• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Editorial 19 Aug 2016 ITOHOZA

Dr. Theogene Rudasingwa agihunga ngo yarihanukiriye ati :Kagame yarambwiye ngo yatanze itegeko ryo kurasa indege ya Nyakubahwa Juvenal Habyalimana, abanyarwanda b’impunzi bati uri ntwari n’ubwo bwose wabimenye agakomeza ugakorera Kagame ukaza kubivuga umaze gutandukana nawe.

Ibi ariko Kayumba aheruka kubihakana avuga ko yaba we cyangwa se Rudasingwa, iyo ndege ihanurwa ntanumwe wari uhari ngo amenye ibyayo.

Mu ijoro ryo ku italiki 6 Mata 1994 nibwo indege yari itwaye uwari Perezida w’u Rwanda Juvénal Habyarimana na mugenzi we w’u Burundi Cyprien Ntaryamira yahanuwe. Aba bakuru b’ibihugu kimwe n’abandi bantu bari muri iyi ndege bitabye Imana. Ihanurwa ry’iyi ndege rifatwa nk’imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi aho abarenga Miliyoni bitabye Imana.

Gusa amateka agaragaza neza ko jenoside yateguwe igihe kirekire ikaza gushyirwa mu bikorwa muri Mata 1994.

-3710.jpg

Habyarimana Juvenali n’abari ibyegera bye

Nyuma yaho iyi ndege ihanuriwe, hagiye hakorwa amaperereza menshi kugirango habe hamenyekana uwaba ari inyuma y’ihanurwa ryayo. Mu mwaka wa 2012, impuguke z’abafaransa zakoraga iperereza ku ihanurwa ry’iyi ndege zasoje zitagize uwo zitunga agatoki.

Muri Mata 2013, Colonel Thierno Athie wo mu ngabo za Sénégal wari i Kigali mu Rwanda mu 1994 muri butumwa bw’ingabo za Loni (MINUAR) , yavuze ko arimo ategura igitabo kuko ngo azi neza uwarashe indege ya Habyarimana.

Yavuze ko tariki ya 6 Mata 1994 ahagana saa moya z’ijoro yari mu rwakiriro rw’icyubahiro mu kibuga cy’indege cya Kanombe ahari hategererejwe Perezida Juvénal Habyarimana. Avuga ko yayobye gato aho mu kibuga akabona abasirikare nka 20 barinda Perezida baramugose.

Mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 nshuro ya 19, Colonel Thierno yavuze ko azi uwarashe indege yari itwaye uwo bari bategereje kuko yari aho byabereye.

Ati:“ Nk’umusirikare, uburyo bamfashe, n’ibyahise bikurikira, n’uko byakiriwe, nashoboraga gusesengura nkareba n’impamvu. Ndi gutegura igitabo kubyo nabonye mu Rwanda.”

Abacamanza Mark Trevidic na Nathalie Poux muri raporo yabo bavuze ko indege yari itwaye Juvenal Habyarimana na Sipiriyani Ntaryamira wari Perezida w’u Burundi, ishobora kuba yararashwe n’intagondwa z’abasirikare ba Habyarimana zitamushakaga.

Muri 2006, Jean Louis Bruguiere yanditse indi raporo, ivuga ko indege yari itwaye Habyarimana yarashwe n’ingabo zari iz’ umuryango wa FPR-Inkotanyi ziyobowe na Perezida Paul Kagame. Iyi raporo ikaba yaranenzwe kubamo amakuru atagira gihamya kuko itakorewe aho indege yarasiwe.

Mu biro by’umuryango w’abibumbye (UN), umunyamakuru w’Umwongereza yigeze kuhavumbura inyandiko igaragaza ko ingabo za Habyarimana zari zifite ibisasu bya (missile sol-air) byakorewe mu Bufaransa.

-3709.jpg

Kayumba Nyamwasa

Aya ma perereza y’impuguke zitandukanye ahabanye n’ibitekerezo bya Rudasingwa, ahubwo abanyarwanda bo barabihuza n’iby’ infungwa zifungiwe ibyaha bya Genocide zirimo kwandika ibitabo byerekana uko bishe.

Umuyobozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside Dr Bizimana Jean Damascene nawe yatangaje ko abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bafungiye muri gereza ya Kigali n’iya Muhanga batangiye kwandika ibyo bitabo bavuga ibyo bakoze.

Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko kwandika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ubundi byakorwaga n’abayirokotse ndetse n’abanyamahanga, ariko ubu hari indi ntambwe irimo guterwa n’abayikoze nabo batangiye kwandika ibyo bazi n’ibyo bakoze muri Jenoside.

-3708.jpg

Abagororwa bagereranywa na Rudasingwa

Ati “Hari ibitabo byinshi by’abarokotse Jenoside biriho bisohoka, ariko hari n’indi ntambwe imaze guterwa, abantu bakoze Jenoside nabo bariho barandika, barandika bafunze.”

Dr Bizimana avuga ko kugeza ubu hari imishinga (draft) y’ibitabo bitatu birimo kwandikwa ku ruhare rw’abakoze Jenoside bari mu magereza.

Hari igitabo kirimo kwandikwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga, ‘draft’ y’igitabo cyabo ngo bayishyikirije Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), irayisoma ariko isanga nta kintu igaragaza gifatika.

Dr Bizimana avuga ko hari n’indi ‘draft’ yanditswe n’abafungiye muri gereza ya Nyarugenge, yo ngo harimo ubuhamya bw’abagabo n’abagore kandi bavuga buri kimwe.

Ati “Yo ije ifite intera yindi iriho kuko bo bateye intambwe y’uko buri wese agenda avuga ibyo yakoze. Turiho turagisoma kugira ngo tubafashe kukinoza ariko hari intambwe cyateye.”

Arongera ati “Ab’i Gitarama bo ntibabivugaga, baravugaga ngo batubwiye ibingibi, ba,ba,ba…., tuganira nabo turayibasubiza (draft), tuzabafasha kuyinoza kuko bafite ubushake.”

-3707.jpg

Dr. Bizimana J.D, Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa CNLG

Hari n’ikindi gitabo, cyo ngo kitarimo kwandikwa n’abagororwa, ariko kirimo kwandikwamo ubuhamya bw’abagororwa banyuranye.

Dr Bizimana avuga ko hari umuntu (atashatse kuvuga amazina ye) uriho ucyandika, we ngo yagiye muri gereza zitandukanye, agenda abaza abemeye icyaha, bakicuza ndetse bamwe bagabanyirizwa n’ibihano.

Ati “Icyo gitabo kirakomeye kuko harimo abavuga ibyo bakoze kandi ugasanga babajwe n’ibyo bakoze.”

Muri iki gitabo ngo harimo n’abakatiwe igifungo cya burundu bavuga bati ‘njyewe igihano nahawe ntabwo aricyo nkwiye,…n’icyo kutwica nticyari kuba gihagije kuko ntibari kutwica nk’uko twishe abandi’.

Dr Bizimana ati “Birakwereka ko hari intambwe tumaze gutera rwose,…kubaka igihugu neza nk’uko Leta yacu ibikora hari icyo bimara.”

Yongeraho ati “Muri iki gitabo hari n’aho abo bicanyi bagera bakavuga bati ikitubabaza ni uko abana bacu babayeho neza kenshi kurusha n’abana b’abo twishe, bati abana bacu bafite imirimo, hari abo Leta ifasha nk’abakennye, ariko hari abo twiciye imiryango turayimara bakaba babayeho nabi kuko abenshi bafite ubumuga.”

CNLG ivuga ko ubuhamya nk’ubu bwubaka umuryango Nyarwanda kandi bukayivura, bityo igashishikariza abantu bose babishoboye kwandika amateka bazi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Igitangaje rero n’ukuntu ngo balimo gufasha infungwa kunoza igitabo, ikindi gitangaje n’uukuntu izinfungwa hari ukuntu zihuje na Rudasingwa Theogene, icyo bataniyeho n’uko izo Rudasingwa we yasohoye igitabo ariko akibagirwa kwandikamo byinshi mubuhamya atanga muriki gihe.

Umwanditsi wacu

2016-08-19
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Editorial 11 Sep 2018
Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Editorial 25 May 2019
Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine  avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Uwiyemerera ko yishe Iribagiza Christine avuga ko Umugambi we wari uwo kwica Abantu 1000

Editorial 05 May 2017
Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko

Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko

Editorial 13 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Editorial 23 Jan 2020
Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye
INKURU NYAMUKURU

Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye

Editorial 05 Nov 2019
USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru
ITOHOZA

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

Editorial 06 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru