• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Editorial 19 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hari kuwa Gatatu tariki ya 24 Werurwe 2021 nibwo Minisiteri ya siporo yashyize hanze ibaruwa igenewe ishyirihamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda , FRVB iyo baruwa ikaba yarahagarikaga amatora ya komite nyobozi yo muri iryo shyirahamwe.

Uko guhagarikwa kwabaye mbere y’iminsi itagera kuri ine ngo amatora abe, icyo gihe muri iyo baruwa yari iriho umukono wa Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Munyangaju Aurore Mimosa yabwiye FRVB ko ngo bagomba kubanza gushyiraho amategeko agenga ayo matora, ndetse hakanashyirwaho akanama gashinzwe ayo matora kazayayobora hakurikijwe amabwiriza azaba yashyizweho, Nyuma yaho ibi bikozwe hahise hashyirwa hanze abakandida bagomba kwiyamamariza kuyobora iri shyirahamwe.

Nyuma yo kwakira kandindatire ku bifuza kwiyamamariza imyanya itandukanye, Komisiyo y’amatora yashyizweho yamaze gutangaza abemerewe kwiyamamaza ku mwanya wo kuyobora komite nyobozi, kuri uyu mwanya hari Ngarambe Raphael umunyamuryango watanzwe n’ikipe ya Petit Seminaire Virgo Fidelis uyu akaba yarigeze no kuba Visi Perezida wa FRVB, hari kandi na Dr. Kabera Callixte uyobora ikipe ya UTB WVC akaba kandi yari asanzwe ari Perezida w’Inteko rusange ya FRVB.

Ku mwanya wa Visi Perezida wa mbere hari Nsabimana Eric watanzwe na Kigali Volleyball Club akaba kandi uyu yarakiniye amakipe atandakanye hano mu Rwanda by’umwihariko akaba yarabaye na Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball.

Ku mwanya wa Visi Perezida wa kabiri hari Bagirishya Jean de Dieu umunyamuryango wa Kirehe Volleyball Club, ku mwanya w’Umunyamabanga mukuru hari abakandida 3 ari bo Mucyo Philbert wa UTB VC, Nshimiyimana Innocent wa Gatenga VC na Dr. Ndayambaje Jean Bernard wa UR Nyarugenge, ku mwanya w’umubitsi mukuru hari Mukase Josiane watanzwe na RRA VC na na Karigirwa Grace watanzwe na APR VC.

Uretse abakandinda biyamamaje ku mwanya wa Komite Nyobozi, hateganyijwe n’amatora y’abayobozi b’Inteko rusange, kuri uyu mwanya hari Zawadi Geoffrey wa REG VC na Karekezi Leandre watanzwe na Gisagara VC ku mwanya wa Perezida ndetse na Mutabazi Aline wa UR Huye VC ku mwanya wa Visi Perezida.

Biteganyijwe ko amatora ya komite nyobozi izasimbura iyari isanzwe iyobowe na Karekezi Leandre azaba tariki 29 Gicurasi 2021.

2021-05-19
Editorial

IZINDI NKURU

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Editorial 15 Feb 2016
Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Editorial 19 Oct 2016
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Editorial 17 Jul 2024
Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Editorial 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO
UBUKUNGU

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Editorial 26 Feb 2019
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Feb 2021
‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP
ITOHOZA

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

Editorial 25 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru