• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Afurika yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside

Afurika yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2018 Mu Mahanga

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bacanye urumuri rw’icyizere.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Mata 2018, u Rwanda rwatangiye iminsi ijana yo kwibuka, by’umwihariko rukazamara icyumweru runamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uyu munsi usanzwe ari umunsi mpuzamahanga ku isi wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, aho inshuti z’u Rwanda zifatanya n’Abanyarwanda aho bari hirya no hino ku isi.

Ku cyicaro cy’Umuryango wa Afurika yuznze Ubumwe, umuryango Perezida Kagame ayoboye kuri ubu, naho bakoze iki kigorwa cyari kigamije guha agaciro abazize Jenoside.

JPEG - 207.2 kb
Yavuze ko Afurika ikwiye kwifatanya n’u Rwanda mu kwibuka

Hacanwe urumuri rw’ikizere hanatangwa ibiganiro bigamije gukangurira abantu no gusobanurira Abanyafurika ububi bwa Jenoside, igikorwa cyari gihagarariwe n’umuyobozi wa komisiyo y’uyu muryango Moussa Faki Mahamat.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Moussa Faki yavuze ko ari ngombwa kwibuka mu rwego rwo guha agaciro abazize Jenoside ariko no mu rwego rwo kugira ngo hakumirwe ubundi bwicanyi bushobora kuvuka.

Yagize ati “Birakenewe ko twihuza ngo duhe agaciro inzirakarengane no kwihanganisha abarokotse Jenoside, kandi tukaniha n’ingamba ko icyo cyorezo kitazongera kubaho ukundi.”

JPEG - 154.9 kb
Urumuri rw’icyizere rwacanywe

Yavuze ko ariko icyago cya Jenoside kitaheranye u Rwanda ahubwo cyaruhaye imbaraga zo kwiyubaka none rukaba rugeze ahashimishije. By’umwihariko yashimiye Abanyarwanda uburyo bashoboye kwiyunga, bagahitamo kutahiriza umugozi umwe.

Mr Adama Dieng, umujyanama mukuru mu kurwanya Jenosise mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko UN yahisemo gushimangira inyito ya “Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994”, nyuma yo kubona ko hari abihishaga inyuma y’imvugo yari isanzwe ikoreshwa ya “Jenoside yo mu Rwanda”, bagapfobya.

Ati “Ni ngombwa ko inzira zose abahakana Jenoside zifungwa.”

JPEG - 156.7 kb
Bafashe umunota wo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside
JPEG - 195.8 kb
AU yifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka

2018-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Ubwanditsi 21 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Ubutabera yirukanye burundu abahesha b’inkiko b’umwuga batandatu
HIRYA NO HINO

Minisitiri w’Ubutabera yirukanye burundu abahesha b’inkiko b’umwuga batandatu

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune
Amakuru

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Ubwanditsi 10 Dec 2021
Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano
Mu Mahanga

Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano

Ubwanditsi 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru