• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

  • U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora
Lambert Mende avuga ko nta gihugu cyakwemera ko ubutabera bwacyo bukoreshwa n’abantu bo hanze

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Editorial 18 Jan 2019 POLITIKI

Leta ya Congo Kinshasa yateye utwatsi ikemezo cy’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe kiyisaba kwitondera gutangaza mu buryo bwa burundu amajwi y’ibyavuye mu matora ya Perezida kugira ngo hirindwe imvururu zishobora kuvuka.

Itangazo rigenewe abanyamakuru nyuma y’inama yo ku wa kane tariki 17 Mutarama, yatumijwe na Perezida uyoboye Africa yunze Ubumwe, Paul Kagame yafatiwemo umwanzuro usaba ko ibyavuye mu matora yo muri Congo Kinshasa biba biretse gutangazwa.

Iyi nama yitabiriwe na bamwe mu ba Perezida bo mu muryango wa SADC ariko Joseph Kabila yari ahagarariwe kuko atayitabiriye.

Ibyavuye mu matora bizatangazwa nyuma y’Ikimezo cy’Urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga rwaregewe gusuzuma ubuziranenge bw’amajwi by’agateganyo yatangajwe mbere akagira Félix Tshisekedi uwatsinze abandi babiri bari bahatanye.

Biteganyijwe ko Urukiko rutangaza ikemezo cyarwo kuri uyu wa gatanu cyangwa ejo ku wa gatandatu, ku kirego cyatanzwe na Martin Fayulu wahabwaga amahirwe.

Umuvugizi wa Leta ya Congo, Lambert Mende yagize ati “Sintekereza ko uwo ari we wese afite uburenganzira bwo guha amabwiriza urukiko. Sinizeye neza ko Umuryango wa Africa yunze Ubumwe usobanukiwe neza imikorere y’Ubutabera bwa Congo Kinshasa.”

Yongeyeho ati “Nta gihugu na kimwe ku isi cyakwemera ko ubutabera bwacyo bukoreshwa n’abantu bavuye hanze.”

Mu itangazo ryasohowe n’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe (AU) nyuma y’inama yo ku wa kane nimugoroba, harimo ko izohereza itsinda ry’abantu barimo Perezida w’Umuryango na Perezida wa Komisiyo ya Au na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bakajya kuganira n’abavugwa mu matora yabaye muri Congo Kinshasa hirindwa ko hazavuka imvururu.

Mende yavuze ko iryo tsinda ry’intumwa za AU zihawe ikaze muri Congo Kinshasa ariko ngo ntacyo bizahindura ku byari byateganyijwe ku migendekere y’amatora.

Felix Tshisekedi ni we watangajwe nk’uwatsinze amatora mu majwi y’agateganyo akaba yari afite agera kuri 38%, ariko Martin Fayulu wabaye uwa kabiri, na we yigamba ko ari we watsinze amatora n’amajwi 60%, akemeza ko Tshisekedi yagiranye amasezerano na Perezida Joseph Kabila.

2019-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Editorial 25 Feb 2020
Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF

Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF

Editorial 28 Jun 2018
Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane

Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane

Editorial 21 Feb 2016
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Editorial 25 Feb 2020
Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF

Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF

Editorial 28 Jun 2018
Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane

Muri politike Kagame na Zuma bafatwa mu buryo butandukanye cyane

Editorial 21 Feb 2016
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Editorial 25 Feb 2020
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Emmy
    January 19, 201911:30 am -

    Ahaaaa ibyo abanyafrica biranze! Nuburenganzira bwabo ariko bakwiye Kwirinda icyatuma bacanamwo abaturage bakahasiga ubuzima.Democratie yabanyafrica =imvururu ubwicanyi kandi abanyapolitike bigaramiye!!!!!bajye babareka babe aribo bajya mu mihanda nabana nimiryango yabo.Ewe Africa waragowe!

    Subiza
  2. Isi
    January 21, 201912:40 pm -

    Abana babanyepolitiki baba muli africa se? Ujya kubona mugonganiye mu kabyiniro Mulibi bihugu byibwotamasimbi.
    Barya amaturo yabarwana shyaka.
    Bizakunda bigoranye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru