centrafrique ku buryo babakiriye n’ubufatanye babagaragarije avuga ko ari byo byatumye buzuza inshingano zabo n’ubutumwa bahawe. Yakomeje agaragaza ibikorwa byaranze ubutumwa bw’amahoro bari maze umwaka bakorera muri icyo gihugu. Lt Col Nyirihirwe, yanashimiye ubuyobozi bwa MINUSCA kubw’icyizere bwabagiriye kugira ngo abe aribo bahabwa inshingano zo kurinda Umuyobozi w’igihugu n’abandi bayobozi batandukanye muri icyo gihugu. Uyu muhango wanitabiiriwe n’abanyarwanda batuye muri Centrafrique. Biteganyijwe ko gusimburana kw’abasirikare ba Batayo ya kane n’iya gatanu bizatangira ku itariki ya 28 Gashyantare 2018. ![]() ![]() |
|
Inkuru zigezweho
-
APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) | 13 Jun 2025
-
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda | 12 Jun 2025
-
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye | 12 Jun 2025
-
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa | 11 Jun 2025
-
Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru | 11 Jun 2025
-
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal | 10 Jun 2025