• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Charly na Nina ngo ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’

Charly na Nina ngo ‘Urutonde rwa PGGSS6 rurasekeje’

Editorial 06 Jan 2017 IMIKINO

Abahanzi Charly na Nina bavuga ko batunguwe no kutibona ku rutonde rw’abahanzi 10 bakunzwe mu Rwanda, kandi ko batiyumvisha uko rwakozwe.

Aba bahanzi babwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko abahanzi bagaragara babatunguye.

Kuri bo, uru rutonde rw’abahanzi bazajya muri Primus Guma Guma Super Star ngo rusekeje.

Ku rutonde rwakozwe, aba bahanzi ntibaza no muri 19 bakunzwe kurusha abandi mu Rwanda, kuko abariho ni:

1. Bruce Melody 75%

2. Jules Sentore 57.5%

3. Urban Boyz 57.5%

4. Christopher 55%

5. Allioni 50%

6. Danny Vumbi 42.5%

7. Danny Nanone 37.5%

8. Umutare Gaby 35%

9. Teta Diana 32.5%

10. TBB 32.5%

11. Mico The Best

12. Active

13. Uncle Austin

14. Bull Dogg

15. Green P

16. Fireman

17. Young Grace

18. Edouce

19. Odda Paccy

Nina yagize ati “Tukibyumva byaradutunguye cyane, biratangaje cyane kubera ko urutonde rwari rusekeje, munyihanganire kubyerura nkabivuga ntyo, ariko ntabwo tuzi icyabaye [aseke]”.

Chaly amwunganira avuga ko bo basanga barakoze cyane ibyo bashoboye byose, ndetse n’indirimbo zabo zigakundwa, ko rero bitumvikana ko batibonye mu bahanzi bakwiye kujya kuri uru rutonde.

Bongeraho kandi ko ibyo byashimangirwa na buri munyarwanda wese ukurikirana iby’umuziki wo mu Rwanda.

Charly agira ati “Hari abantu bakoze cyane cyane cyane (abitsindagira), baruta abashoboye kujyamo hariya ; abahanzi nyarwanda turi benshi cyane hari abakoze cyane bafite indirimbo nyinshi zikunzwe bari bakwiye kujyamo hariya bagombaga kuba barimo hariya batagezemo.”

Aha aba bakobwa bashimangira ko atari bo bonyine bimwe amahirwe bayakwiriye, ko hari n’abandi nkabo batari muri iri rushanwa bari babikwiye nyamara hari abarimo batari babikwiriye.

Nina yabwiye Iki Kinyamakuru ko abafana b’umuziki wabo babohereje ubutumwa babagaragariza ko nabo bababajwe cyane n’uko bataje kuri uru rutonde.

Ati “abafana bacu byarababaje kubera ko bari bazi ko tuzajyamo byarabatunguye”.

Gusa kuri Charly na Nina bavuga ko ibi bitazabaca intege, ko kuri bo urugendo rugikomeza berekana impano zabo.

Bati “Ntabwo dukora umuziki kubera ‘Guma Guma’, dukora umuziki kubera ko turi abahanzi; Guma Guma iyo utayigiyemo ntabwo uhagarika umuziki, ntibivuze ko utabona akazi, ntibivuze ko utakora amashusho, ntibivuze ko utakora ibitaramo, ubu ubuzima burakomeje pe.”

Aba bahanzi barategura igitaramo muri Uganda kizaba kuwa 15 Mata 2016.

Mu byumweru bitatu biri imbere barashyira hanze indirimbo nshya bise “Agatege”, bizeye ko izakundwa kurusha “Indoro”.

-5276.jpg

-5277.jpg

Bari kumwe na Big Fizzo, Charly na Nina bakoze Indoro iri mu ndirimbo zakunzwe cyane mu Rwanda (Ifoto/Irakoze R.)

2017-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ibimenyetso 10 bica amarenga ya kanseri

Ibimenyetso 10 bica amarenga ya kanseri

Editorial 19 Feb 2016
Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Editorial 17 Nov 2022
Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Editorial 28 May 2024
Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Editorial 25 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’
IMIKINO

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Editorial 15 Oct 2017
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020
Paul Kagame  yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘
Mu Rwanda

Paul Kagame yabwiye abanya Musanze ko yizeye gutsinda 100% _ ‘ biriya by’itariki 4 (Kanama) ni umugenzo ‘

Editorial 26 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru