• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Editorial 16 Jan 2016 Mu Mahanga

Ibirori byari bimaze imyaka igera kuri itanu bitegerejwe n’Abanyarwanda, byatangiye none kuwa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2015 bitangijwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Bayisenge Emery yafunguye amazamu
Amavubi yihariye igice cya mbere
Igice cya kabiri, Côte d’Ivoire yagaragaje imbaraga nyinshi
Ku munota wa 60, Bayisenge yarase penaliti
Ku munota wa 74, Côte d’Ivoire yahushije igitego
Ku munota wa 88, Côte d’Ivoire yateye umutambiko w’izamu

Ni mu mukino ufungura irushanwa ry’ibihugu ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, CHAN, wahuje u Rwanda na Côte d’Ivoire.

Hari hashize kandi igihe kirekire Stade Amahoro ituzura abafana impande zose kuva u Rwanda rwatsindwa na Ghana tariki ya 5 Nzeli 2015.

Umukino ugitangira, Amavubi yasatiye bikomeye itangira no kubona uburyo bw’ibitego ari nako abakinnyi b’imbere bari bayobowe na Tuyisenge Jacques bakoreshaga amakosa ba myugariro ba Côte d’Ivoire.

Ibi byaje gutuma ku munota wa 15 w’umukino ku ikosa ryari rikorewe Iranzi Jean Claude hatangwa Coup-Franc yaje gutsindwa na Bayisenge Emery.

Stade Amahoro yose yahise ihaguruka, amashyi n’impundu byumvikana impande n’impande. Vuvu Zela zivuga mu majwi atandukanye, amafirimbi n’ingomba bifata bugwate Remera yose kumanuka ukagera hepfo iyo za Kimironko.
Cyari cyo gitego cya mbere cy’irushanwa, maze abafana batangiye umukino batizeye ikipe yabo batangira kubona ko bashobora kurarana akanyamuneza.

Mu gice cya kabiri, Côte d’Ivoire yatangiye isatira ku buryo bukomeye ishaka kwishyura igitego yari yatsinze ku munota wa 15. Ihusha amahirwe menshi y’igitego harimo umupira watewe ku mutambiko w’izamu ku munota wa 88, igitego cyari cyabazwe aho rutahizamu w’inzovu za Côte d’Ivoire yananiwe gutsinda asigaranye n’umuzamu Ndayishimiye Eric.

Penaliti itavuzweho rumwe

Ku munota wa 60 Amavubi yabonye penaliti itavuzweho rumwe nyuma yaho umusifuzi wo kuruhande avuze ko umuzamu wa Côte d’Ivoire yakoreye ikosa Tuyisenge Jacques ubwo barimo bahanganira umupira wari utewe uturutse kuri corner.

Iyi penaliti yaje guterwa na Bayisenge Emery washakaga igitego cye cya kabiri mu mukino ariko aza umuzamu wa Côte d’Ivoire ayikuramo.

Amavubi yari yabanje mu kibuga

-1806.jpg

Ndayishimiye Eric, Ombalenga Fitina, Ndayishimiye Celestin, Bayisenge Emery, Rwatubyaye Abdul, Nshimiyimana Amran, Mukunzi Yannick, Habyarimana Innocent, Iranzi Jean Claude, Tuyisenge Jacques, Usengimana Danny.

Umwanditsi wacu

2016-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Soma Useke

Soma Useke

Editorial 04 Oct 2016
Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Editorial 23 Feb 2017
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Editorial 02 Jun 2023
Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Editorial 24 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo
Amakuru

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Editorial 16 Mar 2025
Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize
Mu Rwanda

Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Editorial 09 May 2017
Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo
HIRYA NO HINO

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Editorial 12 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru