• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

Editorial 29 May 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

David Himbara wahoze ari umujyanama wa perezida w’u Rwanda mu bijyanye n’ubukungu mbere yo yo gufata iy’ubuhungiro, akomeje urugamba yiyemeje na bagenzi be bo muri RNC basebya u Rwanda ari nako banenga ibyiza rugenda rugeraho, aho kuri ubu anenga amasezerano ikipe ya Arsenal iherutse kugirana n’u Rwanda agamije kurushaho kureshya ba mukerarugendo binjiriza igihugu akayabo k’amadevize avuga ko ari inkunga u Bwongereza butera u Rwanda rugahindukira  narwo rugatera inkunga iyi kipe yo mu Bwongereza.

Nk’uko bigaragara mu nkuru yanyujije ku rubuga rwe akunze kunyuzaho inkuru zisebya u Rwanda n’ubutegetsi bwarwo, Himbara avuga ko aya masezerano yateje impaka mu Bwongereza, ndetse na guverinoma y’iki gihugu ikazinjiramo.

Mu kugira icyo ivuga kuri ibi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere Mpuzamahanga (DFID), ikaba yasohoye itangazo rivuga ko inkunga u Bwongereza butera u Rwanda igenerwa gahunda zo gufasha abantu bakeneye ubufasha cyane mu Rwanda, ndetse igamije gufasha igihugu guhagarara ku maguru yacyo.

Iri tangazo rihakana ko iyi nkunga yakoreshejwe mu gushyigikira amasezerano hagati ya Arsenal n’u Rwanda kandi DFID nta mafaranga igenera amasezerano ya Visit Rwanda ndetse ntayo igenera Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB.

Ese ibi si ukubwira abatekereza nka Himbara ko u Rwanda rufite aho rwakuye miliyoni 30 z’amapound azishyurwa mu myaka 3 mu rwego rwo gutuma Arsenal yamamaza ubukerarugendo mu Rwanda?

Nyuma y’uko ibi biganiro binenga aya masezerano bikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga nka twitter, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere, Clare Akamanzi, akaba yaratangaje ko abakora ibi ari abifuriza u Rwanda gukomeza kuguma aho ruri cyangwa abatazi uko ubucuruzi bukorwa.

Yagize ati “Unenga amasezerano twagiranye na Arsenal, ashingiye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa ubufasha, ashobora kuba yifuza ko rukomeza kuba gutyo cyangwa akaba adasobanukiwe ko mu bucuruzi ubwo ari bwo bwose, imenyekanishabikorwa (publicite) ari ingenzi mu byo ikigo gitangaho amafaranga.”

Umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi yakira igihembo 

Yongeyeho ko RDB ibona ikura umusaruro mu bukerarugendo kandi igomba kuwukoreshaho mu kubumenyekanisha kugira ngo wiyongere. Amasezerano na Arsenal, akaba ari muri uru rwego rwo kugaragaza ubukerarugendo no gushaka abasura ahantu nyaburanga u Rwanda rufite.

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024.

Umuyobozi mukuru wa RDB asobanura ko uburyo rukumbi bushoboka bwo kugera kuri iyi ntego ni ukumenyekanisha u Rwanda nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo, kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe.

Ati “Ibi ntabwo bizakorwa no kwicara tugategereza, bizakorwa no gufata iya mbere tukamenyekanisha u Rwanda nk’ahantu habereye ubukerarugendo kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe. Nimutuze mureke abantu bo ku Isi yose basure u Rwanda.”

Gusebya u Rwanda no kuruharabika ni intego za David Himbara na bagenzi be

Mu 2015, nibwo Umwanditsi Willis Shalita yeretse kongere ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, uburyo bamwe mu banyarwanda bashishikajwe no gusebya u Rwanda, ndetse bamwe, barimo Dr. David Himbara, bashyiramo akayabo ngo bahindanye isura yarwo mu ruhando mpuzamahanga.

Umwanditsi Willis Shalita

Uyu mugabo w’Umunyarwanda ufite n’ubwenegihugu bw’Abanyamerika yahawe mu myaka 42 ishize yahishuye amabanga y’akayabo Dr. Himbara yahaye sosiyete yo muri Amerika, ngo imufashe gusebya u Rwanda ku byo rwagezeho n’abayobozi barwo.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwitwa House.gov, Dr Himbara wahoze ari umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’ubukungu ngo yishyuye sosiyete y’i Washington DC akayabo k’ibihumbi 70 by’amadolari ya Amerika nka kimwe cya kane (1/4) cy’asaga ibihumbi 190 yagombaga kwishyura (ni ukuvuga miliyoni zirenga 136 z’amafaranga y’u Rwanda) mu mwaka wa 2014.

Ibyo abicisha mu bikorwa bye yise “iby’ubuvugizi ku burenganzira bwa muntu n’imiyoborere myiza” akora nk’umugishwanama.

Willis Shalita, imbere ya Kongere ya Amerika tariki ya 20 Gicurasi 2015, yerekanye ko u Rwanda rwageze kuri byinshi, ariko Abanyarwanda n’abanyamahanga bamwe ugasanga bashishikajwe no gutangaza amakuru anenga byose.

Hari mu kiganiro kigaragaza ibyo u Rwanda rwagezeho, Willis ahamya abatavuga rumwe n’u Rwanda bashatse kujyana mu cyerekezo cyabo n’ibitekerezo byabo bigamije gusenya.

Avuga ko izi politiki z’urwango zitwara akayabo kugira ngo Isi yuzuremo isura mbi y’u Rwanda, zibangamira umubano w’igihugu hagati yacyo na Amerika n’u Bwongereza, bikaba bishobora gutuma ibi bihugu bicika intege zo gufatanya n’u Rwanda mu rugamba rw’iterambere rwiyemeje.

Yagize ati “Abantu bafite uburenganzira bwo kubikora, mu gihe biteganywa n’amategeko. Ariko mfite amatsiko yo kumenya ubatera inkunga. …mwebwe ababyizera mugenzura gute ukuri kuri mu byo bavuga?”

Ibinyoma bitandukanye kandi ngo bitangazwa n’abayobozi b’ishyaka RNC (Rwandan National Congress) ritavuga rumwe n’ubutegetsi kandi ritanemewe mu Rwanda, rinashyigikira FDLR, umutwe w’abarwanyi washinzwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Mbere y’iki kiganiro, abagize RNC batangije urubuga kuri internet rugamije kunenga ibyiza u Rwanda rwagezeho bavuga ko mu Rwanda hakenewe demokarasi.

Imbere ya Kongere, Willis yerekana uburyo u Rwanda rwahereye ku busa nyuma yo gusenywa na Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuyobozi buriho bugakora akazi gakomeye, bwunga Abanyarwanda, amahanga agatungurwa, abakekwaho Jenoside bagakurikiranwa, u Rwanda rukesa imihigo itandukanye irimo kugira abagore benshi mu nteko n’ibindi.

Iki gihugu kandi ngo cyagiye kigaragaza mu bijyanye korohereza abashoramari, aho abakora ibyegeranyo bitandukanye basanga kiri ku mwanya mwiza.

Yagaragaje kandi ko u Rwanda ruza ku mwanya wa gatanu ku Isi mu bihugu bitanga ubafasha mu kugarura amahoro ahabaye ibibazo by’umutekano muke, rwoherezayo abasirikare n’abapolisi n’abandi bakora ibikorwa by’ubutabazi.

Mu bindi ngo ni uko igihugu gikomeje ibikorwa byo kwihesha agaciro birimo kugarura abakobwa n’abana baba bagiye gucuruzwa mu mahanga n’ibindi.

Willis yanerekanye ko u Rwanda rukomeje kugirirwa icyizere n’amahanga, aho abenshi mu banyamahanga barimo Abanyamerika bakomeje kuza kuhatura bakanahakorera ibikorwa byabo by’ishoramari. Yatanze urugero ko Abanyamerika basaga ibihumbi 100 basuye u Rwanda mu mwaka ushize.

Résultat de recherche d'images pour "Willis Shalita"

Yasoje abwira Dr Himbara ko gukomeza gukwirakwiza ibinyoma bye no kwemeza ababyumva ko ari ukuri bizamutwara imbaraga zidasanzwe ndetse n’akayabo n’imitungo ye.

Mu mwaka ushize mu kwezi kwa 10, U Rwanda rwahawe kimwe mu bihembo bikomeye ku isi bizwi nka “World Travel Awards” nk’igihugu cya mbere muri Afurika gisurwa cyane bitewe no kureshya ba mukerarugendo. Ese u Rwanda ruteganya kongera amafaranga ava muri uru rwego birakwiye ko rwicara rukarekeraho rudakomeje kumenyekanisha ahantu nyaburanga hakwiye gusurwa?

U Rwanda rwahawe kimwe mu bihembo bikomeye ku isi bizwi nka “World Travel Awards” nk’igihugu cya mbere muri Afurika gisurwa cyane.

2018-05-29
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Editorial 05 Jun 2018
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Editorial 18 Apr 2025
Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)

Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)

Editorial 07 Dec 2017
Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Editorial 10 Sep 2019
Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Editorial 05 Jun 2018
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Editorial 18 Apr 2025
Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)

Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)

Editorial 07 Dec 2017
Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Editorial 10 Sep 2019
Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Editorial 05 Jun 2018
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Editorial 18 Apr 2025
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Peres
    May 30, 20188:30 am -

    Ahubwo ibi birakora akantu.
    Mwebwe nta bajyana ma mugira Ariko?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru