• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Editorial 02 Jan 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG iravuga ko u Budage bukomeje kuba intangarugero mu guhana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

CNLG ivuga ko ibindi bihugu by’i Burayi birimo n’u Bufaransa, byagombye gufata urugero ku Budage rwo guhana abagize uruhare muri Jenoside.

Iyi Komisiyo yo kurwanya Jenoside kandi iravuga ko kuba Urukiko rw’Ubujurire mu Budage rwatakiye Onesphore Rwabukombe gufungwa burundu, ari ikimenyetso gikomeye cy’uko u Budage buha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Ukuboza 2015 nibwo Urukuko rukuru rw’i Frankfurt mu Budage, rwakatiye Onesphore Rwabukombe wahoze ari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Muvumba gufungwa burundu kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Mu kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe cyagiranye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko u Rwanda rwishimiye uyu mwanzuro.

Dr Bizimana yavuze ko Onesphore Rwabukombe yagize uruhare mu kwica abatutsi bitari muri Jenoside gusa, ahubwo ngo yatangiye uyu mugambi guhera mu mwaka wa 1990.

Dr Bizimana yagize ati “Ibyakozwe n’Urukiko rw’ubujurire byahujwe neza n’ibyo uyu mugabo yakoze, kuko guhera mu mwaka wa 1990 yagize uruhare rukomeye muri Byumba aho yatotezaga, ndetse akica Abatutsi. Hagati kandi y’umwka wa 1992-1993 nabwo yagiye atoranya Abahutu b’Interahamwe bagahabwa imyitozo n’intwaro zo kwica Abatutsi.”

Dr Bizimana kandi aravuga ko Rwabukombe yafatanyije n’uwitwa Gatete Jean Baptiste mu kwica Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Kiziguro, ibi akaba yarabikoze nyuma yo guhunga muri Muvumba ahari hamaze gufatwa n’ingabo z’Inkotanyi.

CNLG iravuga ko ibyakozwe n’u Budage bikwiye kubera urugero ibindi bihugu birimo u Bufaransa, abona bucumbagira mu gucira imanza abasize bahekuye u Rwanda.

Yagize ati “u Budage buratanga urugero rwiza, ibindi bihugu bihuriye mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’iburayi birimo u Bufaransa byagombye gukurikiza iby’iki gihugu gikora, ibihugu nk’u Bubirigi nabyo byagombye gudacibwa intege n’amafaranga bitanga mu kuburanisha imanza nk’izi kuko ubu urabona iki gihugu kirimo gucika intege.”

U Budage kandi bwashimiwe mu kuba bwarakatiye abandi banyarwanda babiri barimo Murwanashyaka Ignace wahoze ari umuyobozi w’umutwe wa FDLR imyaka 13 na Straton Musoni wari umwungirije nawe ahanishwa igifungo cy’imyaka umunani kubera ibyaha byibasiye inyoko muntu by’intambara FDLR bayoboraga yakoreye ku baturage bo mu Burasirazuba bwa bwa Congo Kinshasa.

Hari abandi banyarwanda bagishakishwa mu Budage

Uretse Rwabukombe wakatiwe gufungwa burundu, Dr Bizimana yabwiye iki kinyamakuru ko hari abandi banyarwanda bakiri mu Budage kandi bagize uruhare muri Jenoside.

-1539.jpg

Dr Bizimana Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG (Ifoto/Ububiko)

Aba barimo Maniragaba Baributsa, wahoze ari umwarimu mu ishuri rya Nyakinama, akaba yaranahoze mu ishyaka rya CDR.

Ngo yagendaga atanga imbunda muri Butare zo kwica Abatutsi.

Undi ni Shyirambere Barahira na we wagize uruhare mu gushinga ishyaka rya CDR, nubwo ngo atayikoze ariko kuba yaragize uruhare mu gushinga iri shyaka, ni uko yari afite amatwara nk’ayaryo.

Izuba rirashe

2016-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Editorial 14 Jul 2016
Igisirikari cya Kongo cyabuze uko gisobanura uko umutwe wa M23 ukomeje kucyambura ibirindiro byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, gitangira gukwiza impuha ngo uwo mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Igisirikari cya Kongo cyabuze uko gisobanura uko umutwe wa M23 ukomeje kucyambura ibirindiro byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, gitangira gukwiza impuha ngo uwo mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Editorial 29 Mar 2022
Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Editorial 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Editorial 03 Jun 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Editorial 01 May 2022
U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside
ITOHOZA

U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

Editorial 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru