• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Editorial 12 Nov 2016 POLITIKI

Mu matora yari ategerejwe na benshi kandi yavugishije benshi arangiye umukandida wo mu ishyaka ry’abarepubulika ariwe uyatsinze, Donald Trump w’imyaka 70 akaba ari we ugiye kuba President wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Atsinze mu gihe benshi batabikekaga ariko byagera ku banyepolitike bo bo muri Amerika bakaba batamushakaga dore ko n’abo mu ishyaka rye barimo ba Bush batigeze bagaragaza ko bamushyigikiye. Umuntu rero avuze ko ashyizweho n’Imana ngo avuguruze kandi agamburuze imigambi y’abana b’abantu ntiyaba abeshye.

Dore ibintu bitumye Donald Trump atsinda Hilary Clinton:

1. Agenda (gahunda) ye: Donald Trump atangira kwiyamamaza yavuze ibikora ku marangamutima y’abanyamerika benshi, ibyo abazungu benshi bifuzaga kumva kandi byari bimaze igihe bibaremereye mu mitima, bigaragaza ko Trump azi kumenya icyo abantu bashaka kandi akamenya kukibashakira kandi mu bagombaga gutora 70% bari abazungu:

Yavuze ko azagabanya imisoro

Yavuze ko azashyiraho urukuta hagati ya Mexico na America mu rwego rwo kwirinda ubucuruzi bwa magendu n’ubw’ibiyobyabwenge.

Yavuze ko azirukana abantu badafite ibyangombwa bibemerera kuba muri Amerika.

Yavuze ko atazaha abantu ibyo kurya by’ubuntu ( ibyo bita food stump muri Amerika).

Yavuze ko atazakundira abasilamu kwinjira muri Amerika hatabayeho isuzumwa rikomeye.

2. Uwo bari bahanganye Hilary Clinton nta cyizere gifatika yari afitiwe n’abanyamerika benshi kubera:

Ikibazo cy’ama emails y’akazi yohereje akoresheje email ye ku giti cye.

Kuba yari amaze igihe kirekire muri systeme kandi nta kintu gifatika yahinduye, abantu rero bari bakeneye impinduka.

-4606.jpg

Donald Trump

Kuba yari umugore wa Bill Clinton akaba incuti ya Obama hari benshi babonaga Kumutora ari ukongera gutora systeme ya Bill Clinton cyangwa se ya Obama. Hari benshi rero batashakaga kongera kuyoborwa n’umuryango umwe kandi batifuzaga kongera kuyoborwa n’aba Democrates.

Benshi bamufataga nk’umubeshyi n’indyadya
Hari benshi kandi bumva batiteguye kuba bayoborwa n’umugore muri Amerika.

3. Kuba atari ari muri systeme imaze igihe iyobora America byatumaga afatwa nk’umuntu utandukanye kandi wihariye kandi agafatwa nk’umuntu uzazana amaraso mashya agasenya byinshi bibi byari byarubatswe n’iyo systeme imaze igihe iyobora Amerika.

4. Benshi Kandi bamukundira kuba ari nta muntu atinya kandi akaba adatinya kuvuga ikimuri ku mutima n’ikiri ku mitima y’abandi banyamerika benshi akaba kandi adatinya no guhangara abitwa ko bakomeye.

5. Trump yari ashyigikiwe n’abantu bakuze kandi nibo kenshi bitabira amatora kurusha urubyiruko muri Amerika.

6. Trump yashyigikiwe cyane n’abakristo benshi badashyigikiye gahunda z’aba Democrates zimura Imana muri Amerika zikimika gahunda zihabanye n’Ijambo ry’Imana. Benshi rero bizera ko Trump ashobora kuba igikoresho kizagarura abanyamerika ku Mana.

7. Kuba Trump yifitiye umutungo we bwite byamuheshaga icyizere cyo gutorwa kurusha Hilary kuko adafite Inyota y’ubutunzi mu miyoborere ye ibyo bikamutandukanya na Hilary ubeshwaho n’inkunga z’abandi bantu kenshi cyane.

8. Benshi bizera ko bazabona akazi ku ngoma ye kuko ari umu businessman bibwira ko azashobora kongera imirimo muri Amerika.

9. Kwigirira icyizere, kudacika intege, kuba uwo uriwe, no kugira abajyanama beza kandi akemera kugirwa inama ni bimwe mu byafashije Trump gutsinda Hilary Clinton kuko uko yatangiye Campaign yagiye ahindura ibintu byinshi mu mivugire ye no mu myitwarire ye.

10. Trump yasengewe n’abakozi b’Imana batandukanye muri Amerika no ku isi hose kuko Bari bababajwe n’aho Amerika iri kugana mu buryo bwo mu mwuka, benshi rero bizera ko nubwo Amerika itahembuka mu by’ubukungu ku ngoma ya Trump ishobora guhembuka mu Mwuka inkike zari zarasenyutse zikongera kubakwa.

-4607.jpg

Hilary Clinton

Turakomeza kubakurikiranira ibirebana na Trump turabibagezaho mu nkuru zacu zitaha.

2016-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Editorial 22 Feb 2025
Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Editorial 12 Jun 2019
Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Editorial 08 Mar 2018
Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Editorial 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura  ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Editorial 13 Feb 2017
U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

Editorial 18 Jul 2018
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC
Amakuru

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Editorial 21 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru